Digiqole ad

FIFA yatangaje 23 bazavamo uzahabwa FIFA Ballon d’or 2011

Kuri uyu wa kabiri, FIFA ifatanyije n’ikinyamakuru France Football bashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 23 bazavamo uzahabwa igihembo cya FIFA Ballon d’or, ndetse n’urutonde rw’abatoza 10, ruzavamo uzahembwa nk’umutoza witwaye neza kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2011.

Ubushize bishimira iyatwawe na Messi, ubu nawo usibye C Puyol abo bose bongeye kugaruka ku rutonde
Ubushize bishimira iyatwawe na Messi, ubu nawo usibye C Puyol abo bose bongeye kugaruka ku rutonde

Kuri uru rutonde hagaragaraho abakinnyi benshi bakina mu gihugu cya Espagne, kikaba ari nacyo gihugu gifitemo abakinnyi benshi b’abanyagihugu, kuko bagera kuri 7.

Muri Barcelona havuyemo abakinnyi 8, naho mukeba wayo Real Madrid ikaba ifitemo abakinnyi bagera kuri 5 gusa. Mu bwongereza hagaragara mo abakinnyi batatu gusa.

Mu bakinnyi badakomoka ku mugabane w’uburayi hagaragaramo umunya Brazil Neymar ukinira Santos, nyuma ya Juan Roman Riquelme, wari waje ku rutonde nkuru mu mwaka wa 2007.

Dore urwo rutonde rw’abakinnyi 23:

Eric Abidal (FRA/Barcelona)

Karim Benzema (FRA/Real Madrid)

Sergio Aguero (ARG/Manchester City)

Iker Casillas (ESP/Real Madrid)

Cristiano Ronaldo (POR/Real Madrid)

Daniel Alves (BRA/Barcelona)

Samuel Eto’o (CMR/Anzhi Makhachkala)

Cesc Fabregas (ESP/Barcelona)

Diego Forlan (URU/Inter Milan)

Andres Iniesta (ESP/Barcelona)

Lionel Messi (ARG/Barcelona)

Thomas Muller (GER/Bayern Munich)

Nani (POR/Manchester United)

Neymar (BRA/Santos)

Mesut Ozil (GER/Real Madrid)

Gerard Pique (ESP/Barcelona)

Wayne Rooney (ENG/Manchester United)

Bastian Schweinsteiger (GER/Bayern Munich)

Wesley Sneijder (NED/Inter Milan)

Luis Suarez (URU/Liverpool)

David Villa (ESP/Barcelona)

Xabi Alonso (ESP/Real Madrid)

Xavi Hernandez (ESP/Barcelona).

Urutonde rw’abatoza, amahirwe akomeje guhabwa umutoza wa Real Madrid Jose Mourinho, wari wanatsindiye ibihembo by’ubushize.

 

Gusa ntibyoroshye kumenya uzatsinda muribo kuko harimo n’abandi bakomeye nka Sir Alex Ferguson, na Oscar Washington Tabarez, wagejeje Uruguay mu marusahanwa ya Copa America.

 

Dore uko urutonde rw’abatoza 10 ruhagaze.

Vicente Del Bosque (ESP/Spain)

Sir Alex Ferguson (SCO/Manchester United)

Rudi Garcia (FRA/Lille)

Josep Guardiola (ESP/Barcelona)

Jurgen Klopp (GER/Borussia Dortmund)

Joachim Loew (GER/Germany)

Jose Mourinho (POR/Real Madrid)

Oscar Tabarez (URU/Uruguay)

Andre Villas-Boas (POR/Chelsea)

Arsene Wenger (FRA/Arsenal).

Kwemeza umukinnyi mwiza n’umutoza mwiza bazahabwa Ballon d’Or ya FIFA ya 2011, bizaba tariki 5 Ukuboza uyu mwaka mu mujyi wa Paris mu Ubufaransa.

Nkubito Gael
UM– USEKE.COM

6 Comments

  • amahirwe ni aya messi kuko afite ubuhanga buhambaye kurusha abandi boseeeeeeeeeee

  • None se buriya Ronaldo ko ntawe mbonamo?

  • wowe uvuga messi ubanze umenye icyo basaba kugirango bavuge ko uru umukinnyi mwiza!!messi muri National team ari mubakinnyi badafite akamaro!!!rero reka sentiment dutegereze!!.

  • rwose niba atari ikimenyane ni lionel messi
    ntawundi kuko messi atandukanye nabandi
    cyane we arabarenze kureeeeeeeee

  • umutoza we arsene nubwo asigaye arya ibitubutse

    • udi mutoza urenze birengagiza ni
      BANAMWANA CAMARADE
      niumutoza mwiza arayikwiye pepe

Comments are closed.

en_USEnglish