Digiqole ad

Abahanzi bari muri PGGSS IV basuye urwibutso rwa Nyanza-Kicukiro

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 09 Mata, abahanzi umunani n’amatsinda abiri bari guhatana mu irushanwa rya PGGSS ya Kane basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri i Nyanza ya Kicukiro mu mujyi wa Kigali. Aha havugiwe amasengesho magufi yo gusabira abahashyinguye ndetse hatangirwa n’ubutumwa bwo kwamagana Jenoside n’amacakubiri ayiganishaho.

TMC, Senderi na Jay Polly bagiye gushyira indabo ahashyinguye abazize Jenoside
TMC, Senderi na Jay Polly bagiye gushyira indabo ahashyinguye abazize Jenoside

Icyo gikorwa cyatangijwe na Teta Diana mu isengesho ryo gusabira abazize uko baremwe bashyinguwe muri urwo rwibutso, Mu isengesho rye yasabiye abishwe avuga ko batazibagirana kandi ko yizera neza ko bari kumwe n’Imana ubu.

Nemeye Platini (Dream Boys) wari uhagarariye aba bahanzi mu ijambo yagejeje kuri bagenzi be n’abandi bari aho  yavuze ko nk’abahanzi bagomba kugira icyo bakora babinyujije mu mpano zabo kugira ngo ibyabaye ntibizongere ukundi.

Nyuma y’icyo gikorwa cyo gushyira indabo ku rwibutso no kunamira abahashyinguye abahanzi  bazengurukijwe urwibutso berekwa banasobanurirwa iby’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi  aho i Nyanza ya Kicukiro no mu nkengero zaho.

Martine Gatabazi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa bya BRALIRWA, ifatanya na EAP gutegura PGGSS IV, yavuze ko hari uruhare bamwe mu bahanzi b’icyo gihe bagize mu gushishikariza abantu kwica.

Ati “Uyu munsi namwe ndetse n’abatari hano mugomba gukoresha imbaraga n’impano zanyu, mwubaka igihugu cyacu”.

Urwibutso rwa Nyanza rushyinguyemo imibiri isaga 11 000 y’abazize Jenoside, abagera ku 4 000 biciwe aho ndetse n’indi mibiri yagiye iboneka hirya no hino ikaza gushyingurwa aho.

DSC_0883
Teta Diana atambukana indabo zo gushyira ku rwibutso
DSC_0886
Senderi International hit na Teta Diana
DSC_0895
Umuhanzi Christopher Muneza
DSC_0900
Bruce Melodie
DSC_0910
Jean Pierre Uwizeye wari uyoboye iyi gahunda
DSC_0931
Christopher Muneza, Platini Nemeye, Bruce Melodie, Senderi International
DSC_0944
Ibihumbi by’abantu bishyinguye i Nyanza
DSC_0949
Abahanzi bashyira indabo ahashyinguye imibiri y’abishwe i Nyanza ya Kicukiro n’ahandi
Jay Polly na Senderi bashyira indabo ku rwibutso
Jay Polly na Senderi bashyira indabo ku rwibutso
DSC_0955
Bafashe umunota wo kwibuka no kunamira abishwe
DSC_0962
Young Grace, Amag the Black, Teta na Platini
DSC_0970
Francine Umutoni umukozi muri BRALIRWA
DSC_0977
Sophie, umukozi ushinzwe urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro abwira abahanzi iby’uru rwibutso basuye
DSC_0979
Olvis (Active)
DSC_0982
Platini (Dream Boys) wavuze mu izina ry’abandi bahanzi
DSC_0997
Martine Gatabazi na Jean Pierre Uwizeye abakozi ba BRALIRWA bumva Platini
DSC_1005
Martine, aha ubutumwa abahanzi
DSC_1014
Aba bahanzi batanze sheki ya 500 000Rwf yo kwita kuri uru rwibutso
DSC_1030
Abahanzi, abakozi ba BRALIRWA na EAP n’umukozi w’uru rwibutso basuye
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyanza ya Kicukiro mu mujyi wa Kigali
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyanza ya Kicukiro mu mujyi wa Kigali

Photos/Plaisir MUZOGEYE

Joel Rutaganda
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Bakoze agakorwa keza da!

Comments are closed.

en_USEnglish