Digiqole ad

Gatsibo hatashywe umuyoboro uzaha amazi ingo 33 200

 Gatsibo hatashywe umuyoboro uzaha amazi ingo 33 200

Ahakorerwa ibikorwa tekiniki by’uyu muyoboro watashywe

Uyu munsi, mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo hatashywe umuyoboro w’amazi meza uzayageza ku miryango 33 200 y’aha muri Gatsibo no muri Rwamagana. Ni umuyobozi w’ibirometero bigera kuri 18 ufite amavomero 27. Abawuhawe basabwe kuwubungabunga.

Ahakorerwa ibikorwa tekiniki by'uyu muyoboro watashywe
Ahakorerwa ibikorwa tekiniki by’uyu muyoboro watashywe

Laurence Uwitonze wo mu murenge wa Remera mu kagari ka Butiruka yabwiye Umuseke koi we abana bakoreshaga amasaha abiri bajya kuvoma.

Laurence ati “Aho twabonaga amazi hafi ijerikani bayigurisha amafaranga 200, ubu turashima cyane Leta itwegereje amazi meza kuko kujya kuvoma ku Rusenyi hari kure cyane.

Manzi Theogene umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu yavuze ko amazi hano cyari ikibazo gikomeye ku baturage aho ijerikani bayiguraga amafranga 200.

Manzi ati “ Abaturage barifuza ko ubu bufatanye bwakomeza kugira ngo abaturage ba Murambi, Gasange n’agace gato ka Kiziguro nabo babone amazi kuko iki gikorwa ni cyiza cyafasha abaturage kugira ubuzima bwiza kandi   tuzi yuko amazi meza ari isoko y’ubuzima.

Uyu muyoboro watumye umubare w’abaturage bagerwaho n’amazi meza muri Gatsibo ugera kuri 74%. Umuturage ubona amazi meza (ku gipimo cya MDGs) ni ubasha kuyabona kuri 200m uvuye aho atuye.

Sano James umuyobozi wa WASAC yavuze ko intego nta yindi ari ukubageza ku 100%

Uyu mushinga wuzuye ku bufatanye bwa Leta y’Ubuyapani aho uyihagarariye mu Rwanda Takayuki Miyashita yashimye ko mu Rwanda uyu mushinga wakozwe neza mu byiciro bitatu uri gukorwamo.

Mu kiciro cya mbere cy’uyu mushinga mu turere twa Ngoma, Kayonza na Rwamagana uyu mushinga  wagejeje amazi meza kun go 43000.

Miyashita ati “ikiciro cya Kabiri cyageze ku baturage 55 0000 mu turere twa Ngoma na Kirehe. kongeraho n’abo iki kiciro kiri kugeraho, ni ukuvuga ngo igiteranyo cyose muri uyu mushinga cyagejeje amazi meza  ku miryango 131 000 mu Ntara y’iburasirazuba.

Takayuki Miyashita yavuze ko byari muri gahunda yo gufasha u Rwanda kugera ku ntego za 2020 kandi babikoranye neza n’u Rwanda uko babyemeye. Kandi ngo bazakomeza gufatanya n’u Rwanda.

Kamayirese Germaine  Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ibikorwa remezo ushinzwe ingufu n’amazi yavuze ko nk’intego bihaye muri vision 2020 bifuza ko abanyarwanda bose babona amazi 100%

Uyu muyobozi yasabye abaturage kubungabunga iki gikorwaremezo bahawe kuko ari ingirakamaro kuri bo no ku bazaza nyuma yabo.

Aho bubakiye umuyoboro wa mazi mu Karere ka Gatsibo
Aho bubakiye umuyoboro wa mazi mu Karere ka Gatsibo
Bereka abayobozi uko uyu muyoboro w'amazi ukora
Bereka abayobozi uko uyu muyoboro w’amazi ukora
Beretswe ibyiciro binyuranye by'uyu muyoboro
Beretswe ibyiciro binyuranye by’uyu muyoboro
Umuyobozi wa WASAC avuga ko intego ari ukugeza amazi ku baturage 100%
Umuyobozi wa WASAC avuga ko intego ari ukugeza amazi ku baturage 100%
Ambasaderi w’ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita asuhuza abaturage ba Gatsibo, yashimye uko u Rwanda rukora ibyo basezeranye
Ambasaderi w’ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita asuhuza abaturage ba Gatsibo, yashimye uko u Rwanda rukora ibyo basezeranye
Abaturage ba hano bishimiye aya mazi meza begerejwe
Abaturage ba hano bishimiye aya mazi meza begerejwe
Abayobozi bataha ya mazi kumugaragaro
Abayobozi bataha ya mazi kumugaragaro
Ambasaderi w’ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita yicaranye n'Umunyamabanga wa leta muri ministeri y'ibikorwa remezo, Kamayirese Germaine
Ambasaderi w’ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita yicaranye n’Umunyamabanga wa leta muri ministeri y’ibikorwa remezo, Kamayirese Germaine
Ingo zigera ku 33 200 zabonye amazi meza hafi yabo
Ingo zigera ku 33 200 zabonye amazi meza hafi yabo

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • ikibazo nuko ayo mazutu azajya abura uyagura ,bagombye gushira ingufu mu gusaba REG umuyoboro

Comments are closed.

en_USEnglish