Digiqole ad

Abari mu gitaramo cy’imideli ‘ Kigali Fashion Week 2017’ bashimye uko cyari giteguye

 Abari mu gitaramo cy’imideli ‘ Kigali Fashion Week 2017’ bashimye uko cyari giteguye

Kwambara neza kandi bigendana no kwirimbisha

Abenshi mu bitabiriye igitaramo  cyo kumurika imideli cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, abahanzi b’imideli  15 baturutse mu bihugu 15 bamuritse imideli mu myambaro itandukanye mu gitaramo cyiswe “Kigali Fashion Week 2017” cyabereye i Kigali ku  nshuro ya karindwi. Abakitabiriye bashimye uko cyagenze muri rusange.

Byari ibirori byitabiriwe n’ababantu batandukanye

Kitabiriwe n’abamurika imideli 60 baturutse mu bihugu bitandukanye ariko biganjemo Abanyarwanda.

Abamuritse imideli bose bazengurutse ku rutambukiro mu myambaro itandukanye biyereka abari aho.

Umuhanzikazi w’umunyarwanda Weya Viatora yacishagamo agasusurutsa abari baje kureba aho iterambere mu mideli rigeze.

Ni ibirori byatangiye ahagana saa mbili z’ijoro. Mbere y’uko kumurika imideli nyirizina bitangira habanjee kubaho umwanya w’abifuzaga gufata amafoto y’urwibutso.

Umuhanzi w’imideli Noble Nziza w’imyaka 18 niwe wabimburiye abandi , akaba yerekanye imyambaro ibiri iri mu bwoko bwa ‘’Haute Couture’’.

Nyuma ye hakurikiyeho abandi bahanga imideli barimo Tanga Designs , Fathia, Christa Bella, Hakym Reagan , Lupita Collection, Patrick Inkanda, Cynthia Rupari, Delphine n’abandi.

Celine Nakure niwe wasigaga ibirungo ‘’ Makeup’’ abamuritse imideli muri iki gitaramo.

Aganira n’Umuseke yavuze ko ari akazi katoroshye ariko nanone agashima abateguye  ‘Kigali Fashion Week ku cyiizere bamugiriye, akabona uburyo bwo kuza kwerekana ubuhanga bwe.

Ati: “ Kuva umwaka ushize nibwo natangiye gukorana n’abategura  Kigali Fashion Week. Ndizera ko wenda bashimye akazi nabakoreye akaba ariyo mpamvu n’uyu mwaka nongeye gukorana nabo.’’

Avuga ko gukorana n’aba bamurikamideli hari byinshi yungukiyemo.

Ngo bizatuma akomeza  kunoza ibyo akora , ku rundi ruhande kandi ngo yizeye ko bizamufasha kubaka izina bityo n’abamugana bakiyongera.

Umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo  witwa Belinda Umutoni  wari witabiriye iki gitaramo yavuze ko yishimiye uko cyari giteguye , agahamya ko mu myaka irindwi ishize hari byinshi byasobanutse , akemeza ko n’imyimvure y’Abanyarwanda ku byerekeye imideli igenda izamuka.

Ati ‘’ Ntekereza ko imyaka irindwi ari myinshi nk’ubu iyo witegereje neza usanga Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibitaramo bimurikirwamo imideli ,ku ruhande rwanjye mbona Kigali Fashion Week ari iyo gushimirwa’’

Jacqueline Umurerwa Happy ni umunyarwandakazi umurika imideli mu rwego mpuzamahanga nawe yashimye uko iki gitaramo cyari giteguye, asaba ko buri mwaka hajya hahangwa utundi dushya.

Cynthia Rupari uri mu bakora imideli bakomeye mu Rwanda ntiyari ari muri kiriya gitaramo kubera akazi arimo mu Bufaransa.

Makeda niwe wasangizaga amagambo muri kiriya gitaramo
Iyi ni imideli yahanzwe na Noble; Jay Rwanda na Hawa nibo babamurikiye imideli
Abasore baturutse mu bihugu by’Africa batandukanye bamuritse imideli ikorerwa muri Africa

 

Jay Rwanda yaje yikoreye Hawa
Jay Rwanda ni umwe mu bamurika imideli bazwi cyane mu Rwanda
Noble uhanga imideli
Uyu yari yambaye agasamamagara karengejeho collant
Mu ntambuko y’abamurikamideli
Mary nawe yari muba muritse imideli kuri uyu wa Gatandatu
Bamaze kwerekana imideli yabo baje kwifotoza basezera ku bari aho
Amedy wakoze imideli uba muri Canada
Mu ikote isa na Zebra
Nawe yaje kwiyereka
Kwambara imideli ntibisaba kwambara ibintu bihenze cyane. Bisaba kuberwa
Kwambara neza kandi bigendana no kwirimbisha
Abenshi bari bambaye Made in Rwanda Brand
Abakobwa bari baberewe mu myambaro ikorerwa mu Rwanda
Ngo no kwerekana ibigango bishobora kuba umudeli
Mu ikabutura imurekuye atambuka yiyereka
Amakanzu maremare ahesheje uyambaye icyubahiro
Minisiteri ushinzwe kurwanya ibiza no gucyura impunzi Seraphine Mukantabana na Saber Azam uyobora UNHCR bari mu bitabiriye iki gitaramo
Abanyamahanga bari benshi baje kureba imurikamideli
Umunyamakuru Sandrine Isheja nawe yari yaje kwirebera aho imideli igeze mu Rwanda

Photos@ Evode MUGUNGA/Umuseke

Robert KAYIHURA

UM– USEKE.RW

1 Comment

  • It was an amazing show
    People are getting to know more about the fashion industry which need to grow here in our country am so proud it was amazing.

Comments are closed.

en_USEnglish