Digiqole ad

Bashimiye Nyirahabineza ku bw’ubutwari bw’umugabo we wishwe azira gutabara abatutsi

Ruhango –Abakozi b’ikigo Nderabuzima cya Mbuye kuri uyu wa 26 Mata 2013 bibukiye Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwibutso rushyinguyemo imibiri igera ku bihumbi 16, muri uyu muhango bakaba bashimiye umupfakazi Nyirahabineza Sophie kubera ubutwari umugabo we yagize ashaka gutabara abicwaga.

Nyirahabineza Sophie ashimira Umuyobozi w'ikigonderabuzima ku bupfura bamugaragarije bamushimira ko we n'umufasha we bitangiye abicwaga
Nyirahabineza Sophie ashimira Umuyobozi w’ikigonderabuzima ku bupfura bamugaragarije

Ngarukiyinka Frederic ntabwo yahigwaga, ariko ubwo ubwicanyi ku batutsi bwatangiraga i Mbuye yarahagurutse agerageza kurengera no gutabara abicwaga kugeza ubwo Interahamwe zimwishe zimuziza kudafatanya nazo no kuzirwanya.

Umupfakazi yasize, nubwo asanzwe afashwa kimwe n’abandi, muri uyu muhango wo kwibuka yahawe ihene yo kororana n’inka ze, nk’ikimenyetso cy’uko abarokotse i Mbuye bazirikana ubutwari bw’umugabo we wishwe.

Uyu muhango woroheje ugereranyije n’indi mihango ya za Kigali n’ahandi mu mijyi, ariko kandi uvuze byinshi, watangiwe n’urugendo rwo kwibuka habayeho kandi kuremera Kanani Vital warokotse Jenocide utishoboye bamugabira inyana ngo atangire arebe uko ayibyaza umusaruro.

Ku nshuro ya kabiri iki kigo nderabuzima gitegura imihango yo kwibuka, abakozi bacyo n’abaurage bamwe bakoze urugendo bava ku cyicaro cy’icyo kigonderabuzima bagana ku Rwibutso rwa Jenocide rwa Mbuye bashyira indabo ahashyinguye iriya mibiri ndetse banafata umunota wo kubibuka basubira ku kigo nderabuzima ahabereye iyo mihango.

Sophie ashyikirizwa ihene ndetse n'ibiribwa bamugeneye
Sophie ashyikirizwa ihene ndetse n’ibiribwa bamugeneye

Mukarukundo Jeanne d’Arc warokokeye i Mbuye akaba akora kuri icyo kigo Nderabuzima yatanze ubuhamya bw’inzira y’umusaraba yanyuzemo akagira amahirwe akarokoka, ubu akaba yubatse afite abana babiri kandi afite ikizere cy’ejo hazaza kiganisha mu kwigira.

Habimana Eugene umuyobozi w’agateganyo muri icyo kigonderabuzima cya Mbuye we mu ijambo rye yavuze ko kwibuka gusa bidahagije ahubwo binakwiye ko abanyarwanda bibuka baremera abacitse ku icumu batishoboye banashimira ababikwiye nka Nyirahabineza.

Nsengiyumva Jean Bosco wari uhagarariye Ministeri y’Ubuzima muri uyu muhango yashimiye abakozi b’ikigo nderabuzima cya Mbuye kuri iki gikorwa bateguye, avuga ko intego yo kwigira igomba kugerwaho kuko iyo umuntu yishoboye ntawaza ngo amuyobye nkuko byakozwe mbere bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abajyanama b'ubuzima ndetse n'abakozi b'ikogonderabuzima cya Mbuye mu rugendo
Abajyanama b’ubuzima ndetse n’abakozi b’ikogonderabuzima cya Mbuye mu rugendo
Abari barangaje imbere mu rugendo
Abari barangaje imbere mu rugendo
Urwibutso rwa Jenocide rwa Mbuye
Urwibutso rwa Jenocide rwa Mbuye
Umushyitsi mukuru Nsengiyumva Jean bosco yashyize indabo kumva anunamira imibiri ishyinguyemo.
Umushyitsi mukuru Nsengiyumva Jean bosco yashyize indabo kumva anunamira imibiri ishyinguyemo.
Murekezi Olivier Lucky asobanura ku iyicwa  ry'abatutsi muri Mbuye benshi bashyinguye aho
Murekezi Olivier Lucky asobanura ku iyicwa ry’abatutsi muri Mbuye benshi bashyinguye aho
Bagarutse ku kigo Nderabuzima, Mukarukundo Jeanne d'Arc agira ati ubu agahinda twarakarenze turi mu nzira igana aheza
Bagarutse ku kigo Nderabuzima, Mukarukundo Jeanne d’Arc agira ati “ubu agahinda twarakarenze turi mu nzira igana aheza”
Kanani Vital  ashyikirizwa inka yagenewe n'umushyitsi mukuru muri uwo muhango
Kanani Vital ashyikirizwa inka yagenewe n’umushyitsi mukuru muri uwo muhango
Uhagarariye Polisi muri ako Karere ati ubu ni ugutera intambwe igana iterambere kuko Jenocide itazasubira ukundi
Uhagarariye Polisi muri ako Karere ati “ubu ni ugutera intambwe igana iterambere kuko Jenocide itazasubira ukundi”
Umuhanzi Bonhomme aririmba indirimbo zo kwibuka zinahumuriza abarokotse
Umuhanzi Bonhomme aririmba indirimbo zo kwibuka zinahumuriza abarokotse
Ikigonderabuzima cya Mbuye
Ikigonderabuzima cya Mbuye
Bamwe mu barwayi barwariye kuri icyo kigo bandaaye baza kwifatanya n'abandi mu muhango wo kwibuka
Bamwe mu barwayi barwariye kuri icyo kigo bandaaye baza kwifatanya n’abandi mu muhango wo kwibuka

Roger marc Rutindukanamurego
UM– USEKE.COM

en_USEnglish