Digiqole ad

Abasirikare bavuye abana 1700 ku buntu mu minsi 5 ishize

Intego abasirikare bavura mu bitaro bya Gisirikare by’u Rwanda i Kanombe, yari iyo kuvura abana 1500 ahatandukanye mu gihugu uhereye tariki 05 kugeza kuya 10 Kanama 2013 mu gikorwa cya Army week, Maj Dr Kayondo King yabwiye Umuseke ko kugeza none kuwa 09 bamaze kuvura abagera ku 1700.

Lt Col Karangwa yita ku mwana urwaye amaso

Lt Col Karangwa yita ku mwana urwaye amaso

Maj Dr Kayondo ati “ twishimiye ko twarengeje umubare w’abana twifuzaga kuvura kandi turacyafite umunsi w’ejo, twanyuze ahatandukanye mu gihugu tuvura abana amaso, indwara z’uruhu, tubasuzuma indwara tukabandkira imiti n’ibindi.”

Uyu munsi abana bo mu kagali ka Gihara, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi nibo bari batahiwe, havuwe hanasuzumwa abana barenga 80 n’abasirikare b’abaganga bavura mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda by’i Kanombe.

Mukamana Judith wazanye umwana kumuvuza indwara atari azi, avuga ko umwana we yari ashobora kuba yari afite ikibazo mu nda, uyu mwana ngo yasuzumwe ndetse yandikirwa imiti banamwemerera kuzakomeza kumukurikirana natoroherwa.

Aba basirikare bari kuvura abana ku buntu, abana bafatiwe ubwisungane mu kwivuza.

Maj Dr Kayondo usanzwe ari muganga w’indwara z’abana ku bitaro bya gisirikare by’u Rwanda i Kanombe yavuze ko bashimishijwe no kubona abaturage bose babagana bazaga bafite ubwisungane mu kwivuza. Avuga ko bashishikarije n’abandi bose kwitabira gahunda yo kugira ubwisungane mu kwivuza.

Yazanye umwuzukuru we kumuvuza amaso

Yazanye umwuzukuru we kumuvuza amaso

Iki gikorwa gikorwa ku bufatanye na Korean Foundation for International Healthcare (KOFIH), kishimiwe cyane na David Sie umunyamabanga mukuru wa KOFIH wavuze ko bari baje kureba ibikorwa batera inkunga niba bikorwa neza.

David ati “birashimishije cyane ibyo nabonye, abasirikare b’u Rwanda baritanga, umusirikare aricara akamara amasaha atandatu adahagurutse avura abana b’igihugu cye. Nka KOFIH twabyishimiye cyane, twishimiye gufasha ibikorwa nk’ibi”

Iki gikorwa cyo kuvura abana kizakomeza ku munsi w’ejo kuwa 10 ari nabwo kizasozwa. Aba basirikare bakaba barageze nibura muri buri Ntara bavura abana ku buntu.

Bari bazanye abana ari benshi

Bari bazanye abana ari benshi

_DSC0115

Abana bari bazanywe kuvurwa ari benshi

_DSC0149

Afande Kayisire arasuzuma umwana amaso

_DSC0490

Baje ku Kamonyi kwita ku bana

_DSC0171

Abana nabo baje ari benshi kuvurwa indwara zitandukanye z’abana

_DSC0180

Ategerejwe kuvurwa ijisho

_DSC0416

Maj Dr Kayondo abiwra David wa KOFIH ibyo bamaze gukora muri iyi minsi itanu ishize

_DSC0466

Yavuze ko bishimishije cyane kubona umusirikare w’umu ofisiye wo hejuru yicara amasaha menshi yita ku bana b’igihugu cye

_DSC0502

Mukamana avuga ko abasirikare ari abo gushimirwa kubyo bari kubakorera

 

Photos/DS Rubangura

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish