Digiqole ad

Abamotari babangamiwe no kuva i Gicumbi baza i Kigali gusaba ibyangombwa

 Abamotari babangamiwe no kuva i Gicumbi baza i Kigali gusaba ibyangombwa

Abamotari mu nzu mberabyombi y’akarere yabereyemo iyi nama

Abamotari b’ahanyuranye mu gihugu bose baza gusaba ‘authorization’ yo gukora uyu murimo i Kigali kuri RURA, ab’i Rubavu, Rusizi na Huye babwiye Umuseke iby’iki kibazo. Ab’i Gicumbi nabo bakigejeje kuri Guverineri n’abandi bayobozi mu nama baheruka gukorana.

Abamotari mu nzu mberabyombi y'akarere yabereyemo iyi nama
Abamotari mu nzu mberabyombi y’akarere yabereyemo iyi nama

Bavuga ko bibagora cyane kuba iyi service itabegerezwa. Bafata umunsi bakaza i Kigali gusaba iki cyangombwa mu gihe bumva ko gikwiriye gutangirwa hafi yabo.

Jean Baptiste Ndushabandi umwe muri aba bamotari avuga ko usibye iki cyangombwa banabwiye ubuyobozi ikibazo cyo gusoreshwa kenshi Parking.

Ikibazo cyo kwaka ibyangombwa i Kigali kuri aba bamotari ariko usanga abayobozi bose bakizi ndetse na Guverineri ababwira ko bakora ubuvugizi ngo RURA imanure izo servisi zibegere.

Iki kibazo kandi cyageze no mu Nteko Ishinga Amategeko.

CP Bertin Mutezintare uyobora Police mu Ntara y’Amajyaruguru yabwiye abamotari ko ikibazo cyo gusaba ibyangombwa i Kigali ku bamotari kizakomeza gukorwaho ubuvugizi kandi kizakemuka bidatinze.

Jean Claude Musabyimana Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru ati “Ikibazo cya Autorisation turakomeza kukiganiraho n’ubuyobozi bwa RURA kugira ngo boroshye uburyo ibyangombwa bibageraho, wenda hagashyirwaho n’iminsi bajya bamanuka mu turere baje gutanga ibyangombwa  mutagombye gukora ingendo.”

Mu nama yarimo n'abayobozi b'inzego zishinzwe umutekano
Mu nama yarimo n’abayobozi b’inzego zishinzwe umutekano

Evence NGIRABATWARE
UM– USEKE.RW/Gicumbi

en_USEnglish