Digiqole ad

Constantine aracyari umutoza w’u Rwanda – De gaule

 Constantine aracyari umutoza w’u Rwanda – De gaule

Stephen Constantine umwongereza utoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda  Amavubi bimaze iminsi bivugwa ko Ubuhinde bwamutwaye, ubuyobozi bwa FERWAFA buvuga ko akiri umutoza w’Amavubi ndetse azatoza umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda na Tanzaniya tariki ya 22 Mutarama 2015.

Vincent de Gaulle Nzamwita avuga ko umutoza w'u Rwanda Ubuhinde butamujyanye
Vincent de Gaulle Nzamwita avuga ko umutoza w’u Rwanda Ubuhinde butamujyanye

Umuyobozi wa FERWAFA Nzamwita Vincent De gaule aganira n’itangazamakuru yatangaje ko Constantine akiri umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda.

Yagize ati «  Constantine ubu ari mu biruhuko kandi uko muzi mu gihe  tumaranye dukorana ntabwo ari wa muntu wagenda atavuze kuko n’ikimenyimenyi n’ubu ntamunsi wira tutavuganye. »

Nzamwita akomeza avuga ko Constantine yamaze gutanga urutonde rw’abakinnyi azifashisha ku mukino wa gicuti na Tanzaniya.

‘Team Manager’ w’ikipe y’igihugu Bonnie Mugabe yemera ko ikipe Constantine yamaze guhamagarwa ariko ngo bategereje ko babanza kubona ibyangombwa (Logistics) maze ikipe igatangazwa igahita itangira n’imyitozo.

Biteganijwe ko Constantine azagera mu Rwanda tariki ya 17 Mutarama 2015 avuye mu biruhuko iwabo mu Bwongereza akazasanga Vincent Mashami umwungirije ariho ategura ikipe bagakomezanya bategura umukino na Tanzania.

Constantine niwe mu mateka y'u Rwanda watoje Amavubi akagera ku mwanya mwiza ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA
Constantine niwe mu mateka y’u Rwanda watoje Amavubi akagera ku mwanya mwiza ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA

 

Photos/JP Nkurunziza/UM– USEKE

Jean Paul NKURUNZIZA
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Ariko uyu mukino wa De Gaulle na Constantine wo bite? Nzaba ndeba aho uzarangirira mba ndoga Musinga!

Comments are closed.

en_USEnglish