Digiqole ad

Abana 67 bavutse nyuma ya Jenoside, ubu bahujwe n’imikino basuye Urwibutso rwa Kigali

Tariki 09 Mata, Fabrice Ndayisaba we n’abana bagera kuri 67 bakiri bato bahuriye muri Ndayisaba Fabrice Foundation, bagiye ku rwibutso rwa Kigali mu gikorwa cyo kwibuka no kugirango aba bana bamenye amateka ya Jenoside yiciwemo abana benshi bari mu kigero cyabo.

Aba bana ubwo bari ku rwibutso bitegura gushyira indabo ahashyinguye imibiri
Aba bana ubwo bari ku rwibutso bitegura gushyira indabo ahashyinguye imibiri

Aba bana 67 uko bahagurukanye 98% byabo bavutse nyuma ya Jenoside, gahunda yabo yo kwibuka uyu munsi yatangijwe n’urugendo rugamije kwibuka abana b’ikigero cyabo bishwe muri Jenoside, batangiriye ku Kinamba berekeza ku Rwibutso ruri ku Gisozi.

Bagezeyo, beretswe banasibanurirwa amateka mabi n’ubwicanyi bw’indengakamere bwanakorewe abana bangana nabo.

Nicole Gasaro umwe muri aba bana ubu ufite imyaka 12, yavuze ko ibintu babonye bikomeye kandi bumva bidakwiye kuzongera kubaho mu Rwanda

Ati “ibyabaye mu ku babyeyi no ku bana bagenzi bacu twabyiboneye, nidukura tuzaharanira ko bitazongera.”

Fabrice Ndayisaba uyobora aba bana yavuze ko yagize igitekerezo cyo kuzana aba bana ngo baze kureba amateka y’igihugu cyabo bahavane amasomo bazifashisha ari bakuru.

Fabrice ati “nyuma yo kubona ibi, nk’abana twari tutaranavuka muri Jenoside turihanganisha ababyeyi babuze abana babo muri iki guhe bari kubibuka.”

Ndayisaba Fabrice Foundation ni umuryango washinzwe n’uyu muhungu w’imyaka 14 mu myaka itanu ishize, iyi ni inshuro ya kane bibuka Jenoside.

Fabrice nyuma yo kuba inshuti na Samuel Eto’o Fils umukinnyi w’umunya Cameroun, yatekereje gutangiza umuryango wo gufasha abana mu gihe cy’ibiruhuko bakina umupira w’amaguru banazamura impano zabo. Ubu ntibakiri mu mupira w’amaguru gusa.

Foundation yo se ubu igizwe n’abana 150 mu gihe cy’amasomo babonana muri Week end bakina Football, Volleyball, Basketball,Athletisme  ndetse n’ababyina iby’umuco gakondo.

Biganjemo abana batuye mu bice by’Akarere ka Kicukiro, bahurira ku bibuga bya IPRC-Kigali ku Kicukiro bagakina iyo mikino bakaganira ku buzima, bakanatekereza gukora igikorwa nk’iki.

IMG_0113
Aba bana ubwo biteguraga guhaguruka ku Kicukiro aho basanzwe bakinira
IMG_0115
Igitambaro kiriho ubutumwa bwabo
IMG_0145
Aha bari bagiye guhaguruka muri IPRC-Kigali ( yahozeETO-Kicukiro), bari bategereje bagenzi babo
IMG_0235
Bageze ku rwibutso rwa Kigali ku Gisozi
IMG_0249
Bariho babwirwa ko aha hashyinguye abantu basaga 250 000 bishwe mui Jenoside
IMG_0260
Fabrice Ndayisaba uyoboye aba bana bafashe umunota wo kwibuka
IMG_0278
Umunota wo kwibuka kuri bo ni umwanya wo gutekereza imbere hano hazi Jenoside
IMG_0273
Fabrice Ndayisaba ku myaka 19, niwe uyobora aba bana bagenzi be

ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish