Digiqole ad

AMAFOTO: Mu rugendo nk’urw’abishwe i Nyanza ya Kicukiro

 AMAFOTO: Mu rugendo nk’urw’abishwe i Nyanza ya Kicukiro

Ku mugoroba wo kwibuka jenocide yakorewe abatutsi i Nyanza ya Kicukiro ahaguye Abatutsi basaga ibihumbi 11 Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko Hon Donatille Mukabalisa yabwiye abari bitabiriye uwo mugoroba ko ko buri munyarwanda wese aho ari hose afite inshingano zo kuzirikana aya mateka yaranze u Rwanda kandi akayaheraho yubaka ameza.

Ubwo bari bagiye gutangira urugendo mu ishuri ryahoze ryitwa ETO Kicukuri, aho abishwe baturutse bamaze gutererwanwa n'ingabo za ONU
Ubwo bari bagiye gutangira urugendo mu ishuri ryahoze ryitwa ETO Kicukuri, aho abishwe baturutse bamaze gutererwanwa n’ingabo za ONU

Urugendo rwo kwibuka rwahereye aho abishwe bari bamaze gutereranwa n’ingabo za ONU muri ETO Kicukiro (ubu ni IPRC-Kigali) bajyanywe i Nyanza ya Kicukiro (ahari ikusanyirizo ry’imyanda ya Kigali) ngo bicirweyo babeshywa ko bagiye kurindirwayo.

Abatutsi bari bahungiye muri ETO Kicukiro bagabweho igitero n’Interahambwe zirabazamura zibakusanyiriza i Nyanza ya Kicukiro, baraharasirwa, abadapfuye bakicishwa amahiri n’imihoro.

Rwizihirangabo Irene watanze ubuhamya nk’waharokokeye yavuze ko umunsi ingabo za MINUAR zagendeyeho ari nawo Interahamwe zahise zica abari bahahungiye ku buryo ugutererana abicwaga kwabo byigaragaza. Irene, yahaburiye ababyeyi bombi n’abavandimwe batatu.

Mu rugendo nk’urwabo, urubyiruko, abakuru n’abantu mu nzego zinyuranye barimo na Minisitiri w’Umuco na Siporo bitabiriye uru rugendorugera kuri 3Km  rwo kubibuka.

Mu ijambo rye ku rwibutso rwa Nyanza, Hon Mukabalisa yavuze ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside no kubaka ubumwe, hari abakiyifitemo, bamwe bayigaragaza mu magambo abandi mu bikorwa by’ubunyamaswa.

Ati “umuntu utema inka y’umuturanyi we aba agaragaje ko yabuze nyirayo. Ariko abakorewe ibyo byose nibahumure uwabagabiye ntaho yagiye azongera abashumbushe, ikindi kandi abangiza imitungo y’abarokotse jenocide barakora ubusa kuko turacyafite ingufu amaboko yacu azabafasha kongera kwiyubaka”

Yasabye urubyiruko guhaguruka bakarwanya abafite ingengabitekerezo ya Jenocide kuko bake bakiyifite bashobora kongera bakabaroga, kandi abakuru nabo bafite inshingazo zo kubiba imbuto nziza zo gukunda igihugu.

Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro rushyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 11 y’abiciwe aha i Nyanza biganjemo abavanywe muri ETO Kicukiro, abaturutse Gahanga, Gatenga, Kagarama, Niboye n’ahandi hafi aha.

Bagitangira urugendo
Bagitangira urugendo
Kicukiro-Centre, aha abavuye muri ETO mu 1994 bahacaga bagirirwa nabi bagenda bicwa umugenda
Kicukiro-Centre, aha abavuye muri ETO mu 1994 bahacaga bagirirwa nabi bagenda bicwa umugenda
Bazamuka umusozi barekeza i Nyanza, inzira yaciwemo n'abishwe hakarokoka bacye
Bazamuka umusozi barekeza i Nyanza, inzira yaciwemo n’abishwe hakarokoka bacye
Buri wese mu ntege ze yifatanyije n'abandi muri uru rugendo
Buri wese mu ntege ze yifatanyije n’abandi muri uru rugendo
Baribuka ababo babaha icyubahiro gishoboka
Baribuka ababo babaha icyubahiro gishoboka
Uko urugendo rwasatiraga i Nyanza niko abantu bagendaga biyongera
Uko urugendo rwasatiraga i Nyanza niko abantu bagendaga biyongera
Abato nabo bari barimo, bakeneye kumenya aya mateka mabi yaranze u Rwanda kugira ngo babone aho bahera bubaka ikiza
Abato nabo bari barimo, bakeneye kumenya aya mateka mabi yaranze u Rwanda kugira ngo babone aho bahera bubaka ikiza
Muri uru rugendo bageze hafi ya Nyanza barahagarara bafata umwanya wo kuzirikana abari barurimo mu 1994 bagiye kwicwa
Muri uru rugendo bageze hafi ya Nyanza barahagarara bafata umwanya wo kuzirikana abari barurimo mu 1994 bagiye kwicwa
Ni urugendo rwa 3Km rugana ku rupfu rw'agashinyaguro ku barukoze mu 1994
Ni urugendo rwa 3Km rugana ku rupfu rw’agashinyaguro ku barukoze mu 1994
Binjira i Nyanza ya Kicukiro aho abishwe biciwe nyirizina ubu hari urwibutso
Binjira i Nyanza ya Kicukiro aho abishwe biciwe nyirizina ubu hari urwibutso
Bageze ahateguwe kubera imihango y'uyu mugoroba
Bageze ahateguwe kubera imihango y’uyu mugoroba
Abahanzi Mariya Yohana (hagati) na Suzanne Nyiranyamibwa bitabiriye uyu mugoroba
Abahanzi Mariya Yohana (hagati) na Suzanne Nyiranyamibwa bitabiriye uyu mugoroba
Dr Jean Pierre Dusingizemungu umuyobozi wa IBUKA ubu yo inakorera kuri uru rwibutso
Dr Jean Pierre Dusingizemungu umuyobozi wa IBUKA ubu yo inakorera kuri uru rwibutso
Umushyitsi mukuru Donatille Mukabalisa ageze aha yahawe ikaze n'abandi bayobozi
Umushyitsi mukuru Donatille Mukabalisa ageze aha yahawe ikaze n’abandi bayobozi
Ashyira indabo kuri uru rwibutso
Ashyira indabo kuri uru rwibutso
Prof Shyaka Anastase umuyobozi w'urwego rw'igihugu rw'imiyoborere ashyira indabo ku mva z'abashyinguye hano
Prof Shyaka Anastase umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere ashyira indabo ku mva z’abashyinguye hano
Umushyitsi mukuru acana urumuri rwo kwibuka no kuzirikana abiciwe hano
Umushyitsi mukuru acana urumuri rwo kwibuka no kuzirikana abiciwe hano
Igishyito nk'iki kiba mu muco nyarwanda mu kwibuka, kubaha no kuzirikana abapfuye
Igishyito nk’iki kiba mu muco nyarwanda mu kwibuka, kubaha no kuzirikana abapfuye
Yacaniye kandi urubyiruko urumuri rw'ikizere
Yacaniye kandi urubyiruko urumuri rw’ikizere
Umuyobozi wa GAERG Past Camarade wasenze atangiza uyu muhango
Umuyobozi wa GAERG Past Camarade wasenze atangiza uyu muhango
Amanywa aha ijoro umwanya, ubwicanyi ku bahungiye aha bwari burimbanyije
Amanywa aha ijoro umwanya, ubwicanyi ku bahungiye aha bwari burimbanyije
Barabibuka
Barabibuka
Uyu wari ufite imyaka 17, agahungira aha we n'ababyeyi be n'abavandimwe bane, yatanze ubuhamya bw'ibyababayeho agasigarana na murumuna we bonyine
Uyu wari ufite imyaka 17, agahungira aha we n’ababyeyi be n’abavandimwe bane, yatanze ubuhamya bw’ibyababayeho agasigarana na murumuna we bonyine
Urubyiruko ruratega amatwi aya mateka mabi yaranze u Rwanda
Urubyiruko ruratega amatwi aya mateka mabi yaranze u Rwanda
Ben Kayiranga, Andy Bumuntu na Yvan Buravan batanze ubutumwa mu ndirimbo
Ben Kayiranga, Andy Bumuntu na Yvan Buravan batanze ubutumwa mu ndirimbo
Umuyobozi wa IBUKA atanga ubutumwa bwe bwa none
Umuyobozi wa IBUKA atanga ubutumwa bwe bwa none
Suzanne Nyiranyamibwa aririmba indirimbo ze zo kwibuka
Suzanne Nyiranyamibwa aririmba indirimbo ze zo kwibuka
Hon Mukabalisa ageza ijambo rye ku bari hano
Hon Mukabalisa ageza ijambo rye ku bari hano
Uyu muhango urangiye abawujemo bamanutse inzira bajemo barataha bajya kuruhuka
Uyu muhango urangiye abawujemo bamanutse inzira bajemo barataha bajya kuruhuka

Photos © Innocent ISHIMWE/UM– USEKE

Josiane UWANYIRIGIRA
UM– USEKE.RW

 

en_USEnglish