Digiqole ad

Abakinnyi 10 bakomeye utazabona mu gikombe cy’Isi

Hasigaye iminsi micye ngo igikombe cy’Isi muri Brasil gitangire, abantu biteguye kubona abakinnyi bakomeye muri Brasil ariko hari bamwe mu bakomeye batazagaragara yo kuko ntako batagize ngo amakipe yabo y’ibihuugu abone tike ariko bikanga, aba ni 10 muri bo.

Aubameyang umwe mu bakinnyi Africa yifuzaga kubona mu gikombe cy'Isi
Aubameyang umwe mu bakinnyi Africa yifuzaga kubona mu gikombe cy’Isi

1. Petr Cech (Chelsea na Czech Republic): Ku myaka 31 akaba aharuka kwitabira igikombe cy’isi cya  2006, ubu ntazagaragara.

2. David Alaba (Bayern Munich na  Austriche): Uyu nawe ikipe ye ntizagaragara nayo mu mikino ya nyuma muri Brazil  2014.

3.Branislav Ivanovic (Chelsea na Serbia): Myugariro wa Chelsea ikipe ye ikaba yarasezerewe na Croatia.

Myugariro Ivanovic ntituzamubona
myugariro Ivanovic ntituzamubona

4. Daniel Agger (Liverpool na Denmark): uyu mukinnyi wa Denmark umukina inyuma  nta mahirwe yo kujya mu gikombe cy’isi yabonye kuko Danemark yaviriyemo mu majonjora ya nyuma.

5. Marek Hamsik (Napoli na Slovakia): Rutahizamu wa Napoli umutoza  Rafa Benitez avukaga ko  Hamsik afite tekinike nyinshi zubwenge kurusha  Steven Gerrard, gusa uyu mukinnyi wo hagati wa  Slovakia ntazagaragara  muri Brazil.

6. Henrikh Mkhitaryan (Borussia Dortmund na Armenia): rutahizamu wa Dortumund we nta na  nta narimwe igihugu cye cyari cyajya  mu mikino yanyu y’igikombe  cy’isi gusa kaba yitwara neza muri Champions League.

7. Gareth Bale (Wales na Real Madrid): kimwe na Ryan Giggs wa Manchester United, nawe ntazabasha kujya mu gikombe cy’isi n’igihugu cye cya Pays des Galles.

Kimwe na Gareth Bale
Kimwe na Gareth Bale

8. Robert Lewandowksi (Borussia Dortmund na Polagne): nyuma yo kwitwara neza muri  Bundesliga kaba rutahizamu wa mbere  nawe akaba atarabashize  kujya mu gikombe  ikipe y’igihugu cye mu majonjora yakinnye  imikino icyenda atsindamo ibitego  12  ariko ntibyabujije ko basezererwa n’Ubwongereza  mutsinda barimo.

9. Zlatan Ibrahimovic (Paris Saint-German na Swede ): kapitane wa Swede  akaba nawe atarabashije kujya mugikombe cy’isi barasezerewe na Portugal ya Cristiano Ronaldo mu majonjora yanyuma..

10. Pierre-Emerick Aubameyang (Borussia Dortmund na Gabon): Rutahizamu ukomoka muri Gabon nawe akaba nacyo yabashije gukorera ikipe ye y’igihugu akazajya muri Brasil nk’indorerezi cyangwa akarebera kuri televiziyo nk’abandi.

na rutahizamu Ibrahimovich nabo ntibazaba bariyo
na rutahizamu Ibrahimovich nabo ntibazaba bariyo
Umuzamu Petr Cech
Umuzamu Petr Cech
Robert Lewandowski  wakanze ba Messi na Ronaldo muri Champions League
Robert Lewandowski wakanze ba Messi na Ronaldo muri Champions League

Fils MUTABAZI
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • None ko muvuga abakinnyi bakomeye batazaba bari mu gikombe cy’isi mukibagirwa KAGERE MEDDY na Miggy?

Comments are closed.

en_USEnglish