Digiqole ad

AMAFOTO: Cathia aciye agahigo ku Isi ko kumara amasaha 26 atera agapira ka Cricket

 AMAFOTO: Cathia aciye agahigo ku Isi ko kumara amasaha 26 atera agapira ka Cricket

Kuri uyu wa gatandatu ni bwo Cathia Uwamahoro yesheje umuhigo wo kumara amasaha 26 akina agapira ka Cricket, ni we mukobwa wa mbere ku Isi umaze iki gihe kingana gutyo akina Cricket ari ahantu hamwe muri “Case”.

Uwamahoro Cathia umaze amasaha 26 akina Cricket

Iki gikorwa yagitangiye guhera ku isaha ya Saa mbili za mu gitondo ku wa Gatanu kuri Petit Stade Amahoro agarura udupira bamujugunyira, akaba yari amaze umunsi n’amasaha abiri akina.

Namarira menshi Cathia Uwamahoro yavuze ko Imana ari yo yamubashishije gutsinda, ikintu ngo yabwira Abanyarwanda ni uko bashboye, kandi ni cyo yaharaniraga kwerekana ko n’abakobwa bashoboye.

Yavuze ko azakomeza guharanire inyungu z’ibyo yashakaga kugeraho, ngo imbaraga yazikuye mu kumva ko yari yifitiye icyizere.

Ati “Ntabwo byahora gutyo, kuko guca agahigo byari iby’abahungu gusa, nanjye navuze ngo reka nerekane ko natwe dushoboye . Niyo mpamvu nagaragaje ko dushoboye.”

Uwamahoro Cathia avuga ko icyo agiye gushishikariza abantu kujya bakina Cricket kandi anabasobanurira ubwiza bw’uyu mukino.

Umubyeyi wa Cathia Uwamahoro yavuze ko yishimye cyane ko umwana we yamuhesheje ishema, ngo n’ubundi yakunda sipro akifuza ko umwana we yakora siporo kuko ngo muri siporo umwana akuramo ikinyabupfura n’uburere.

Ati “Cricket icyo nayikundiye ni imico yabo, uburyo icyo igambiriye ni iterambere. Nk’umwana w’umukobwa numvaga yagombaga kuwukina. Gusa njyewe nk’umubyeyi we namuteraga inkunga y’amasengesho.”

Umubyeyi we avuga ko icya mbere ku mwana aei ukumwegera, ukamuganiriza, ukamugira inshuti ibindi byose ngo birikora kandi mukajya mujya inama.

Eric Dusingizimana undi Munyarwanda yamaze amasaha 51 umwaka ushize, na we akina Cricket ubutaruhuka. Chatia Uwamahoro ashyizeho agahigo gashya ku Isi na we arandikwa mu gitabo cyandikwamo abakoze amateka (Guiness World records).

Uwamahoro yamaze amasaha 26 ahagaze muri izi nshundura
Abagize umuryango we baje kumushyigikira
Batangajwe n’ubushobozi bw’uyu mwari
Uwamahoro yakomejwe no kubona umubyeyi we muri petit stade yaje kumushyigikira
Abakozi ba Guinness World Records bakurikiranye uyu muhango
Abantu baje gushyigikira uyu mukobwa wakoze amateka bari benshi, aha yaburaga iminota 12
Abantu b’ingeri zose
Alby Shale wakiniye ikipe y’igihugu y’Ubwongereza, umwe mu batoje Uwamahoro Catia nawe yamuteraga agapira (Bowling)
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza Heather Clare Knight (iburyo) yaje mu Rwanda kwihera ijisho Uwamahoro wesheje umuhigo
Eric Dusingizimana washeje agahigo k’amasaha 52 mu bagabo nawe yari ahari, aha ari kumwe na Ishimwe Dieudonné bita Prince Kid uyobora Rwanda Inspiration Backup
Umwe mu bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017 Shimwa Guelda yabanje kwiga uko batera agapira (Bowling)
Amaze kubimenya ati, reka mutere nanjye
Uwamahoro ategereje agapira gaterwa n’umwe mu ba ‘miss’
Abahatanira ikamba rya MISS Rwanda 2017 bishimiye agahigo k’umukobwa mugenzi wabo
Bifotoza iy’urwibutso n’ibihangange muri Cricket ku isi
Clare Knight nawe yiyerekanye
Buri saha Uwamahoro yafataga iminota itanu yo kuruhuka
Akananura ingingo z’umubiri
Abanyamakuru mpuzamahanga bari bakereye gufotora iki gihangange
Umubyeyi we nawe ari mu bamuteye agapira
Amashyi n’abafana yamuteye akanyabugabo muri aya masaha yose
Uwamahoro ategereje agapira ka nyumaaaaaa!!!
Agiye kugakubitaaaaaaa!!!!
Amateka yanditswe mu bitabo kuri uyu munyarwandakaziiiiiiiiii!!!!!!
Byari ibyishimo by’akataraboneka
Umubyeyi we amuha indabo nk’ishimwe rimwereka ko ari ishema ry’umuryango
Ikipe y’igihugu ya Basketball U16 bashyigikiye Uwamahoro baririmba bati, tuzabatsinda twongere tubatsinde
Ati: “Nashakaga kwerekana ko abahungu ataribo bashoboye gusa”
Ibirori ku muryango wose wa Cricket mu Rwanda
Intsinzi ku banyarwanda bose

Amafoto @Daddy SADIKI RUBANGURA/UM– USEKE

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

4 Comments

  • Amafoto y’ibiragi Rubangura yadukanye ra! Shyiraho legende bwana.

  • Gukora ubusa ndabona na byo bisigaye birimo amahirwe y’imibereho no kwamamara!

    • hhh si ugukora ubusa muvandimwe ahubwo hari mo kwiyemeza ngaho ejo uzajyemo ubarushe isaha imwe turebe icyegukane!!!!

      ahubwo ubaze amabwiriza akurikizwa urasanga ari ibyaburi wese

      Congz CATHY namwe murabishoboye!

    • Ngo arakora ubusa wamara umunsi ninjoro utaryamye ubwo waba ukorubusa

Comments are closed.

en_USEnglish