Digiqole ad

Abahize abandi mu gukora umuganda mu gihugu barabihemberwa

Ku muganda wo kuri uyu wa gatandatu, harahemwa ibikorwa by’indashyikirwa byakozwe n’abaturage ubwabo mu miganda bakoze buri wa gatandatu wanyuma w’ukwezi mu mwaka wa 2010/2011.

Inyubako zimwe na zimwe zubatswe n'abaturage ubwabo
Inyubako zimwe na zimwe zubatswe n'abaturage ubwabo

Aya marushanwa y’umuganda yashyizweho mu gihugu kugirango abantu barusheho gukunda no kwitabira ibikorwa by’umuganda bitekerereza ku bikorwa bibafitiye akamaro kandi bakabyikorera ubwabo mu muganda.

Amarushanwa akaba yarakozwe ku buryo bukurikira; buri Kagari mu Rwanda katanze igikorwa cyiza kagezeho mu muganda maze iki kigahatana n’ibindi ku Murenge, ku Murenge naho bagatanga igikorwa gihatana n’ibindi ku rwego rw’Akarere bityo bityo.

Kugeza ku rwego rw’igihugu aho bahisemo ibikorwa bitatu byiza kurusha ibi, ari nabyo biri buhembwe ku muganda wo kuri uyu wa gatandatu ku rwego rw’igihugu.

Ibikorwa byabaye bitatu byambere ni; 1. Urugomero rw’amashanyarazi rwubatswe n’abaturage mu Murenge wa Kavumu, Akarere ka Ngororero. Aha ni naho imihango yo gutanga ibihembo ku rwego rw’igihugu iri bubere kuri uyu wa gatandatu.

2. Ni ubuhinzi bw’Inanasi kuri Hectare 6 bwakozwe n’abaturage mu murenge wa Musange akarere ka Nyamagabe. naho igikorwa cyiza cya 3 ni aho abaturage bubatse amazu 36 y’abahejejwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Manyagiro Akarere ka Gicumbi.

Buri karere kandi kazatanga ibihembo ku bikorwa by’umuganda  byabaye indashyikirwa muri ako karere, ibihembo bitangirwe mu Murenge urimo icyo gikorwa.

ibumoso Umuyobozi w'Umurenge wa Kavumu muri Ngororero yakira igihembo
ibumoso Umuyobozi w'Umurenge wa Kavumu muri Ngororero yakira igihembo/Photo Newtimes

Dore ibikorwa umuganda wakoze byabaye intangarugero mu gihugu biri buhembwe;

I. Umujyi wa Kigali

Akarere Igikorwa ku rwego rw’Akarere Ku rwego rw’Intara/ Umujyi wa kigali Ku rwego rw’Igihugu Ibihembo
NyarugengeUmurenge wa Kanyinya Kubaka amazu 54 y’abatishoboye bakuwe muri nyakatsiAgaciro : 243,000,000 frw,

umuganda: 163,800,000 frw

Igikorwa cya mbere Certificate + 300,000 frw igikombe
Kicukiro Umurenge wa Nyarugunga Kubaka ibyumba by’amashuri 24 ya 9YBEAgaciro :247,548,000 frw,

umuganda: 15,500,000 frw

Igikorwa cya Kabiri Certificate + 250,000 frw
Gasabo Gatsata-Nyamabuye-Runyonza Kubaka UrutindoAgaciro : 22,000,000 frw,

umuganda: 2,500,000 frw

Igikorwa cya gatatu Certificate + 200,000 frw

 II. Intara y’Uburasirazuba

Akarere Igikorwa ku rwego rw’Akarere Ku rwego rw’Intara/ Umujyi wa kigali Ku rwego rw’Igihugu Ibihembo
KireheUmurenge wa Kirehe, Akagari ka  Rwesero Hubatswe Inyubako y’ibiro by’Akagari ka Rwesero mu Murenge wa Kirehe.Agaciro : 11.000.000 frw Igikorwa cya mbere Certificate + 300,000 frw igikombe
KayonzaUmurenge wa Kabarondo Hubatswe inyubako y’ibiro by’Umurenge SACCO mu Murenge wa Kabarondo. Agaciro : 16.0000.000 frwUmuganda: 5.000.000 frw Igikorwa cya kabiri Certificate + 250,000 frw
NyagatareUmurenge wa Gatunda, Akagari ka  Nyamikamba, Umudugudu Kibuye Hubatswe umuyoboro w’amazi wa 1.5km ubu uvomwaho n’imiryango 138.Agaciro : 1.200.000 frw Igikorwa cya gatatu Certificate + 200,000 frw

III. Intara y’Amajyaruguru

Akarere Igikorwa ku rwego rw’Akarere Ku rwego rw’Intara/ Umujyi wa kigali Ku rwego rw’Igihugu Ibihembo
GicumbiUmurenge wa Manyagiro, Akagari ka Ryaruyumba  Abaturage bubatse amazu 36 y’abahejwe inyuma n’amatekaAgaciro : 64.750.000 frw

 

Igikorwa cya mbere 

 

Icya Gatatu Certificate + 750,000 frw igikombe
RulindoUmurenge wa Rukozo, Akagari ka Mbuye Abaturage bizaniye AmashanyaraziAgaciro : 5.758.996 frw Igikorwa cya kabiri  Certificate + 250,000 frw
BureraUmurenge wa Gitovu, Akagari ka Maliba Abaturage biyubakiye Poste de SanteAgaciro : 24.450.000 frw

 

Igikorwa cya gatatu  Certificate + 200,000 frw

III. Intara y’Amajyepfo

Akarere Igikorwa ku rwego rw’Akarere Ku rwego rw’Intara/ Umujyi wa kigali Ku rwego rw’Igihugu Ibihembo
NyamagabeUmurenge wa Musange, Akagali ka Jenda Ubuhinzi bw’inanasi kuri Ha 6Agaciro : 24,000,000 frw Igikorwa cya mbere  Icya Kabiri Certificate + 1,000,000 frw igikombe
GisagaraUmurenge wa Kibirizi mu Kagali ka Ruturo Inyubako y’ivuriro ryubatswe n’abaturageAgaciro : 82,550,000 frw Igikorwa cya kabiri Certificate + 250,000 frw
NyanzaUmurenge wa Kibirizi Inyubako y’ibiro by’Akagali ka CyeruAgaciro : 8,555,000 frw Igikorwa cya gatatu Certificate + 200,000 frw

IV. Intara y’Uburengerazuba

Akarere Igikorwa ku rwego rw’Akarere Ku rwego rw’Intara/ Umujyi wa kigali Ku rwego rw’Igihugu Ibihembo
NgororeroUmurenge wa Kavumu Urugomero rw’amashanyaraziAgaciro : 18,142,000 frw

 

Igikorwa cya mbere Icya Mbere Certificate + 1,500,000 frw, igikombe
RutsiroUmurenge wa Boneza Kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994Agaciro : 15,000,000 frw Igikorwa cya Kabiri Certificate + 250,000 frw
RusiziUmurenge wa Bugarama Kuzana amashanyarazimu Kagari

Agaciro : 15,382,050 frw

Igikorwa cya gatatu Certificate + 200,000 frw

 


Ubwanditsi
UM– USEKE.COM 

11 Comments

  • None se ubu umuganda uhindutse amarushanwa! Iyi approach ntabwo ariyo, hamwe abatagiye mu muganda bacibwa amande, abandi bagahura n’akaga gakomeye iyo bagiye kwaka ibyangombwa! Abafite umuganda munshingano zabo nibabwire abaturage umuganda bawugira uwabo, bawukore bashishikaye bubaka igihugu cyabo! Ibyo by’indashikirwa biharirwe imihigo! Mukinyarwanda muzi icyo bita umuganda?

    • competion mu bikorwa ibyo aribyo byose bituma bigenda neza kurushaho.no kurushanwa mu gukora umuganda nabyo bizatuma habaho akarusho

  • Nta muganda nzakora nta n’amafaranga nzabitangira rwose.

    Umuganda ni ku bushake, iyo bibaye itegeko byitwa uburetwa

  • Shanwani wikwibwira urtyo kuko niwowe bifitiye umumaro,none se nimbere yiwawe uzatuma batahakora ngo nuko wanze umuganda?ariko ni proprete kandi igufitiye agaciro.erega na bible iravuga ngo “namwe bagaragu mugandukire bashobuja nkuko na kristo agandukira Imana Data wa twese.”

    • Imbere y’iwanjye nta muganda hakeneye ndahikorera nta n’uwo nsaba kumfasha. Ubusitani bwanjye ni uko kimwe n’ibinshi bindeba. Sinanga umuganda rero, ahubwo nanga ibyo bawukoresha n’ibyo bawuvugisha. Iyo mfite ibikorwa ntishoboza, inshuti n’abavandimwe barabimfasha, nabo byagera igihe nkaboneka nkabafasha nk’uko mu muco wacu bisanzwe. Aliko iyo leta ibyivanzemo jye mbivamo, kuko leta siyo ishinzwe kunyigisha umubano n’abandi. Sinzakora umuganda rero sinzanawutangaho amafaranga.That’s it!

      • nshuti, uzawukora uhigima, uhekenya amenyo, ariko uzawukora tu, niwanga uzafungwa uzira kubangamira ibikorwa bya leta, kwangisha abaturage leta, , ufungwe nka 5 ans, ujye ukora TIG iminsi yose!!!!
        i like my country

  • ibyo urwanda rukesha umuco warwo mu iterambere ni byinshi kandi byiza;imihigo muri byose nayo izatugeza aho dushaka kugana,kimwe no mibindi rero imihigo mu muganda uzatuma habaho kwunoza bitume wongera umusaruro kuwari usanzwe.

  • Umuganda se ko ukorwa kugirango tugere k’umajyambere twiyubakira imihanda,aamashuri,amavuriro n’ibindi tutagombye kwishyura amafaranga ibyibihembo byo bijemo bite kandi ko batangiye kutuvangira

  • ok c’ect bien nibyiza aliko abo mumugi ntacyo bakora kabisa gasabo yo imihanda ya kibagabaga wagirango nta mihigo bagira abanyamugi bakwiye kwisubiraho twasabaga umugi wa kigali ngo wibuke imihanda yo murigasabo kuko imvura iradusenyere kandi turiha imisoro nkabandi.

  • Na gisozi imihanda wakabyara we imvura iragwa ukabura uko utaha,rwose Mayer wu umujyi adutabare.

  • Dufatanye kurwubaka but imihanda y’i GIKONDO nka SEJEMU werekeza ETER cg KARUGIRA ku muhanda wo munsi y’amakara iyo imvura yaguye tugenda twoga mu byondo.Rwose nkabitsamuye muze mufatanye naho ubundi abana bacu baraheramo tutiyibagije amamodoka aharara atabiteguye.

Comments are closed.

en_USEnglish