Digiqole ad

Abahatanaga muri MissRwanda2017 basuye abagore mu bitaro bya Muhima

 Abahatanaga muri MissRwanda2017 basuye abagore mu bitaro bya Muhima

Aba bakobwa basuye umubyeyi wabyaye abana batatu icya rimwe baramushima banishimira abana

Ni igikorwa cyashimwe cyane n’abo basuye barwariye mu bitaro by’abagore byo ku Muhima mu mujyi wa Kigali. Abakobwa 14 (uvanyemo umwe ubu urwaye) bahataniraga kuba Miss Rwanda 2017 bazaniye ubufasha bunyuranye abarwariye hano, ngo banifatanye kwizihiza umunsi w’abagore.

Aba bakobwa ubwo bari bageze ku bitaro bya Muhima bateruye bimwe mu byo bazaniye abarwayi baje gusura
Aba bakobwa ubwo bari bageze ku bitaro bya Muhima bateruye bimwe mu byo bazaniye abarwayi baje gusura

Aba bakobwa bazanye ibikoresho binyuranye birimo imyambaro, ibikoresho by’isuku, ibiribwa, ibinyobwa n’ibindi.

Bagendaga basura abari mu byumba binyuranye bigize ibi bitaro.

Basuye umubyeyi wabyaye impanga ebyiri ariko utishoboye bamugenera ubufasha, basura kandi umubyeyi uherutse kubyara abana batatu icya rimwe nawe bamuha ubufasha n’abandi barwariye aha banyuranye.

Nyuma bakiriwe mu cyumba mberabyombi cy’ibitaro bagirana ibiganiro n’umuyobozi w’ibi bitaro Dr Ntwari Ndizeye, abaha ikaze abasobanurira serivisi baha abagana ibi bitaro n’uko abo basuye bamerewe.

Uyu muyobozi yashimye igikorwa cy’aba bakobwa bari bari kumwe kandi na Dieudonne Ishimwe umuyobozi wa Rwanda Inspirational Back Up, kompanyi itegura amarushanwa ya Miss Rwanda.

Linda Umutoniwase wavuze mu izina rya bagenzi be yavuze ko baje kwifatanya n’abarwayi kuri uyu munsi w’abagore. Ati “ntabwo tuwifuriza ababyeyi bacu gusa kuko namwe muri ababyeyi baacu niyo mpamvu turi aha ngo tuganire dusangire umunsi wacu urusheho kugenda neza… tuboneyeho kubifuriza kurwara ubukira, n’umunsi mwiza wihariwe mwe mudahwema kutwereka urukundo nk’abana banyu.”

Iyo bongeye kubonana biyibutsa bya bihe by'irushanwa bagaseka cyane
Iyo bongeye kubonana biyibutsa bya bihe by’irushanwa bagaseka cyane
Aha bari mu biro by'umuyobozi mukuru w'ibitaro bya Muhima
Aha bari mu biro by’umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Muhima
Dr Ntwari aha ikaze aba bashyitsi anabasobanurira imiterere na servisi zo kuri ibi bitaro
Dr Ntwari aha ikaze aba bashyitsi anabasobanurira imiterere na servisi zo kuri ibi bitaro
Miss Rwanda 2017 na Pamela Mutoni wari mu bahabwaga amahirwe
Miss Rwanda 2017 na Pamela Mutoni wari mu bahabwaga amahirwe
Bagiye gusura abarwayi aha barasobanurirwa n'umuforomokazi kubo bagiye gusura
Bagiye gusura abarwayi aha barasobanurirwa n’umuforomokazi kubo bagiye gusura
Hagati mu bitaro, bagendaga basura abanyuranye barwariye hano
Hagati mu bitaro, bagendaga basura abanyuranye barwariye hano
Bamwe mu barwayi bashimye igikorwa aba bakobwa bakoze
Bamwe mu barwayi bashimye igikorwa aba bakobwa bakoze
Aha baganiraga na bamwe mu baganga kuri ibi bitaro bababwira uko abo basuye bamerewe
Aha baganiraga na bamwe mu baganga kuri ibi bitaro bababwira uko abo basuye bamerewe
Miss Popularity, Honorine uzwi cyane nka "Igisabo" afata ifoto n'umwe mu bana yasanze hano
Miss Popularity, Honorine uzwi cyane nka “Igisabo” afata ifoto n’umwe mu bana yasanze hano
Aba bakobwa basuye umubyeyi wabyaye abana batatu icya rimwe baramushima banishimira abana
Aba bakobwa basuye umubyeyi wabyaye abana batatu icya rimwe baramushima banishimira abana
Ngo bashyize hamwe mu gukora ibikorwa byiza
Ngo bashyize hamwe mu gukora ibikorwa byiza
Baganiriye n'abarwayi banyuranye
Baganiriye n’abarwayi banyuranye bababaza uko abana bamerewe
Gusura umurwayi ku bitaro ni ikintu cy'ingirakamaro
Gusura umurwayi ku bitaro ni ikintu cy’ingirakamaro
Batanze ubufasha bw'ibintu bitandukanye, aha bimwe barabihereza ushinzwe 'social' kwa muganga
Batanze ubufasha bw’ibintu bitandukanye, aha bimwe barabihereza ushinzwe ‘social’ kwa muganga

Photos © I.Ishimwe/UM– USEKE

Innnocent ISHIMWE
UM– USEKE.RW

8 Comments

  • Aba bana b’abakobwa bakoze igikorwa cyiza cyane!

  • well done Bakobwa b’u Rwanda. umuco murawukomeje bigaragara ko ibyo mwatubwirag ari ubuzima mwari mubayeho

  • ICYO MBONYE CYO ABA BAKOBWA BOSE BARARUTA UWABAYE MISS UBWIZA NIMITERERE NTAGO ELSA YARAKWIYE NA 8TH RUN UP MURIBO

  • Mukomereze aho Elsa iyatangije umurimo muri woe izanawusoza kdi izagukoresha ibyubutwariii

  • courage,kandi imna ibahe umugisha

  • Imana ibahe umugisha bana b’u Rwanda.ndumva muri jye ikiniga cy’ibyishimo

  • mukomereze aho bakobwa beza!mwagize nubutwari,mwanga kwizihiza umunsi wumutegarugori n’umwari mwenyine.musabana nabandi!imana isubize aho mwakuye.

  • nukuri imana ikomeze ibiteho pe ndishimye cyaneee pe gs imana ikomeze ibafashe pe

Comments are closed.

en_USEnglish