Digiqole ad

Gatsata: Abasore 3 basambanyije umukobwa barangije baramwica

 Gatsata: Abasore 3 basambanyije umukobwa barangije baramwica

Gasabo – Birakekwa ko byakozwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa kabiri aho umukobwa uri hagati y’imyaka 18 na 20 yishwe amaze gusambanywa n’abasore batatu bafatiwe iruhande rw’umurambo we mu gitondo mu kagari ka Nyamabuye mu murenge wa Gatsata.

Aho umuDASSO ari kumanuka inyuma ye nko muri 15m niho basanze umurambo w'uyu mukobwa n'aba basore
Aho umuDASSO ari kumanuka inyuma ye nko muri 15m niho basanze umurambo w’uyu mukobwa n’aba basore

Umunyamakuru w’Umuseke wageze aho byabereye avuga ko abasore batatu bafatiwe hafi y’umurambo w’uyu mukobwa mu gashyamba kari hafi y’aho bita Mukiderenka (délinquant).
Umurambo w’uyu mukobwa nta cyangombwa na kimwe bawusanganye bityo akaba atahise amenyekana umwirondoro.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatsata yabwiye Umuseke ko nubwo bitaremezwa na muganga ariko bakeka ko uyu mukobwa yishwe amaze gusambanywa kuko basanze yambaye ubusa.
Avuga ko ibimenyetso by’inyuma ku mubiri we bigaragaza ko yasambanyijwe.
Abasore batatu bafatiwe hafi y’umurambo we buri wese ngo yariho ashinja mugenzi we ko ari we wishe uyu mukobwa. Bahita batwarwa na DASSO ngo bashyikirizwe inzego zibishinzwe.
Muri ruhurura iri munsi y’aho basanze umurambo niho uyu mukobwa ngo yaba yasambanyirijwe kuko hari hakiri udukweto yari yambaye.
Abatuye hafi aha bavuga ko aho bamusambanyirije bashobora kuba ari ho bamwiciye maze umurambo bakawuzamukana ahameze nko mu bihuru.
Kugeza saa yine z’igitondo, umurambo w’uyu mukobwa wari ukiri aho ibi byabereye hategerejwe Police yabugenewe mu gukusanya ibimenyetso ngo ihawuvane.
Muri ako gashyamba niho hiciwe uyu mukobwa utaramenyekana umwirondoro
Muri ako gashyamba niho hiciwe uyu mukobwa utaramenyekana umwirondoro

Muri iyi ruhurura niho hari udukweto ngo yari yambaye, bakeka ko ari ho bamusambanyirije
Muri iyi ruhurura niho hari udukweto ngo yari yambaye, bakeka ko ari ho bamusambanyirije

Abatuye hafi hano babwiye Umuseke ko aha ari naho bashobora kuba bamwiciye nubwo ngo batize bumva atabaza
Abatuye hafi hano babwiye Umuseke ko aha ari naho bashobora kuba bamwiciye nubwo ngo batize bumva atabaza

Callixte NDUWAYO
UM– USEKE.RW  

0 Comment

  • Abo ni babandi baba bahaze urumogi rw’aho “mu kidelenka”. Mubajyane mugerageze kubakosora!

  • umuntu yaratabaje arinda apfa koko?

  • Imana imwakire mubayo naho nizeyeko ubutabera buri bukore akazi kabwo

Comments are closed.

en_USEnglish