Digiqole ad

CHAN: Ethiopia isezereye u Rwanda kuri Penaliti

27/07/2013 – Umukino wari warangiye Amavubi yishyuye igitego kimwe yari yatsindiwe muri Ethiopia, i Nyamirambo Amavubi ntabwo byayahiriye kuko kuri Penaliti ariho yaburiye tike itsinze 6 kuri 7 za Ethiopia.

Bayisenge na Usengimana nubwo bateye Penaliti zabo nabi ntibari banze ko igihugu cyabo gikomeza
Bayisenge na Usengimana nubwo bateye Penaliti zabo nabi ntibari banze ko igihugu cyabo gikomeza

Umukino igice cya mbere cyarangiye ari ubusa ku busa, amakipe yombi yari yagerageje gusatirana ariko umupira ugakinirwa cyane cyane hagati.

Kuri uyu mukino wari wajeho abafana benshi cyane, mu gice cya kabiri nibwo Amavubi yijajaye abona igitego ku munota 68.

Michel Ndahindurwa niwe watsinze igitego n’umutwe kuri corner ndende yari itewe na Papy Sibomana, ugarurwa mu rubuga rw’amahina na Mugiraneza J Baptiste n’umutwe maze Ndahindurwa nawe ahita ashyiramo igitego n’umutwe.

Amavubi amaze kubona igitego yakomeje gusatira, biciye ku basore nka Papy Sibomana, Mugiraneza JB ndetse naba rutahizamu Ndahinduka na Sebanani ariko ntihagira igitego binjiza.

Umukino warangiye ari igitego kimwe ku busa bwa Ethiopia bivuze ko amakipe yombi yari anganyije nyuma y’imikino ibiri. Hahise hitabazwa za Penaliti.

Amavubi yabanjemo
Amavubi yabanjemo

Uko zagenze:

Kagere Meddy  yateye iya mbere y’u Rwanda ayinjiza neza

Addis Hinsa nawe yateye iya mbere ya Ethiopia ayinjiza neza cyane.

Emery Bayisenge yateye iya kabiri umunyezamu Sinsayi arayifata.

Behayilu Assefa yateye iya kabiri yayinjije.

Abouba Sibomana neza cyane yayinjije arunama ashima Allah.

Degu Debebe captain wa Ethiopia yayinjije neza cyane ateye buhoro.

Sebanani Emmanuel yayiteye aturutse kure arayinjiza.

Bilhanu Bogare yayiteye Ndoli J Claude awuvanamo

Ndoli amaze kuyivanamo yagiye gutera iya 5 y’Amavubi ayishyiramo bigoranye

Butako wa Ethiopia nawe yashyizemo iya 5.

=====
Ndahindurwa Michel yaje gutera iya 6 ayishyiramo neza cyane.

Ayilalem Haslu yateye iya 6 nawe maze Ndoli arayikurikira ariko ntiyayifata.

Faustin Usengimana yaje gutera iya 7 umunyezamu ayivanamo.

Tesmome niwe wasezereye Amavubi yinjiza Penaliti ya 7 neza maze Ethiopia ibona tike yo kujya gukina igikombe cya CHAN muri Africa y’Epfo.

DSC_0158
Ikipe ya Ethiopia yabanjemo
DSC_0168
Amavubi yatangiranye ishyaka, uyu ni Abouba Sibomana asatira
DSC_0174
umusore muto Patrick Sibomana (Papy) aha nawe aragerageza gutsindisha umutwe
DSC_0192
Migi, hagati ntabwo yari yorohewe n’abasore ba Ethiopia
DSC_0236
Sibomana Patrick yateye ‘centres’ nziza ariko ntizabyazwa umusaruro
DSC_0292
Michel Ndahinduka w’Amavubi yari yazonze cyane ba myugariro ba Ethiopia
DSC_0311
Igice cya mbere kirangiye, abatoza Eric Nshimiyimana na Kayiranga Baptista umwungirije wabonaga bafite byinshi byo gukora mu minota 45 yari isigaye
DSC_0327
Mu karuhuko umwaa w’umunya Ethiopia yaje ashimisha abafana
DSC_0330
Yaberetse rwose ko azi guconga agapira
DSC_0373
Abafana b’u RWanda bo bibazaga uko bigiye kubagendekera
DSC_0378
Stade ya Kigali i Nyamirambo yari yakubise yuzuye
DSC_0391
Mu gice cya kabiri, rutahizamu Ndahinduka Michel, wanditse amateka yo guhamagarwa mu Amavubi avuye mu kiciro cya kabiri (Bugesera FC, ubu ari muri APR), yakomeje kugerageza uko ashoboye
DSC_0404
Abasore ba Ethiopia ni abahanga cyane mu kwimana umupira
DSC_0414
Ku munota wa 68 w’igice cya kabiri kuri corner Migi na Ndahinduka bateramo n’imitwe
DSC_0416
Ndahinduka Michel na Sibomana Papy (ibumoso) barishimira igitego
DSC_0417
Michel Ndahinduka
DSC_0550
Abafana b’Amavubi barimo n’abanyamahanga baba bahageze
DSC_0579
Nyuma yo kunganya hakurikiyeho Penaliti, Emery Bayisenge yawuteretse neza ariko awutera nabi barawufata
DSC_0596
Umunyezamu Ndoli mu gahinda nyuma yo gutsindwa kw’Amavubi
DSC_0608
Abafana ba Ethiopia mu byishimo
DSC_0348
Bamwe mu banyacyubahiro bari baje kureba uyu mukino
DSC_0619
Amavubi yahise ajya mu masengesho nyuma yo gutindwa
DSC_0620
Mu masengesho akomeye
DSC_0621
Byose babitura Imana

 

Photos/P Muzogeye

JD NSENGIYUMVA Inzaghi
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • amavubi yihangane ntako atagize

  • Apr yaguze umukinnyi michel ni flsh kbs

  • mu mupira bibaho cyane gusa courage twategura nibindibikombe kdi iyikipe yari yubakitse kbsa so courage ku batoza ndetse nabakinnyi muri rusange

  • Jye biriya nabibonye mo ikibazo: umwana w’imyaka nk’4, kuva muri tribune, agaca ku bapolisi bacu, akanyaga ruhago y’ Amavubi, akambukiranya ikibuga yiruka, akagenda no mu rushundura ngo Piii! Neza muri rya zamu baje gutereramo Ndori, akerekeza sens unique. Mu bihe nka uriya mwana ari mu bo amategeko abuza gukandagira kuri gazon. We rero ntiyahakandagiye gusa,ahubwo yahakiniye n’umupira.

  • nkunda igihugu cyanjye ariko ndishimye kuba kivuyemo nyuma yamagambo umutoza yavuze kururiya mukinnyi wamukura!ntaziko ariwe uzaba ari umu star ejo!numutoza uvuyemo ntitubitindeho!!

  • uwabuze umubyizi mukwe nako aba atagize amavubi aradute ngushye pe twihangane nkaba nyarwanda …

  • Gutsindwa bibaho,ariko iyo bibaye umusubirizi(kenshi)harebwa ikibitera,twe abaturarwanda dukumbuye intsinzi kabone nubwo twayihabwa na ba Manamana ck Mbuyi,kuko na ba Zidane,Desailly bahaye igikombe cy,isi France kandi nta wa kibambuye kugeza na none.

    • hanyma kwigira?????

  • Rwose Njye nababajwe n’ukuntu akana k’imyaka ine kaciye polisi mu rihumye maze kagatsinda igitego mu izamu Ndori yananiriwe gukuramo Penaliti ya nyuma.
    Ubutaha hazajye habaho kureba neza kuko ntawamenya? Murtabizi namwe ko muri Football habamo byinshi.

  • Ethiopian ntiyari ikwiriye kubura muri CHAN ariko nubwo u rwa Gasabo rwavuyemo byambabaza ariko les ethiopiens meritent le CHAN

  • Dear,

    Abana bacu rwose ntako mutagize kandi rwose nabonye yamafiyeri yokumanura amakabutura butari muyitayeho nibyiza cyane mukomereze aho. Naho amahirwe nayo abaho
    Ubutaha nitwitegure neza kandi mbinginge ntimuze kurangazwa namafiyeri y’ubu star.
    Yrs

Comments are closed.

en_USEnglish