Digiqole ad

CAF Confederation: AS Kigali yatsinze Difaa yo muri Maroc 1 – 0

AS Kigali kuri uyu wa gatandatu yabashije gutsinda Difaa Al Jadida yo muri Maroc igitego kimwe ku busa, ni umukino ubanza wa 1/8 cy’imikino ya CAF Confederation cup waberaga kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ahari abafana benshi cyane.

Mico Justin (iburyo) rutahizamu wa AS Kigali, witwaye neza cyane muri uyu mukino
Mico Justin (iburyo) rutahizamu wa AS Kigali, witwaye neza cyane muri uyu mukino

Igice cya mbere amakipe yombi yari akigana, nta busatirizi bukomeye bwabonetsemo usibye mu minota ya nyuma y’igice cya mbere aho abasore Mbaraga Jimmy, Mwizerwa Amin na Mico Justin bagerageje kotsaho igitutu Difaa Al Jadida

Mico Justin yitwaye neza kuri uyu mukino ndetse ku buryo budasanzwe yawukinnye arawurangiza. Ni nyuma y’uko rutahizamu Bodo Ndikumana akirwaye nyuma y’impanuka yakoze, ubu akaba akiri mu bitaro.

Igice cya kabiri amakipe yombi nibwo yabonye uburyo bwo gutsinda, umunyezamu Emery Mvuyekure yakuyemo imipira ikomeye igera kuri ine, ndetse aza no kubona ikarita y’umuhondo ya kabiri ituma atazakina umukino utaha wo kwishyura.

Niyonzima Jean Paul niwe watsinze igitego cya AS Kigali hagati mu gice cya kabiri, nyuma ya ‘Centré’ yari itewe na Jimmy Mbaraga maze Niyonzima ahita asunikiramo. Uyu musore yari amaze kujyamo asimbuye Mwizerwa Amin.

Nyuma y’umukino umutoza Casambungo avuga ko ashimishijwe no kuba atsinze uyu mukino, ati “Nubwo ku mukino wo kwishyura nzaba ntafite Bodo (Urwaye ), umuzamu wacu Emery na Medi (Mushimiyimana Muhamed wavunitse), tuzagerageza kwitwara neza ntitwinjizwe igitego hariya.”

Umutoza w’ikipe ya Difaa Al Jadeda ntabwo yigeze ashaka kuvugisha itangazamakuru kuko yahise ava kuri stade umukino ukirangira.

Ministre Mitali nyuma y’umukino yasanze abakinnyi mu kibuga abashimira intsinzi babonye. Avuga ko babikesha discipline bafite ariyo bakesha kuba bari kwitwara neza ubu, ndetse abizeza ko guverinoma izakomeza gushyigikira iyi kipe.

Umukino wo kwishyura uzaba mu gihe cy’icyumweru kimwe, AS Kigali izahaguruka i Kigali ijya muri Maroc kwishyura kuwa kabiri w’icyumweru gitaha, ikine muri week end.

AS Kigali yemerewe n’ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali amadorari  1 000$ buri mukinnyi nibaramuka basezereye iyi kipe, kuri uyu mugoroba bahawe 200$ buri umwe.

IMG_8507
Abafana bari benshi cyane kuko kwinjira ahadasakaye byari ubuntu
IMG_8284
Abafana bacye cyane ku ruhande rwa Maroc
IMG_8329
ba Captain b’amakipe yabo, Jimmy Mbaraga na Adil Sassa bahana utubendera tw’amakipe yabo, imbere y’abasifuzi bo muri Seychelles basifuye uyu mukino
IMG_8336
Iyi ni ikipe ya Difaa Al Jadida yo muri Maroc yabanje mu kibuga
IMG_8344
AS Kigali iri kwihagararaho mu makipe yasohokeye u Rwanda muri uyu mwaka
IMG_8350
Umukino ujya gutangira Cassa abwira abasore be ati “mukanire”
IMG_8359
Umukino watangiranye ishyaka ryinshi no kwigana cyane, nta buryo bwinshi bwabonetsemo
IMG_8372
Murengezi Rodrigue hagati agerageza gutanga umupira kuri bagenzi be
IMG_8374
Murengezi arwanira umupira na Oussama El Ghrib
IMG_8377
Hagati niho mu gice cya mbere umukino wakiniwe cyane
IMG_8396
Zakaria Hadraf agerageza gusatira izamu rya AS Kigali
IMG_8432
Jimmy Mbaraga agiye guhagarika neza umupira ku gituza
IMG_8443
Ikipe ya Difaa abakinnyi bari bambaye amazina yabo ku mipira, ibintu mu Rwanda bifatwa nk’agashya
IMG_8457
Umunyezamu Mvuyekure Emery wahagaze neza cyane mu izamu rye ariko ku bw’amakarita abiri y’imihondo mu mikino yikurikiranya mu irushanwa rimwe ntazakina uwo kwishyura
IMG_8490
Uyu mwirabura w’iyi kipe, yitwa Naby Soumah, niwe wagaragaje ubuhanga cyane muri iyi kipe, ni umukinnyi wo hagati ukomeye ku buryo bugaragara.
IMG_8510
Mico Justin uyu munsi watunguye abafana aho yagaragaje ubusatirizi no kuzonga cyane ba myugariro ba Difaa Al Jadida
IMG_8522
Abafana bari benshi kuri uyu mukino
IMG_8523
Barebaga uyu mukino batuje kuko AS Kigali nta bafana igira benshi, gusa bose bishimye cyane ubwo AS Kigali yatsindaga igitego
IMG_8528
Mico Justin umuntu atatinya kuvuga ko ariwe mukinnyi wigaragaje cyane muri uyu mukino
IMG_8535
Kayumba Suater nawe wahagaze neza ku ruhande rwe rw’inyuma aho bita kuri 2
IMG_8606
Nyuma y’umukino Ministre Protais Mitali ufite imikino mu nshingano ze yamanutse aza gushimira abakinnyi
IMG_8610
Mu kiganiro gito, yabwiye abanyamakuru ko AS Kigali iri kwitwara neza ahanini kubera ikinyabupfura abakinnyi bayo bafite
IMG_8615
Nta kipe ibura abayifana nubwo baba bacye, cyane iyo iri kubashimisha bwo bariyongera. AS Kigali ariko yo ubu iri ku rugamba nk’igihugu kuko indi yari ku rugamba nyafrika nk’uru (Rayon Sports) yamaze gusezererwa rugikubita
IMG_8613
Nyuma ya buri mukino barapfukama bakawushimira Imana bakanayitura uzakurikira

Photos/P Nkurunziza

 

Paul NKURUNZIZA
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Ewana ntacyonavuga kuko ikipeya AS KIGALI irarenze kandi ntawabicyekagape gusariko twayita kamonja uretseko biyifashacyane Imana igikomeza iyifashe ikomezekuyisunika izakomezibikore.

  • AS Kgl tubarinyuma twese kandi mukomereze aho.Mubere ayandi ma equips urugero.

  • mukomere cyane natwe turabasabira  ngo mutere RDA ISHEMA NISHEJA muri Africa ndetse no  kwisi muzatsinde nimugerayo 2/1 kuko mwarabamenyereye mwabonye ko  byose bishoboka hakenewe ubwitange gusa   mutoze undi muzamu vuba azatugoboke afashijwe n’Imana.

Comments are closed.

en_USEnglish