Digiqole ad

Amashanyarazi azava kuri Nyabarongo I Mushishiro arabageraho vuba

Abadepite bashinzwe komisiyo y’ ubukungu kuri uyu wa 29/01/2013 basuye urugomero rw’ amashanyarazi rurimo kubakwa na sosiyeti ya Angelique International mu murenge wa Mushishiro, Akarere ka Muhanga,mu rwego rwo kureba aho ibikorwa byo kubaka igice cya mbere kizatanga amashanyarazi kigeze.

Imirimo yo kubaka urugomero ku mugezi wa Nyabarongo aho uca i Mushishiro ya Muhanga igeze kure/photo
Imirimo yo kubaka urugomero ku mugezi wa Nyabarongo aho uca i Mushishiro ya Muhanga igeze kure/photo Umuhoza E

Uru rugomero ruzuzura rutwaye akayabo ka miliyoni 97$ igice cya mbere cyarwo kizatangira guha abaturage amashanyarazi mu mezi ya nyuma y’uyu mwaka, maze batangire no kubaka igice cya kabiri.

Daya Krishma Goyal, umuyobozi uhagarariye uwo mushinga wa Angelique International, yavuze ko urwo rugomero rufite ubujya kuzimu bureshya na metero 80,na metero kibe 40 z’ amazi ya Nyabarongo azajya abyazwamo imbaraga z’amashanyarazi.

Hon Emmanuel Mudidi yavuzeko urwo rugomero rurimo kubakwa rwakagombye kuzaha amashanyarazi abaturage bahereye ku batuye mu midugudu kuko ngo bitoroshye jugenda uha buri muturage.

Dr Hitayezu Dominique wari uhagarariye EWSA we yavuze ko byaba byiza abanyeshuri biga mu mashami arebana n’ibintu nk’ibyo by’amashanyarazi na engineering bajya baza guhugurwa (Stage) ahari kubakwa bene ibi bikorwa bakareka kubyiga muri za ‘theorie’ gusa.

yereka intumwa za rubanda aho imirimo igeze
Daya Krishma yereka intumwa za rubanda aho imirimo igeze

Ibi yabivugiye kuba ngo hari abanyamahanga benshi baza gukora iyi mirimo, bityo ko byaba byiza abanyeshuri b’abanyarwanda nabo bayimenye mu gihe kiri imbere imishinga nk’iyo ikajya ikorwa n’abanyarwanda.

Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Mushishiro ahanyura umugezi wa Nyabarongo uri kubakwaho iki kiraro, babwiye Umuseke.com ko amashanyarazi azava aho akwiye kubaheraho nabo bakayagira mu ngo zabo.

Umwe muri aba baturiye uru rugomero witwa Mugisha yagize ati “ Twumvise ko abaturiye ingomero za Mukungwa hari abatazi amashanyarazi nkatwe kuko ngo yoherezwa za Kigali, twizeye ko bitazamera bityo no kuri twe

UMUHOZA Eugenie
UM– USEKE.COM

en_USEnglish