Digiqole ad

Gereza ya Muhanga k’Umuganura yishimiye miliyoni 150 z’umusaruro

Mu minsi yashize iyi gereza yavuzwe cyane kubera isanganya y’inkongi y’umuriro yayibasiye, kuri uyu wa 1 Kanama ariko abakozi ba gereza, imfungwa n’abagororwa  bizihije  umunsi ngarukamwaka w’umuganura  bishimira imihigo  bagezeho  muri uyu mwaka wa 2013-2014, birimo kuba  iyi gereza yarinjije   miliyoni  150  z’amanyarwanda.

Ku ntebe y'imbere abayobozi  banyuranye b'imfungwa n'abagororwa muri gereza ya Muhanga
Ku ntebe y’imbere abayobozi banyuranye b’imfungwa n’abagororwa muri gereza ya Muhanga kuri uyu munsi

Muri uyu muhango wabereye muri Gereza bishimiye ko mu mwaka ushize bari bafite umuhigo wo kwinjiza miliyoni 90 zivuye mu bikorwa byabo ariko kubera umurava n’ubushake mu bikorwa byabo bakaba barinjije miliyoni 150.

Evariste  Butoragurwa, umugororwa ushinzwe imishinga  n’ibikorwa nyongeramusaruro muri gereza ya Muhanga avuga ko  kuba  bafunze bidakuraho  ubwenegihugu bafite bw’ubunyarwanda kubera ko  gahunda ziteza imbere igihugu bagomba nabo kuzigiramo uruhare rugaragara.

Butoragurwa avuga ko ku munsi nk’uyu w’Umuganura ari ibyishimo kuri gereza n’abagororwa bayirimo kubera umusaruro bagezeho umwinshi ufitiye akamaro abaturage bari hanze harimo n’imiryango yabo.

Yagize ati: ‘’ Nubwo dufunze ntibibuza ko gahunda  Leta ifashamo abaturage harimo na girinka zigera ku miryango yacu kandi natwe  tubyungukiramo  iyo imiryango yacu itugemurira, mu  mafunguro  duhabwa  hiyongeraho n’imboga’’

Bisengimana Eugène, umuyobozi wa Gereza ya Muhanga, avuga ko kwesa umuhigo bakanarenzaho cyane babigezeho nyuma yo kubanza gukora ubukangurambaga ku bagororwa babumvisha akamaro k’ibyo bagiye gukora ndetse n’akamaro ku kubohoka bakavuga ibibari ku mutima bakihana ibyaha bafite. Abagororwa benshi muri iyi gereza ni abafungiye uruhare muri Jenoside.

Bisengimana ati “Umusaruro twabonaga wari muto mbere yo kwigisha gahunda ya ‘ndi umunyarwanda’ mu bagororwa yatumye babohoka bakavuga ibyo bakoze bakemera guhinduka bagakora batizigamye.”

Ni ku nshuro ya mbere abakozi ba gereza ya Muhanga, imfungwa n’abagororwa  bizihiza umunsi w’Umuganura,  mu mihigo y’umwaka wa 2014-2015  iyi gereza  irateganya kwinjiza  miliyoni 170  z’amafaranga y’u Rwanda.

Bisengimana umuyobozi wa Gereza ya Muhanga
Bisengimana umuyobozi wa Gereza ya Muhanga
Bishimira ko ibikorwa bakora bigira akamaro no ku miryango yabo iri hanze
Bishimira ko ibikorwa bakora bigira akamaro no ku miryango yabo iri hanze
Mu kwizihiza umunsi w'umuganura
Mu kwizihiza umunsi w’umuganura
Abagororwa mu mbyino zo kwizihiza uyu munsi w'Umuganura
Abagororwa mu mbyino zo kwizihiza uyu munsi w’Umuganura

 

MUHIZI Elisee
UM– USEKE.RW/Muhanga

0 Comment

  • ibi bibere isoma abandi bayobozi b;amagereza nabo biteze  imbere mu musaruro kuko bafite abantu b;amaboko bashobora gufasha igihugu mu iterambere

  • benshi muri bo nibyo bangirije iki gihugu kuba bagira uruhare mukucyubaka muri ubu buryo ni inshingano kuri bo, birakwiye rwose ibikorwa nkibi bitanga umusaruro nkuyu kugihugu ni uwo kwishimira kandi utangwa n’abanyarwanda ubwabo, bijye natwe bitubibera isomo ko dufite imbaraga nyinshi kandi zidasanzwe zo kwiyubakira igihugu

  • uyu musaruro ni munini rero bizatuma amagereza agabanya amafaranga ya leta bakoreshaga 

  • So why Gereza kwinjiza za miliyoni EWSA ihomba za miliyari?!

Comments are closed.

en_USEnglish