Digiqole ad

Ab’i Darfur baje kwigira ku Rwanda ubumwe no kwikemurira ibibazo

 Ab’i Darfur baje kwigira ku Rwanda ubumwe no kwikemurira ibibazo

Ifoto rusange y’aba bashyitsi n’abayobozi muri Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda

*Ngo babona u Rwanda ari  ishuri ry’isi ku bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge  

Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda kuri uyu wa mbere yakiriye itsinda ry’abanyaSudan bavuye mu Ntara ya Darfur bavuga ko baje kwigira ku Rwanda kwikemurira ibibazo no kubaka ubumwe n’ubwiyunge kuko ngo ibibazo barimo bijya gusa n’ibyo u Rwanda rwanyuzemo.

Ab'i Darfur bari mu biganiro n'abo muri Komisiyo y'ubumwe n'ubwiyunge
Ab’i Darfur bari mu biganiro n’abo muri Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge

Intara ya Darfur imaze imyaka irimo ibibazo bikomeye by’ubwicanyi n’amakimbirane bishingiye ku moko, ndetse hari abemeza ko naho habaye Jenoside.

Ibrahim Adam Ibrahim umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe kunga ubumwe mu Ntara ya Darfur muri Sudan ati “u Rwanda rwashoboye kuba ishuri ry’isi mu kunga abaturage no kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.

Twaje kugira ngo twigire ku banyarwanda amasomo yadufasha natwe mu bibazo byacu bisa nibyo u Rwanda rwanyuzemo.”

Nyuma y’ibiganiro bagiranye n’abo muri Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge  Ibrahim Adam avuga ko bahawe ibitekerezo bikomeye bashobora gushingiraho bagarura ubumwe iwabo muri Darfur.

Fidel Ndayisaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge avuga ko amahanga akurikirana ibibera mu Rwanda akabona intambwe ikomeye yatewe akagera aho ahaguruka akaza kurwigiraho.

Ndayisaba avuga ko ari byiza kuba ibyabaye mu Rwanda n’impinduka nziza zabikurikiye abantu babivanamo isomo kandi bakaza no kuryiga kubera ikizere baha u Rwanda.

Aba banyaSudan baje ari 23 bavuye muri Komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge muri Sudan, barimo n’intumwa za Minisiteri y’ubutabera  muri Sudan.

Urugendo-shuri rwabo mu Rwanda rurakomereza ahandi hanyuranye mu Rwanda cyane mu rwego rw’ubutabera.

Fideli Ndayisaba avuga ko kuza kwigira ku Rwanda ari uko hari icyo rufite cyo kubigisha
Fideli Ndayisaba avuga ko kuza kwigira ku Rwanda ari uko hari icyo rufite cyo kubigisha
Bahaye impano komisiyo y'Ubumwe n'ubwiyunge yo mu Rwanda.
Bahaye impano komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge yo mu Rwanda.
Fideli Ndayisaba nawe abaha impano y'ibitabo bikubiyemo gahunda z'ubumwe n'ubwiyunge n'inzira zo kwikemurira ibibazo u Rwanda runyuramo
Fideli Ndayisaba nawe abaha impano y’ibitabo bikubiyemo gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge n’inzira zo kwikemurira ibibazo u Rwanda runyuramo
Ifoto rusange y'aba bashyitsi n'abayobozi muri Komisiyo y'ubumwe n'ubwiyunge mu Rwanda
Ifoto rusange y’aba bashyitsi n’abayobozi muri Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda

Callixte NDUWAYO
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • Bwana Ndayisaba anabasobanurire ukuntu abanyarwanda ubwabo bikemuriye ibibazo.

  • Buriya bariya banya Darfour baherekeje Ndayisaba iwabo ku ivuko, bakabona ukuntu abaturage bamwe bamubona bakihinda, abandi bakamusuhuza bacaho ngo atagira ibyo ababaza bijyanye n’ibyo bazi ku byabaye muri 1994, ni bwo bamenya ubwiyunge nyakuri abigisha uko buhagaze hamwe na hamwe mu gihugu. Abantu bagerageza gutanga ibirenze ibyo bafite cyakora jye ndabubaha, ntako baba batagize. Na Ndayisaba arimo.

  • Xyangwa baje kwifotoza!

Comments are closed.

en_USEnglish