Digiqole ad

Amafoto: Mu gitaramo cyo kwizihiza ururimi gakondo habonetse abafite impano mu Kinyarwanda

 Amafoto: Mu gitaramo cyo kwizihiza ururimi gakondo habonetse abafite impano mu Kinyarwanda

Danny Vumbi aririmba

Umunsi wo kwizihiza umunsi w’ururimi gakondo  wizihirijwe muri Stade nto ya Kigali muri iri joro byari ibirori byaranzwe no gutaramana n’abahanzi b’Abanyarwanda batandukanye barimo Yvan Buravani, Danny Vumbi, Jules Sentore n’abandi.

Danny Vumbi aririmba

Haririmbwe indirimbo yahimbiwe uyu munsi abahanzi bahuriyemo ari benshi bakayita’TUNOZE IKINYARWANDA’ iyi ndirimbi yumvikanisha ubutumwa buhamagarira abayarwanda kurushaho gukunda no guteza imbere ururimi rwabo rubahuza.

Ibi birori kandi byitabiriwe na MissRwanda2017 Elsa Iradukunda n’ibisonga bye.

Julienne Uwacu Minisitiri w’Umuco na Siporo yibukije abari aho ko umuco n’ururimi dusangiye nk’Abanyarwanda ari byo bituranga kandi biduhuza.

Ashishikariza abanyarwanda gusigasira umuco no kuwuteza imbere biciye mu rurimo rw’ikinyarwanda nka kimwe mu biwugize kandi by’ibanze.

Muri iki gitaramo kandi habonetse impano zitandukanye ziganjemwo ubuhanga ku rurimi rw’Ikinyarwanda harimo ibyivugo, imivugo n’indirimbo.

Umwe mu bana bato b’ikigero cy’imyaka 15 yivuze arataraka abantu baratangara kandi bashimishwa no kuba imapno nk’izi zigihari.

Ubwo iki gitaramo cyari kigiye gutangira abantu bakiri kwinjira
Ubwo iki gitaramo cyari kigiye gutangira abantu bakiri kwinjira
Miss popularity Uwase Hirwa Honorine uzwi nka IGISABO na we yitabiriye ibi birori
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yibukije Abanyarwanda ko bahuzwa n’umuco umwe
Umuhanzi gakondo Jules Sentore na we yaririmbye mu ndirimbo ze nyarwanda zimwe zinavanzemo umudiho ugezweho
Miss w’Umuco Shimwa Guelda ndetse na MissRwanda2017 Iradukunda Elsa
Yvan Buravani umuhanzi ukunzwe n’abatari bake mu rubyiruko muri iki gihe yataramiye abari aho
Uyu mugabo na we yatunguye abantu mu bisakuzo abari aho barumirwa
Yannick Mukunzi (hagati) ukinira ikipe ya APR FC na we yaje muri ibi birori
Umuhanzi mukuru Makanyaga Abdul hamwe n’umuhanzi Fiona nabo bari mu bitabiriye iki gitaramo
Ibisonga bya MissRwanda 2017 bari mu batumiwe
Uyu muhungu yataratse cyane arivuga biratinda abari aho barishima cyane ko uyu muco gakondo ukiri no mu bato
Uyu musaza yari yabukereye mu mukenyero n’umwitero bya kinyarwanda umwambaro w’ibirori mubo hambere aha

MUGUNGA Evode
UM– USEKE.RW

en_USEnglish