Digiqole ad

Abahanzi bahatanira PGGSS 5 basuye urwibutso i Kiziguro

 Abahanzi bahatanira PGGSS 5 basuye urwibutso i Kiziguro

Abahanzi bashyize indabo ku rwibutso rushyinguyemo abagera ku 1 500

15 Mata 2015  – Abahanzi 10 bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya gatanu basuye urwibutso rwa Murambi mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiziguro ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 isaga 1 500.

Abahanzi bashyize indabo ku rwibutso rushyinguyemo abagera ku 1 500
Abahanzi bashyize indabo ku rwibutso rushyinguyemo abagera ku 1 500

Bahageze basobanuriwe amateka y’ubwicanyi bwakorewe aha i Kiziguro n’uburyo bwateguwe.

Karinganire umwe mu barokokeye muri uwo Murenge wa Kiziguro, yavuze ko ibyo yabonye n’amaso ye atifuza kuzongera kubibona ukundi.

Niyonziza Fercien umuyobozi wa Ibuka mu Murenge wa Kiziguro yavuze ko nubwo abarokotse muri aka gace bari bafite ibibazo byinshi bishingiye ku byababayeho ariko ubu hari intambwe igaragara bamaze gutera.

Ati “Nka mbere ntibiyumvishaga uburyo umuntu yababarira uwamwiciye ariko ubu byarabaye baraturanye babanye neza.”

Abahanzi bagize icyo bavuga nka Bulldogg, TMC, Jules Sentore, Bruce Melodie, Rafiki bavuze ko nk’abahanzi bakwiye kugira uruhare runini mu kwigisha abanyarwanda ubumwe.

Bull Dogg ati “Tugomba gutandukana n’abahanzi batangaga ubutumwa bwo kawnganisha abanyarwanda hagati yabo.”

Ku bufatanye na BRALIRWA na East African Promoters bategura irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star aba bahanzi batanze  inkunga y’amafaranga ibihumbi Magana atanu yo  kwita ku rwibutso basuye.

Abahanzi bakurikiye ubuhamya bagejejweho n'uwarokotse
Abahanzi bakurikiye ubuhamya bagejejweho n’uwarokotse
Knowless akurikiye ubuhamya bw'uwarokotse
Knowless akurikiye ubuhamya bw’uwarokotse
Cyrille Karinganire avuga ko ibyo yabonye bidakwiye kuzongera
Cyrille Karinganire avuga ko ibyo yabonye bidakwiye kuzongera
Abayobozi ba EAP bashyira indabo ku mva z'abishwe
Abayobozi ba EAP bashyira indabo ku mva z’abishwe
Jenoside aha ngo ntabwo yatangiye mu 1994 gusa
Jenoside aha ngo ntabwo yatangiye mu 1994 gusa
Aha hari umwobo muremure cyane ukirimo abishwe  naho ni urwibutso
Aha hari umwobo muremure cyane ukirimo abishwe naho ni urwibutso
Abahanzi batanze inkunga yabo ku kwita kuri uru rwibutso
Abahanzi batanze inkunga yabo ku kwita kuri uru rwibutso

Amafoto/Iras Jalas

Joel RUTAGANDA
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • NIBYIZA BAFITE UMUTIMA WA KIMUNTU

  • Kiki Butera adakuramo ingofero!!!!!!!

  • agomba kubaha aho agiye

  • Rafiki Arazira iki ko mbona Ashaje !?

  • @makoco.arazira icyo bita drugs

Comments are closed.

en_USEnglish