Digiqole ad

BABONGERE i Kayonza bayigiriyeho amahirwe

 BABONGERE i Kayonza bayigiriyeho amahirwe

Tuyisenge Joseph ngo kubera ikibazo cy’imibereho anywa Primus imwe mu cyumweru kubw’amahirwe yahise atombora matela

Kuri uyu wa gatanu muri Promotion yitwa BABONGERE y’inzoga Primus abantu batari bacye bahavanye inyungu muri tombola babona ibikoresho  bitandukanye birimo imifariso yo kuryamaho, radio, amagare, imyambaro n’ibindi…ariko cyane cyane bishimira inzoga yabo PRIMUS.

Abatomboye biyandikishaga mbere yuko bajya gufata ibihembo
Abatomboye biyandikishaga mbere yuko bajya gufata ibihembo

Ni gahunda ya BRALIRWA yo kurushaho kwegera abakiriya bayo, kubamenyesha kurushaho ibikorwa babagendera no kumva ibyifuzo byabo ku byo bifuza guhabwa n’uru ruganda rwenga ibisembuye n’ibidasembuye mu Rwanda kuva mu myaka hafi 60 ishize.

Abantu baje ari benshi i Kayonza mu mujyi bumva ubutumwa bazaniwe nabo batanga ibitekerezo byabo, by’umwihariko habaho tombola abanyamahirwe benshi begukana ibintu binyuranye.

Joseph Tuyisenge yatomboye umufariso wo kuryamaho, avuga ko n’ubusanzwe akunda Primus kandi ajya atombora muri iyi Promotion ya BABONGERE. Uyu munsi ngo byari akarusho gutombora umufariso munini cyane.

Syridion Ndagijimana yabwiye Umuseke ko nta munsi yarara atanyoye icupa rimwe rya Primus, uyu munsi yatomboye umufariso munini n’amacupa atanu y’iyi nzoga ikunzwe cyane mu Rwanda.

Ati “njyewe mbona n’iriya modoka iri muri promotion ari njyewe uzayitombora.”

BABONGERE ubu iri mu gihugu hose ahari ibinyobwa bya BRALIRWA, abanywa Primus bakaba baba bafite n’amahirwe menshi yo gutombola ibintu binyuranye baguze icupa rinini rya Primus cyangwa irito bita Knowless.

Iyi tombola ngo ishobora kuzongererwa igihe aho kurangirana n’uku kwezi ikarangirana n’ukwezi kwa kane.

Utsindiye igikoresho kitari inzoga ngo ajya kujyifata ku muranguzi wa BRALIRWA, inzoga yo ahita ayihabwa aho atomboreye.

Kwegera abakunzi ba Primus muri iyi Promotion bizakomereza mu karere ka Musanze kuwa gatanu utaha….

Iki gikorwa kitabiriwe n'abantu benshi cyane
Iki gikorwa kitabiriwe n’abantu benshi cyane
Utomboye icupa rya Primus ahita arihabwa aho yatomboreye, uyu aranywa iyo amaze gutombora
Utomboye icupa rya Primus ahita arihabwa aho yatomboreye, uyu aranywa iyo amaze gutombora
Yatomboye radiyo aguze icupa rito rya PRIMUS rigura 600
Yatomboye radiyo aguze icupa rito rya PRIMUS rigura 600
Ndagijimana yatomboye matela yo kuryamaho ndetse na Primus eshanu nawe yabishyikirijwe byose
Ndagijimana yatomboye matela yo kuryamaho ndetse na Primus eshanu nawe yabishyikirijwe byose
Tuyisenge Joseph ngo kubera ikibazo cy'imibereho anywa Primus imwe mu cyumweru kubw'amahirwe yahise atombora matela
Tuyisenge Joseph ngo kubera ikibazo cy’imibereho anywa Primus imwe mu cyumweru kubw’amahirwe yahise atombora matela
Itsinda Urban Boys ryatwaye Guma Guma iheruka niryo riri gususurutsa ibi bitaramo hamwe n'abandi nka AmaG the Black
Itsinda Urban Boys ryatwaye Guma Guma iheruka niryo riri gususurutsa ibi bitaramo hamwe n’abandi nka AmaG the Black

Photos© Innoent ISHIMWE/Umuseke

Callixte NDUWAYO
UM– USEKE.RW

en_USEnglish