Digiqole ad

Rubavu: Fuso yabuze feri ihitana inyubako z'ibitaro

Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari ijyanye ibikoresho by’ubwubatsi mu Mujyi wa Gisenyi yabuze feri imanuka mu muhanda ugana ku bitaro bya Gisenyi ihita ibigonga abantu babiri bari bayirimo barakomereka, Ariko nta muntu yahitanye.

impanuka Fuso yagonze ibitaro bya Gisenyi ikangiza inyubako z'ibitaro n'ikigega cy'amazi nayo yangiritse bikabije
impanuka Fuso yagonze ibitaro bya Gisenyi ikangiza inyubako z’ibitaro n’ikigega cy’amazi nayo yangiritse bikabije

Iyi mpanuka yabaye ejo kuwa gatatu ariki 14 Kanama 2013, saa munani n’iminota 44 (14h44).

Iyi fuso ikomoka mu gihugu cya Uganda uretse inyubako z’ibitaro yangije nayo ubwayo n’ikigega cy’amazi cyari ku bitaro yahitanye nta bindi yangije kuko n’abayirimo bahise bitabwaho n’ibyo bitaro.

Umuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bwatangaje ko bugereranyije hangiritse ibintu bifite agaciro ka miliyoni 3, birimo uruzitiro rw’ibitaro, ikigega kibika amazi n’icyapa cy’ibitaro.

Umwe mu bari muri iyi FUSO witwa Sekiligerinya yagaragaza ko atakomeretse bikomeye nubwo mugenzi we yarimo kwitabwaho n’abaganga.

Aho FUSO yagonze hasanzwe hubatse inkingi zikumira imodoka zari zisanzwe zikora impanuka zikinjira mu bitaro ndetse FUSO yazigonze yinjira mu kigo imbere y’ahakirirwa indembe.

Si ubwa mbere ibitaro bya Gisenyi byibasirwa n’impanuka z’imodoka, bikaba byarasabwe ko imodoka nini nk’amakamyo zajya zinyuzwa Rugerero ariko akarere ntikarashobora gukora umuhanda.

Iyi mpanuka yangije cyane cyane urukuta rw'igipangu cy'ibitaro
Iyi mpanuka yangije cyane cyane urukuta rw’igipangu cy’ibitaro

Source: Kigalitoday
UM– USEKE.RW

 

0 Comment

  • Control Technique = RUSWA = Control Technique

Comments are closed.

en_USEnglish