Digiqole ad

Akagera Primary School ryubatswe mu byavuye muri Pariki… ryafunguwe

 Akagera Primary School ryubatswe mu byavuye muri Pariki… ryafunguwe

Ishuri ryatashywe muri aka gace kari hafi cyane ya Pariki y’Akagera

*Abana bagendaga 15Km bagiye banava ku ishuri

Abana bo mu kagari ka Munini mu murenge wa Rwimbogo bakoraga urugendo rurerure bajya ku mashuri abanza ari hafi hashoboka ubu ‘babavunnye amaguru’ kuko uyu munsi hatashywe ishuri ribanza ryiswe Akagera Primary School riri mu mudugudu wa Gikobwa. Ni igikorwa kiri mubyo ishami ry’ubukerarugendo rya RDB rikora mu gufasha abaturiye Pariki kubera uruhare bagira mu kuzibungabunga.

Ishuri ryatashywe muri aka gace kari hafi cyane ya Pariki y'Akagera
Ishuri ryatashywe muri aka gace kari hafi cyane ya Pariki y’Akagera

Ubu 10% by’amafaranga ava mu gusura za Pariki ashyirwa mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza ku bazituriye, ni muri urwo rwego muri aka gace kahoze kari muri Pariki y’Akagera kakaza gutuzwamo abantu mu 1998, hubatswe iri shuri ribanza.

Hubatswe  ibyumba bine bizigwamo n’abana 120 biga kuva muwa mbere kugeza muwa gatatu, nyuma ngo hazubakwa n’ibindi.

Umuturage wavuze mu izina rya bagenzi be ba hano Gikobwa yavuze ko bishimiye ko abana batazongera gukora urugendo rurerure bajya ku ishuri ngo byatumaga hari benshi bava mu ishuri.

Ati “Abana bacu bakoraga ibirometero birindwi n’igice bajya kwiga bakongera bakabikora banagaruka bigatuma babyimba ibirenge abandi ishuri bakarivamo. Ubu bazajya bigira hafi. Mwakoze kuduha iri shuri.”

Manzi Theogene Umuyobozi w’Akarere wungurije ushinzwe ubukungu muri Gatsibo yavuze ko hari abana bamwe barumwaga n’inzoka ziba aho bacaga bajya kwiga bityo ngo kwiga hafi y’iwabo bizabarinda n’ibi byago.

Manzi yasabye ko hakubakwa n’andi mashuri nibura hakaba amashuri 12 y’uburezi bw’ibanze (12YBE) abahatuye bakoroherwa no kwiga, abarimu nabo bakubakirwa amacumbi.

Belise Kariza ukuriye ishami ry’ubukerarugendo muri RDB yabaseranyije ubufatanye mu  kubaka ibikorwa remezo bikenewe kugira ngo bakomeze kumva akamaro ko kugira Pariki mu duce batuyemo.

Akaliza avuga ko mu minsi iri imbere iri shuri rizanahabwa amatara akoresha imirasire y’izuba kugira ngo bifashe iri shuri no kuba hari imirimo ryakorerwaho bwije.

Sam Mulindwa Umunyabanga Uhoraho muri MINEDUC nawe yabwiye aba baturage ko RDB na MINEDUC bizafatanya bigakomeza kubaka andi mashuri aho akenewe muri Gatsibo.

Umudugudu wa Gikobwa utuwe n’abantu 624 bari mu ngo 114.

Balise Kariza umuyobozi wungirije wa RDB ushinzwe ubukerarugendo n'abo baturukanye muri RDB bageze ku ishuri ryatashywe
Balise Kariza umuyobozi wungirije wa RDB ushinzwe ubukerarugendo n’abo baturukanye muri RDB bageze ku ishuri ryatashywe
Umunyamabanga Uhororaho muri Minisiteri y'Uburezi, Mulindwa Samuel, Belise Kariza wo muri RDB na Visi-Mayor ushinzwe ubukungu muri Gatsibo,  Manzi Theogene basura ishuri ry'Akagera Primary School
Umunyamabanga Uhororaho muri Minisiteri y’Uburezi, Mulindwa Samuel, Belise Kariza wo muri RDB na Visi-Mayor ushinzwe ubukungu muri Gatsibo, Manzi Theogene basura ishuri ry’Akagera Primary School
Abana biga hano bibasaba kurira uwo musozi bajya kwiga ku ishuri rya GS Minini riri ku ntera ya km 7,5
Abana biga hano bibasaba kurira uwo musozi bajya kwiga ku ishuri rya GS Minini riri ku ntera ya km 7,5
Belise Kariza yijeje ubufatanye bwa RDB kugira ngo ishuri rikomeze kwaguka
Belise Kariza yijeje ubufatanye bwa RDB kugira ngo ishuri rikomeze kwaguka
Belise Kariza tangaga itara rikoreshwa n'imirasire y'izuba ku munyeshuri uhagarariye abandi
Belise Kariza tangaga itara rikoreshwa n’imirasire y’izuba ku munyeshuri uhagarariye abandi
Iri ni rimwe mu matara ane yatanzwe, ariko ngo mu gihe cya vuba hazatangwa amatara 140 ameze nk'iryo
Iri ni rimwe mu matara ane yatanzwe, ariko ngo mu gihe cya vuba hazatangwa amatara 140 ameze nk’iryo
Umuyobozi w'ishuri ry'Akagera Primary School na we yahawe itara
Umuyobozi w’ishuri ry’Akagera Primary School na we yahawe itara
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Uburezi, Mulindwa Samuel
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Mulindwa Samuel
Aba banyeshuri bo ku Akagare Primary School bakinaga agakino kari kwita ku bidukikije
Aba banyeshuri bo ku Akagare Primary School bakinaga agakino kari kwita ku bidukikije
Habayeho ubusabane mu mbyino zo mu Burasirazuba
Habayeho ubusabane mu mbyino zo mu Burasirazuba
Mu busabane abayobozi barabyina imbyino z'i Gatsibo
Mu busabane abayobozi barabyina imbyino z’i Gatsibo
Iri shuri ryubatswe mu mutungo winjijwe na Pariki y'Akagera
Iri shuri ryubatswe mu mutungo winjijwe na Pariki y’Akagera
Mu karere ka Gatsibo
Mu karere ka Gatsibo
Mu kagari ka Munini Umurenge wa Rwimbogo hafi cyane ya Pariki
Mu kagari ka Munini Umurenge wa Rwimbogo hafi cyane ya Pariki

Amafoto@ISHIMWE Innocent/UM– USEKE

Ange HATANGIMANA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish