Digiqole ad

CECAFA Kagame Cup: Rayon Sports yiyongereye kuri Police muri ¼

Ku umukino wa beraga kuri Stade ya Kigali-Nnyamirambo ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 14 Kanama, ikipe ya Rayon Sports yatsinze umukino wayo wa gatatu ya kinaga n’ikipe ya KMKM yo muri Zanzibar igitego 1-0, ni umukino wo mu itsinda rya mbere.

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego Sibomana Abouba yari amaze gutsinda.
Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego Sibomana Abouba yari amaze gutsinda.

Wari umunsi wa gatandatu w’iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2014, ubona ko uko iminsi igenda ishira iyi mikino iri kugenda izamura urwego.

Umukino wahuje Rayon Sports watangiye ubona ikipe ya Rayon Sports ishaka amanota atatu kuko ku umunota wa gatatu gusa rutahizamu Yossa Bertrand yahushije amahirwe y’igitego ariko ikipe ikomeza kotsa igitutu KMKM ariko biba iby’ubusa igice cya mbere kirangira nta gitego kibonetse kuko ba myugariro ba KMKM, babifashijwemo n’umuzamu wabo witwa Khamis waje no kuba umukinnyi mwiza w’uyu mukino, bakomeje guhagarara neza.

Mu gice cya kabiri, ikipe ya Rayon Sports yagarutse mu mukino umutoza yahinduye byinshi, yavanyemo umukinnyi wo hagati Mutombo Govin ashyiramo rutahizamu ukomaka mu gihugu cya Togo uri mu igeragezwa witwa Guelin Koffi bisa nk’aho Rayon Sports ihise isatiriza abakinnyi batatu.

Uku gukaza ubusatirizi bwa Rayon Sports byatanze umusaruro kuko bakomeje kotsa igitutu maze ku munota wa 64 w’umukino ku ikosa ryari rikorewe Ndayisenga Fuadi, myugariro Abouba Sibomana atera “Coup Franc” nziza, Ikipe ya Rayon Sports ibona igitego cya mbere cyaje no kuyihesha intsinzi y’uyu mukino.

Mbere y’uyu mukino habanje gukinwa imikino ibiri, Police yo yamaze no kubona itike ya ¼ iyoboye itsinda rya gatatu irimo nyuma yo gutsinda ikipe ya Benadir 3-1.

Umukino wari wabanjirijwe n’umukino wa Adama City yo muri Ethiopia n’ikipe ya Atlabara yo mu gihugu cya Sudani y’Epfo, umukino warangiye amakipe yombi anganyije.

Gahunda y’imikino yo kuri uyu wa 15 Kanama 2014 (Kigali Regional Stadium)
Atletico vs Telecom (1:00pm)
-El Merreikh vs Vital’O (3:00pm)
-APR FC vs Gor Mahia (5.00pm).

Ikipe y'abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports.
Ikipe y’abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports.
Ikipe ya KMKM yabanjemo.
Ikipe ya KMKM yabanjemo.
Abafatira amashursho Televiziyo ya Super Sports icishaho iyi mikino live ntiborohewe n'imvura.
Abafatira amashusho Televiziyo ya Super Sport icishaho iyi mikino live ntiborohewe n’imvura.
Mbere y'uko igice cya kabiri gitangira byabaye ngombwa ko abantu babanza gukubura ikibuga cyari cyuzuye amazi.
Mbere y’uko igice cya kabiri gitangira byabaye ngombwa ko abantu babanza gukubura ikibuga cyari cyuzuye amazi.
Bagerageza gukura amazi mu kibuga.
Bagerageza gukura amazi mu kibuga.
Hanitabajwe akamashini kugira ngo amazi agabanywe mu kibuga.
Hanitabajwe akamashini kugira ngo amazi agabanywe mu kibuga.
Hifashishijwe ibikoresho bitandukanye mu gukura amazi mu kibuga.
Usibye imashini n’amabasi (basin) yifashishijwe
Mu mumukino mo hagati umuriro waje kubura.
Mu mukino hagati umuriro waje kubura.
Abouba ku ruhande yakinagaho rw'i bumoso ntiyorohewe n'imvura.
Abouba ku ruhande yakinagaho rw’i bumoso byasabaga ubundi buhanga bwo gukina mu mazi
Kapiteni wa Rayon Sports Fuadi agerageza gutera umupira wari waguye mu kiziba cy'amazi.
Kapiteni wa Rayon Sports Fuadi kuvana umupira mu mazi ntibyoroshye
Uruhande rwa Abouba na Fuadi rwakoze cyane.
Uruhande rwa Sibomana Abouba na Fuadi rwakoze cyane. Uyu ni Sibomana wivanyemo ishoti riremereye
Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza, Abdallah Murenzi nawe yari yaje kureba Ikipe imuhora ku mutima.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Abdallah Murenzi nawe yari yaje kureba Rayon yahoze ayobora
IMG_7672
Uko igihe cyahitaga niko abafana ba Rayon Sports bibazaga niba bari bwinjize igitego
IMG_7795
Umutoza Jean Francois Luscuito, Umubiligi utoza Rayon Sports ategereje ko bagira amahirwe bagatsinda
IMG_7820
Juma Mbwana Faki ahatana na Abouba Sibomana myugariro wa Rayon Sports
IMG_7854
Igitego cya Rayon sports kimaze kwinjira, umuriro watse, abafana barabyina karahava
IMG_7866
Pandu Haji Pandu ahanganye na Yossa Bertrand Rutahizamu wa Rayon uri mu igeragezwa
IMG_7899
Rutahizamu mushya wavuye muri Togo Gueli Koffi umwe mu bakinnyi bashya ba Rayon wigaragaje kuri uyu mukino
IMG_7902
Gueli Koffi aha ahushije igitego
IMG_7910
Umupira wo mu mazi uba utangaje uburyo ukinwa
IMG_7931
 Iyi kanzu iri mu mabara ya Rayon igomba kuba yaramuhenze ayidodesha. Uyu mugore ariko kandi avuza vuvuzela kurusha benshi
IMG_7946
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Fidele Ndayisaba n’Umunyamabanga nshingwabikorwa wa CECAFA Nicolas Musonye
IMG_7947
 Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo Habineza Joseph na Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda,FERWAFA Nzamwita Vincent de Gaule
IMG_7950
Major General Alexis Kagame na Senator Makuza Bernard bari kuri uyu mukino
IMG_7461
Ikipe ya Police yo yamaze kubona itike ya 1/4 imaze gutsinda imikino yose

Amafoto: P.Muzogeye/UM– USEKE

Nkurunziza Jean Paul
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • Rayon Oyeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee

  • gusa Gikundiro nigira amahirwe yo guhura na apr cg police bazayirinde munyanziza gervais kuba yasifura uwo mukino na de gaule kuba yawureba niba hari ikintu RAYON itinya ni ukubona umusifuzi nka munyanziza kuruta uko itinya ikipe bigiye guhura kabone niyo wazana izi burayi nka za Real Madrid cg se za Arsenal. kuko babirangiza nabi Gikundiro igahungabana kugira ngo apr ikomeze kandi erega burya iyo uretse umuhanga akigaragaza bituma na nyiramahirwe macye abasha gukosora amakosa yakoze na ruhago igatera imbere.

  • rayon byose birashoboka yanagitwara nubwo bataramenyerana

Comments are closed.

en_USEnglish