Digiqole ad

Ebonies yasekeje abantu mu gitaramo i Kigali. AMAFOTO

Itsinda Ebonies ry’ibijyanye no gusetsa (comedies) ryo muri Uganda ryasekeje abantu cyane mu bikorwa byazo mu rurimo rw’icyongereza n’ikigande. Nyuma y’iri tsinda hakurikiyeho muzika y’abahanzi Radio na Weasle nabo bo muri Uganda.

Uyu mukobwa w'igikuri yasekeje abantu cyane
Uyu mukobwa w’igikuri yasekeje abantu cyane

Ni mu gitaramo cyabaye kuwa gatandatu muri Serena Hotel kirimo abantu bagereranyije bashimishijwe ahanini na ‘comedy’ z’aba bagize Ebonies.

Iri tsinda rimaze imyaka 35 rikora ibikorwa byo gususurutsa abantu ni ubwa kabiri rije mu Rwanda. Rikaba ariho ritangiriye ibitaramo bitandukanye rizakorera mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Uwo mukobwa yari yambaye ikanzu ireshya uko areshya
Uwo mukobwa yari yambaye ikanzu ireshya uko areshya
Abakobwa baceza nk'abavutse nta kindi bakora
Abakobwa baceza nk’abavutse nta kindi bakora
Aba bakobwa bashoboye no kubyina bacuritse batyo
Aba bakobwa bashoboye no kubyina bacuritse batyo
Baragororotse bishoboka
Baragororotse bishoboka
Abasore bo muri Ebonies nabo ntiboroshye
Abasore bo muri Ebonies nabo ntiboroshye
Barabyina imbere y'abantu mu myambarire itangaje
Barabyina imbere y’abantu mu myambarire itangaje
Mu buryo busekeje bararirimba batera amasaruti gusoda
Mu buryo busekeje bararirimba batera amasaruti gusoda
Bazanyemo iby'umuco w'u Rwanda
Bazanyemo iby’umuco w’u Rwanda
Barabyina kinyarwanda
Barabyina kinyarwanda mu ndirimbo batuye u Rwanda bise “Sun of Africa”
Bakomeje gusetsa abantu bambaye kinyamaswa
Bakomeje gusetsa abantu bambaye kinyamaswa
Witegereje neza ubona aho uwambaye iki kintu aba arebera
Witegereje neza ubona aho uwambaye iki kintu aba arebera
Bafite uburyo bakoresha amahembe y'inka mu byo bakora ukabona birajyanye
Bafite uburyo bakoresha amahembe y’inka mu byo bakora ukabona birajyanye
Abasore bazi kwikaragira ku mubiri wabo bitangaje
Abasore bazi kwikaragira ku mubiri wabo bitangaje
Abakobwa niko nabo bakomeje gushimisha abantu babereka icyo bashoboye
Abakobwa niko nabo bakomeje gushimisha abantu babereka icyo bashoboye
Bagenzi be baramuzamura bakamwereka imbaga
Bagenzi be baramuzamura bakamwereka imbaga
Abafana bikabashimisha cyane
Abafana bikabashimisha cyane
Wamukobwa agarutse ashyenga n'abapolisi
Wamukobwa agarutse ashyenga n’abapolisi
Haza uwakinaga nk'umugabo we amubavanamo mu buryo busekeje cyane
Haza uwakinaga nk’umugabo we amubavanamo mu buryo busekeje cyane
Abazungu bari aha basetse cyane
Abazungu bari aha basetse cyane
Abari muri iki cyumba nabo batangaye baseka cyane
Abari muri iki cyumba nabo batangaye baseka cyane
Uyu mugabo yerekenye uburyo azi gusonga umuziki
Uyu mugabo yerekenye uburyo azi gusonga umuziki
Aba bakobwa nabo bazi gutigisa inyuma habo ukagirango nta gufa bagira mu mubiri
Aba bakobwa nabo bazi gutigisa inyuma habo ukagirango nta gufa bagira mu mubiri
Bakinnye akantu kameze nk'ikinamico isekeje cyane
Bakinnye akantu kameze nk’ikinamico isekeje cyane
Umugabo ufite umugore we bishimanye
Umugabo ufite umugore we bishimanye
Nyuma ariko akamuca inyuma akajya no muri bene aba
Nyuma ariko akamuca inyuma akajya no muri bene aba
Uyu we ntiyashakaga ko amugendana
Uyu we ntiyashakaga ko amugendana
Agakomereza no mu bandi
Agakomereza no mu bandi
Hakaba n'undi nawe umukunda
Hakaba n’undi nawe umukunda
Aha yari yagiye kumusura
Aha yari yagiye kumusura
Nuko jugujugu bakayikina batyo
Nuko jugujugu bakayikina batyo
Abasore hano baraceza banerekana umubiri wabo ukomeye buti
Abasore hano baraceza banerekana umubiri wabo ukomeye buti
Akaba agize atya ashitse umwe mu bariho bamufana inyuma
Akaba agize atya ashitse umwe mu bariho bamufana inyuma
Uyu mugabo mugufi yaje gutereta inkumi zisobanutse yitwaje isente (amafaranga)
Uyu mugabo mugufi yaje gutereta inkumi zisobanutse yitwaje isente (amafaranga)
Ufite isente ngo nta kidashoboka arazisuka hasi bagashika
Ufite isente ngo nta kidashoboka arazisuka hasi bagashika
Uyu we yaje muri aba bakobwa kubamurikira icyo afite
Uyu we yaje muri aba bakobwa kubamurikira icyo afite
Arabaza niba nta wamubengutse kubera ubwo bushobozi bwe
Arabaza niba nta wamubengutse kubera ubwo bushobozi bwe
Uyu mugabo nawe guceza ntabwo yoroshye
Uyu mugabo nawe guceza ntabwo yoroshye
Aha umugore agiye kwihanira umugabo kubera ubukubaganyi amuce kubeshya
Aha umugore agiye kwihanira umugabo kubera ubukubaganyi amuce kubeshya
Radio na Weasle nibo bakurikiyeho baririmbira abantu
Radio na Weasle nibo bakurikiyeho baririmbira abantu
Radio aririmba
Radio aririmba
Abagabo baririmbira abari muri iki gitaramo
Abagabo baririmbira abari muri iki gitaramo
Ni nabo bashoje
Ni nabo bashoje

Photos/Plaisir MUZOGEYE
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • ababantu ni ibicucucucucucucucu

  • Hahahah, nsekejwe cyane ni utu dusobanuro twawe two ku mafoto.

  • Ubwose ibi byabigisha iki? Byabamarira iki? Muba mwabuze aho mushyira amafaranga!!! Mujye mwibuka ko ba Mayibobo baba baburaye bakanabwirirwa!!!!!!!

  • hahahhaa birasekeje pe!!

  • Maze mugahurura n’ibibondo mugiye kubereka urwo rukozasoni?  Nta mukuru, nta muto, nta gihana nta gihanura. Igihugu kibuze umuco kiba iki koko?Rwanda waragenderewe.

  • Njye ntangajwe cyane n’umubyeyi usohokana igitamba mbuga mu bukoza soni nkabiriya…. ngaho umubyeyi yasetse, n’umwana kubibebero nawe nuko… ubwo ni muto cyane kuburyo yaba atazi ko uwiba ahetse aba ahugura ur’imugongo? Nyuma y’imyaka uriya mwana natangira ingeso zidahwitse, ngo yananiye aveho anamuvuma ngo ni ikivume. Byo kajyahe ko ariwowe wavumwe!!! Babyeyi, hari byinshi byiza dushobora gukorera abana bacu kandi bikazabagirira umumaro bitari amateshwa nk’ariya.

  • Rugamba Sipiriyani ati  Isi irarwaye.ubu uwamugarura yavuga ko isi yapfuye ahubwo,mbabajwe na biriya bitambambuga bajyana kureba ariya mahano.

    • wahora niki ? Kera  habagaho abantu bazima nka Rugamba mu ndirimbo zigisha, zifite umuco, ariko ndebera aho tugeza

  • Amahoro u Rwanda rufite ntabwo akwiye gukoreshwa mu kugomera Imana no gutuka izina ryayo. Njya mbona comments kuri ba Lady Gaga aho abantu bavuga ngo “Mana udufashe ntibizagere iwacu.” Nigute bitazahagera mu gihe tubifitiye inyota? Ebonies ntibizanye baratumiwe. Ujya gupfa arasamba, usibye gusa uwiteguye kujyana na Yesu mu Ijuru naho ubundi isi, n’urwanda ku ruhembe rw’imbere biramira umwuka wa nyuma. Harya tugira Ministeri y’umuco? mu nshingano zayo harimo kuwurengera? ziriya mpinja se zo murazihora iki mwagiye mwijayana mwenyine ko ibyanyu byarangiye bo mukabarekara amahirwe yabo? muri ababyeyi gito gusa.

  • Journaliste wakoze akazi kawe kandi neza!BIG UP!!!!!Birababaje, biteye agahinda…kuzana umwana kureba ibi bintu weeeeeBirababaje kubona ibintu nkibi abantu babirihira amafaranga we!!!!!REKA MBABWIRE ABO BYANANIYE KURI INTERNET BYUZUYEHO, NUSHAKA ABERA,ABIRABURE,ABATUKU,ABA JAUNE;ABAZUGU,ABIRABURE,ABARABU,ABANYA AZIA,ABAVANZE,ABABIFITE BYOSE, NABIHINDUJEBenewacu si ngombwa ko ugura amatike ugaterura nabo “wakareze”, ngo UBAJYANE MU BINTU NKIBINtimuvuge ngo ntimwabimenye kuko,abo bagabo bari bafatiwe urumogi iwabo, nuko ruswa(nako ntategeko rihaba!!!!!)MWARABONYE ICYAPA KIBATUMIRA UKO ABO BAKOBWA BARI BAMBAYEbABYEYI NIBA MUDAKUNDA ABANA BANYU IBUKA BASI KO BAZABA MU GIHUGU DUKUNDA;UBWO RERO NGO NI IKIZUNGU!!!!MWABUZE UKO MUSHIMISHA IMIRYANGO YANYU KWERIMU RWNDA HOSE HABUZE UMUTEGETSI YAVUGA KO IBI ATARI IBINTUMU MINSI ISHIZE HAJE IKIMANSURO=SLEPTIZE NONE HAJE IBI NABYO BIGIYE GUKWIRA HOSE!!!!!IGIHUGU KIRATERWA,NTIMUVUGE, KANDI UBWO 1 MU KWEZI ABAYOBOZI BABA ABAKRISTU!!!!!!!!NO MURI SENA NA PARLEMENT UWUTARI UMU KRISTU NI UMU MISULMAN BOSE BATEMERA IBINTU NKIBI, ARIKO BIBAYE BOSE BARACECEKA!!!!!!!IGIHUGU NI ICYANYU NUWO MWANYA BAWUBAHAYE NGO MUWUKORESHE!!!MUMBABARIRE NANDITSE BYINSHI, NI AGAHINDA!!!!

    • Umubyeyi wajyanye umwana muri biriya bintu akwiriye gukurikiranwa na police na minisitire ishijwe kurengera abana.

  • agahinda ku muconyarwanda ukomeza kwangirika 

Comments are closed.

en_USEnglish