Digiqole ad

Alicia Keys aje mu Rwanda

Amahanga menshi arareba u Rwanda muri iyi minsi, abantu bakomeye benshi bamwe bamaze kuhagera, abandi barategerejwe. Si ububanyi n’amahanga, siporo, ingagi cyangwa muzika bibagenza. Ni ukwifatanya n’abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside. Alicia Keys, umunyamuzika w’umunyamerika wamamaye ku Isi, nawe ari mu bari mu nzira baza mu Rwanda.

Alicia Keys
Alicia Keys

Biteganyijwe ko Alicia Keys agera i Kigali none kuwa gatandatu cyangwa kuri iki cyumweru.

Nta makuru ahagije we ubwe yatangaje ku ruzinduko rwe mu Rwanda, gusa bamwe mu bashinzwe kumwakira baremeza ko aje kwifatanya n’abanyarwanda mu bikorwa byo kwibuka.

Alicia Keys washakanye na Swizz Beatz mu 2010, ntabwo aza mu Rwanda wenyine ahubwo arazana na Ben Affleck umukinnyi wa sinema we usanzwe ukunze kuza mu Rwanda mu bukerarugendo n’ibindi bikorwa byihariye.

Alicia Keys ni umwanditsi w’indirimbo, umuririmbyi, umucuranzi wa Piano, umukinnyi wa sinema wabigize umwuga, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka “No one”,  “Girl on fire”, “Superwoman” na “Empire State of mind” yaririmbanye na Jay Z.

Biteganyijwe ko hari abandi bantu benshi bazwi muri politiki, mu mikino, mu myidagaduro bazaza kwifatanya n’u Rwanda muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 20.

Alicia Keys w'imyaka 33
Alicia Keys w’imyaka 33

Plaisir MUZOGEYE
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Wasanga mama we ari umunyarwanda! Dore ko niyo yaba akomoka mu karere byose byitirirwa u Rwanda!

  • Simbona ari freemason gusa! Nimugwize nababwira iki? abashyitsi nk’abo ni abanyu ,ni bo mukwiye!

    • Abatemesha abantu bateremye imipanga barenze frimacon. Nibo Shitani igenda . Koko ngo umun*** azira undi!!!

  • ibyo  nibyiza  nikigaragaza  iterambere urwanda rugezeho  bakomereze  aho  tuzabashyigikira mwiterambere twamagana ingengabitekerezo  ya  genocide   murakoze

  • welcome sister.

  • @Deo, kuba freemason ubibwiwe ni iki? Ko mbona yiyambariye kandi akaba yasokoje neza!!!

  • Ndamukunda Alicia Keys kunda ukwasa nkunda nibyizabye byose   nindirinboze .nimpuweze afite umutima mwiza nubwitonzi

Comments are closed.

en_USEnglish