Digiqole ad

AMAFOTO: Ahari kubera inama ya AfDB uko hameze

Inama nkuru ngarukamwaka ya Banki Nyafrika itsura amajyambere, ubu iri kwizihiza imyaka 50 ishinzwe yatangiye guteranira i Kigali kuri uyu wa 19 Gicurasi. Abakuru b’ibihugu, abaherwe n’abanyacyubahiro bagera ku 3 000 baje abandi bari kuza kwitabira iyi nama nkuru ya 49 y’iyi Banki.

Muri rimwe mu ihema riri kuberamo izi nama
Muri rimwe mu ihema riri kuberamo izi nama

Mu kiganiro Ministre w’Imari n’igenamigambi Amb Gatete Claver yahaye abanyamakuru kuwa kane w’icyumweru gishize yavuze ko mu gutegura iyi nama ibikenewe byose ari iby’u Rwanda kandi izasiga byinshi ku bukungu bw’u Rwanda.

Iri kubera kuri Hotel Serana, yaguriwe mu kigo cyahoze kitwa Camp Kigali na stade yayo. Aha hubatswe amahema manini azagenda aberamo inama z’ibice bitandukanye by’iyi banki nyafrika yatangiye uyu munsi ikazageza kuwa gatanu.

Aha hateguwe imyanya yihariye ku itangazamakuru, imyanya iteraniramo abayobozi b’amabanki, imyanya yihariye yagenewe abakozi ba BAD, ahagenewe gufatirwa amafunguro ndetse n’imyanya yihariye y’abakuru b’ibihugu n’abanyacyubahiro bo ku rwego rwo hejuru cyane bitabira iyi nama.

Amahoteli hafi yose mu mujyi wa Kigali akaba yarahawe imirimo yo kwakira abanyacyubahiro baje muri iyi nama.

Banki Nyafrika itsura amajyambere itera inkunga imishinga 21 irimo cyane cyane iy’ibikorwa remezo n’ubuhinzi mu Rwanda.

Amb Gatete mu cyumweru gishize yatangaje ko iyi banki imaze guha u Rwanda umutungo usaga miliyari imwe n’igice y’amadorari arimo inguzanyo n’inkunga (grants) bigenewe iterambere ry’u Rwanda.

Za Podium ziteguye ku buryo bwihariye
Za Podium ziteguye ku buryo bwihariye
Kimwe mu cyumba cyateguwe
Kimwe mu cyumba cyateguwe
Imbere aho abatanga ibiganiro bicara
Imbere aho abatanga ibiganiro bicara
Ikirango cy'iyi nama ya 49 ya BAD
Ikirango cy’iyi nama ya 49 ya BAD
Amashusho yateguwe kugira ahantu heza
Amashusho yateguwe kugira ahantu heza
Serena Hotel yiteguye kwakira iyi nama
Serena Hotel yiteguye kwakira iyi nama
Serivisi za restora zitangirwa aho
Serivisi za restora zitangirwa aho
Library ya KIST yuzuye izakoreshwa muri iyi nama
Library ya KIST yuzuye izakoreshwa muri iyi nama
Ibihugu 78 bizaba bihagarariwe muri iri rushanwa
Ibihugu 78 bizaba bihagarariwe muri iyi nama nkuru ya BAD
Ihema rinini ryakira bimwe mu bikorwa by'iyi nama
Ihema rinini ryakira bimwe mu bikorwa by’iyi nama
Hateguwe ku buryo bunogeye ijisho
Hateguwe ku buryo bunogeye ijisho
Iheme rinini rishobora kwakira amagana y'abantu
Iheme rinini rishobora kwakira amagana y’abantu
Abashyitsi batandukanye bahageze
Abashyitsi batandukanye bahageze
Ahandi hantu hagenewe kwakira ibikorwa by'iyi nama
Ahandi hantu hagenewe kwakira ibikorwa by’iyi nama
Batangiye guhabwa ikaze ahari kubera izi nama
Batangiye guhabwa ikaze ahari kubera izi nama
Abashyitsi batandukanye bahageze
Abashyitsi batandukanye bahageze
Aha ni inyuma ya stade ya Camp Kigali
Aha ni inyuma ya stade ya Camp Kigali
Amahema yabugenewe
Amahema yabugenewe
Amahema yagenewe kwakira ibikorwa bitandukanye by'iyi nama
Amahema yagenewe kwakira ibikorwa bitandukanye by’iyi nama
Hari mu kibuga cya stade ya Camp Kigali
Hari mu kibuga cya stade ya Camp Kigali
Hatewe ibiti bito hagirwa heza kurusha mbere
Hatewe ibiti bito hagirwa heza kurusha mbere
Hatewe ibiti n'indabyo ngufi zitanga umwuka mwiza
Hatewe ibiti n’indabyo ngufi zitanga umwuka mwiza
Hiteguwe kwakira abashyitsi
Hiteguwe kwakira abashyitsi
Iruhande rw'ikibuga haratunganyijwe
Iruhande rw’ikibuga haratunganyijwe
Muri tribune ya stade ya Camp Kigali
Muri tribune ya stade ya Camp Kigali
Muri aya mahema harimo ahakorerwa amamurikagurisha, Amabanki amwe n'amwe ataragera mu Rwanda nayo ari kumurika ibikorwa byayo
Muri aya mahema harimo ahakorerwa amamurikagurisha, Amabanki amwe n’amwe ataragera mu Rwanda nayo ari kumurika ibikorwa byayo
Hari kandi abamurika ibikorwa by'ubukorikori
Hari kandi abamurika ibikorwa by’ubukorikori
Ibikorwa by'ubukorikori byiza biri kumurikwa aha
Ibikorwa by’ubukorikori byiza biri kumurikwa aha
Imirimbo igezweho y'abagore ikoze kinyafrika
Imirimbo igezweho y’abagore ikoze kinyafrika
Imirimbo iri kumurikwa
Imirimbo iri kumurikwa
RDB irahamagarira abaherwe baje mu Rwanda muri iyi nama gushora imari yabo mu Rwanda
RDB irahamagarira abaherwe baje mu Rwanda muri iyi nama gushora imari yabo mu Rwanda
Abacuruza ibintu nkenerwa bitandukanye bahawe umwanya
Abacuruza ibintu nkenerwa bitandukanye bahawe umwanya
Ababugu bazi kubuguza bashobora kwitwarira igisoro
Ababugu bazi kubuguza bashobora kwitwarira igisoro
Abacuruza amabuye y'agaciro n'ibijyanye nayo
Abacuruza amabuye y’agaciro n’ibijyanye nayo
Ahateguriwe imurika
Imyanya yateguriwe amamurikagurisha muri iyi nama
Baramurika imyambaro nyafrika
Aha baramurika imyambaro nyafrika
Baramamaza imyenda ikorerwa i Kigali
Baramamaza imyenda ikorerwa i Kigali
Ntabwo ari ikibumbano ni umukobwa wamamaza iyi myambaro
Ntabwo ari ikibumbano ni umukobwa wamamaza iyi myambaro ikorwa na Made in Kigali
Bambaye imyenda ya Made in Rwanda
Bambaye imyenda ikorwa na Made in Kigali
Abashyitsi bamwe bagaragaje ko bishimiye iyi myambaro
Abashyitsi bamwe bagaragaje ko bishimiye iyi myambaro
Imitako itangaje iri kumurikwa
Imitako itangaje iri kumurikwa

Photos/Plaisir MUZOGEYE/UM– USEKE

Plaisir MUZOGEYE
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Ayahe marushanwa se?

    • Oya mujye mushima, buriya kariya kavuga amarushanwa nicyo mwabonye gusa kurusha kutwereka aya mafoto nkaho natwe twari tuhibereye. Se tromper est humain. Mwakoze rata kutigezaho aya makuru nkatwe turi mu Ntara aba nya Kigali ntacyo baturushije.

  • Thanks Plaisir & Umuseke team for taking us there

  • Good job umuseke guys!

  • Umuseke ndabakunda cyane kuko mugira umwihariko wo kwerekana amafoto ya byinshi bitandukanye, kubantu baba batari hafi y’aho biri… rwose mutuma umuntu yiyumvamo kandi yisanga mubibera iwacu i Rwanda! Mukomereze aho kandi grand grand merci!

  • I LOVE U UM– USEKE GOD BLESS U

  • Big up our journalists, murahatubera tukabibona. Tubireba nkabahari, mbega amafoto meza kandi muzi niyo dukunda!!!!

  • Nibyiza cyane bibereye ijisho.ububusitani nibikorwa birimo bizabungwabungwe bizajye bibyazwa umusaruro,kko byagiyeho amafranga menshi.Thanks GOV OF RWANDA.

  • woww, byiza cyane, mwakoze ku hatubera vraiment, gusa turashaka ko mu makuru akurikira mutubwira muri make ibirimo kuhavugirwa, niba natwe hari ibitekerezo twatanga, bikabanyuzwaho.Yeah thanks a lot of for your contribution in media, shaloom

  • well done Plaisir. it is a good news in picture

  • good job man

  • decor 111% ndayatanze, arrangements ho ni nka 500, gusa abanyafurika AFDB sinzi niba izabamara inzara muri 50 years kuko abakire bazaba bo barataye akabi kera, naho abakene bo bashobora kuzava naho bari inama zitwara menshi ibikorwa concrets nibyo bisigaye

Comments are closed.

en_USEnglish