FERWAFA nayo yihanganishije ababuze ababo mu mpanuka y’indege muri Colombia
Muri Colombia habereye impanuka y’indege yari itwaye ikipe yo muri Brazil, Associação Chapecoense de Futebol, kimwe n’abandi benshi ku isi, ubuyobozi bwa FERWAFA nabwo bwihanganishije ababuze ababo n’umuryango w’umupira w’amaguru muri Brazil.
Mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 29 Ugushyingo 2016, mu gace ka La Union ho muri Colombia habereye impanuka y’indege yari itwaye abantu 81, barimo abagenzi 72, n’abakozi icyenda (9) bayo.
Iyi ndege yari itwaye ikipe yo mu kiciro cya mbere muri Brazil Chapecoense FC yari igiye gukina umukino ubanza wa Copa Sudamerica wari kuyihuza na Atletico Nacional yo muri Colombia, kuri uyu wa gatatu.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ribinyijije mu ku muyobozi waryo Nzamwita Vincent Degaule yihanganishije imiryango yabuze abayo muri iyi mpanuka.
Nzamwita yagize ati: “Umuryango w’umupira w’amaguru mu Rwanda, tubabajwe cyane n’iyi mpanuka y’indege yatwaye ubuzima bwa benshi bo ikipe ya Associação Chapecoense de Futebol. Twifurije ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Brazil gukomeza kwihangana. Dufite ku mutima imiryango y’ababuze ababo.”
Abantu bane muri batandatu (6) bari barokotse iyi mpanuka kuri uyu wa kabiri, bajyanywe mu bitaro i Bogota muri Colombia nabo bashizemo umwuka.
Ubu abagihumeka ni babiri muri 81 bari mu ndege.
Roben NGABO
UM– USEKE.RW