Digiqole ad

Ruhango: Mudasobwa zishaje bari kuzihinduramo TV ziciriritse

 Ruhango: Mudasobwa  zishaje bari kuzihinduramo TV ziciriritse

Uru rubyiruko rwiga iby’ubumenyingiro ruri guhindura za mudasobwa zishaje mo televiziyo ziciriritse

Ikigo cy’Imyuga n’ubumenyingiro (Ruhango Vocation Training Center)abanyeshuri bahiga  bari guhindura  za mudasobwa zishaje mo Televiziyo mu gihe cy’iminota makumyabiri. Izi televiziyo ngo zizagenerwa abaturage batazigiraga.

Uru rubyiruko rwiga iby'ubumenyingiro ruri guhindura za mudasobwa zishaje mo televiziyo ziciriritse
Uru rubyiruko rwiga iby’ubumenyingiro ruri guhindura za mudasobwa zishaje mo televiziyo ziciriritse

Iri shuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro(VTC Ruhango) riherereye mu mujyi wa Ruhango  rifite ishami rimwe gusa ryigisha ikoranabuhanga rya Electronic, abanyeshuri  baryigamo bavuga ko ubumenyi bahabwa mu gihe cy’amezi atandatu butuma babasha gukora  ibikoresho bitandukanye bahereye  kuri za mudasobwa  nini zitagikoreshwa bakazivanamo Televiziyo ziciriritse abaturage bashobora  kwifashisha bareba chaines zitandukanye.

Gisa Ismael  umwe muri aba banyeshuri biga muri VTC Ruhango, avuga ko hari bimwe mu bikoresho bya mudasobwa bakuramo bakabyambika ikindi gikoresho bifuza kuremamo  Televiziyo kandi ngo bifata igihe cy’iminota makumyabiri kugira ngo Televiziyo ibashe kwerekana amashusho meza n’majwi asanzwe agaragara kuri za Televiziyo zigurwa mu maduka.

Yagize ati:«Iyo turangije  guteranya ibikoresho byose, bidufata umwanya muto cyane kugira ngo Televiziyo ibe  yatangiye kwakira amashusho»

Bimenyimana Alphonse umuyobozi w’ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, avuga ko  basabye  WDA  ishami rimwe gusa ry’ikoranabuhanga(Electronic Devices Repair) mu rwego  kugira ngo abazajya barirangizamo bazajye bikorera  cyangwa se ababakeneye ku isoko ry’umurimo  babahe akazi byihuse.

Uyu muyobozi avuga  ko  bashyizeho gahunda yunganira iyo leta yageneye abaturage ya Tunga TV ku buryo hari abaturage benshi mu bice by’icyaro no mu nkengero z’umujyi batangiye kuzigura ku mafaranga make cyane.

Ati «Usibye  guha ubumenyi Abanyeshuri bacu, tworohereza n’abaturage gutunga Televiziyo»

Abanyeshuri 260 nibo bamaze kurangiza  muri iri shuri, ubuyobozi bw’ikigo buvuga ko bose ubu bafite akazi kuva barangiza.

Za Mudasobwa  zishaje bahinduramo Televiziyo.
Za Mudasobwa zishaje bahinduramo Televiziyo.
Nyuma y'igihe gito bayikoramo inyakiramashusho iciriritse
Nyuma y’igihe gito bayikoramo inyakiramashusho iciriritse
Urubyiruko rw'abanyeshuri rwiga muri iki kigo ruri guhabwa ubumenyi, bakuru barwo barangije bose babonye akazi
Urubyiruko rw’abanyeshuri rwiga muri iki kigo ruri guhabwa ubumenyi, bakuru barwo barangije bose babonye akazi

MUHIZI Elisee
UM– USEKE.RW/Ruhango

6 Comments

  • muri abantu b’abagabo cyane. murakataje rwose

    • IRISHURI NIRYIZA NANGENARYIZEMO NUKONTASHOBOYE KURIRANGIZA KUBERA NIGAGA WEEK END NJYAGUKORA KURE BIRANANIRA GUKOMEZA.BYANZEBIKUNZE NZASUBIRAMO.

  • Great.Aho kugira ngo bibe umwanda ahubwo bibe igisubizo. Gusa igiciro nacyo kijye kiba gito cg abantu bemererwe kwishyura mu bice.

  • Courage mwa rubyiruko rwacu mwe akazi karabategereje hanze aha mubanguke ahubwo

  • ni byiza cyane.

  • igiciro nangahe ngohereze murugo bayigure???uwayiguze cg umwanditsi yaduha igiciro niba kizwi officially tukazigura peeeee
    iyo ni imwe mu ntambwe zo kwigira.

Comments are closed.

en_USEnglish