Colombia: Ikipe yo muri Brazil yatikiriye mu mpanuka y’indege
Ikipe y’umupira w’amaguru muri Brazil, Chapecoense FC yari iri mu ndege yakoze impanuka yari ibajyanye muri Colombia gukina umukino ubanza wa Copa Sudamerica.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere saa 22.15, mu gace ka La Union ho muri Colombia habereye impanuka y’indege yari itwaye abantu 81, barimo abagenzi 72, n’abakozi icyenda (9) bayo.
Muri aba, harimo ikipe yo mu kiciro cya mbere muri Brazil Chapecoense FC yari igiye gukina umukino ubanza wa Copa Sudamerica.
Iyi ndege yari ihagurutse kuri El Alto International Airport yo muri Bolivia, igomba kugwa kuri Medellin airport. Bivugwa ko yagize ibibazo muri ‘moteur ‘
Abantu batandatu gusa nibo barokotse nk’uko Hugo Botero Lopez umuyobozi w’umujyi wa La Union yabitangarije El Tiempo, ikinyamakuru cyo muri Colombia.
“Byatugoye cyane kugira benshi turokora. Twagerageje gukorana n’inzego zose zishobora gutanga ubufasha, twahamagaye abazimya umuriro baturutse mu mijyi ya La Union, Rionegro, El Carmen de Vibroal, La Ceja. Dufite abatabazi barenga 90 ahabereye impanuka, ariko kugera ubu tumaze kurokora abantu batandatu gusa. “ – Hugo Botero Lopez
Iyi kipe yo muri Brazil Chapecoense FC, yari igiye gukina umukino ubanza w’umukino wa nyuma w’igikombe gihuza ama-club muri America y’epfo ‘Copa Sudamerica’ wari kubahuza na Atletico Nacional yo muri Colombia, kuri uyu wa gatatu ariki 30 Ugushyingo.
Umukino wo kwishyura wari kuzaba tariki 7 Ukuboza 2016, ukabera muri Brazil.
Mu mupira w’amaguru impanuka ikomeye y’indege isa n’iyi iheruka kuba tariki 27 Mata 1993 ubwo indege ya Zambia Air Force yari itwaye ikipe y’igihugu ya Chipolopolo yaguye mu Nyanja ku mazi ya Gabon abakinnyi n’abatoza bari barimo bagera kuri 30 bose bagatikira.
Roben NGABO
UM– USEKE.RW
3 Comments
Mana we,birababaje pe,gusa RIP
RIP
VERY SAD NES FOR US FOOTBALL FANS.IMANA IBAKIRE
Comments are closed.