Digiqole ad

Udushya twaranze igitaramo cyahuje abo Muyoboke yafashije

18 Ukwakira 2014 – Kigali, mu gitaramo cyiswe ‘Explosion Concert’  cyahuzaga abahanzi Muyoboke  Alex  yafashije mu bihe bitandukanye,Umugore we yamuririmbiye indirimbo ivuga ko “yamuyobotse”  aho uyu mugore asoza avuga ko  afite umugabo w’igikundiro. Ni mu gitaramo cyagenze neza kandi kitabiriwe cyane.

Charlie na Nina itsinda ry'abakobwa b'abanyamajwi (vocalists) bafashwa na Muyoboke ubu bari kuzamuka cyane, batangiye basusurutsa abantu mu ndirimbo zabo nziza ariko zitaramenyekana cyane
Charlie na Nina itsinda ry’abakobwa b’abanyamajwi (vocalists) bafashwa na Muyoboke ubu bari kuzamuka cyane, batangiye basusurutsa abantu mu ndirimbo zabo nziza ariko zitaramenyekana cyane

Iki gitaramo cyatangiye ahagana saa mbiri kirangira mu saa sita aho kitabiriwe n’abantu benshi, abari aho bataramiwe  n’abahanzi bakizamuka barimo Umutare Gaby, Social Mula,Super Brothers n’itsinda ry’abakobwa babiri Nina na Charlie.

Iki gitaramo cyarimo Urban Boyz,Dream boyz ndetse na Tom Close Muyoboke yafashije mu bihe bitandukanye byatumye Muyoboke avuga ko nubwo batandukanye batigeze banarebana nabi. Aba bose baririmbye mu buryo bwa Live itanga ikizere ku muziki Nyarwanda.

Kitabiriwe  kandi  na Big Fariouz  ndetse n’Umugandekazi Jack Chandiru berekanye ko kugera ku rwego mpuzamahanga babiharaniye.

Umuseke wababereye ijisho risesengura ibitagaragarira buriwese maze ukusanya ibintu bimwe mu byaranze iki gitaramo.

 

Umugore wa Alex Muyoboke yamuririmbiye nawe baza kumutungura

Iki gitaramo cyaranze no kugaragaza urukundo hagati ya Muyoboke, umugore we n’umwana wabo aho nyuma yo kuririmbira umubabo asa n’umutunguye, umugabo we nawe nyuma yari yamuteguriye isabukuru amuzanira umutsima kuri ‘scene’.

Umugore wa Muyoboke asa nuwabiteguye kuko yagiye muri Studio akahakorera  indirimbo igira iti “Muyoboke w’igikundiro ” arayimuririmbira imbere y’abantu bari aho. Nyumaaaa ubwo umuhanzi Farious  yari  ku rubyiniro  yamuririmbiye isabukuru nziza abari aho barumirwa.

Bamwe mu bari aho babivuzeho batebya cyane  bati “Muyoboke yadutumiye mu isabukuru y’umugore we, turishyura turanigurira”

Muyoboke avuga ko atazibagirwa umufasha we uburyo yishimye mu myaka ine bamaranye.

Ati ' uri umugabo w'igikundiroooo'
Ati ‘ uri umugabo w’igikundiroooo’

Safi yaririmbye Knowless ahita asohoka

Ubwo itsinda rya Urban Boyz ryaririmbaga indirimbo “Iyo dushwanye barahurura” Abantu amaso bahise bayahanga Knowless wari wicaye imbere mu bafana  kuko bavugaga ko iyi ndirimbo yaba itunga agatoki urukundo bigeze gukundana mu myaka yashize n’abantu ngo baje barwinjiramo.

Knowless  wabonaga nawe mu maso yahindutse ari kureba uwo yahoze akunda aririmba ko atari  “UMUKARA  cyangwa UMWERU”,  yari yazanye na Christopher maze abari babahanze amaso barangaye gato aba bahanzi bo muri Kina Music bahita  babaca mu rihumye barasohoka barigendera.

Christopher na Knowless (ureba uri kumufotora) ubwo Safi (Urban Boys) baririmbaga "Barahurura" baje guhaguruka barinyonyombere baragenda
Christopher na Knowless (ureba uri kumufotora) ubwo Safi (Urban Boys) baririmbaga “Barahurura” baje guhaguruka barinyonyombere baragenda

 

Jack Chandiru yagaragaje ubuhanga anacurangirwa n’umugore

Jacky Chandiru  wahoze mu itsinda rya “Blue3”yaririmbye indirimbo zitandukanye nyinshi zitazwi  mu Rwanda ariko abantu baramwishimira cyane kubera  kugaragaza ubuhanga n’akamenyero ku rubyiniro  ndetse ageraho atera agatebe abafotora barafotora.  We na Urban Boyz baririmbye indirimbo yitwa “Take it off”  abantu barishima cyane, maze  aherutsa “Goldigger

Uyu akaba yaracurangirwaga n’Umu  DJ w’umugore waje maze Bisosso ahita azinga ibikoresho bye, aza kugaruka nyuma.

 

Big Farious ngo imitima y’abanyarwandakazi ayifite mu biganza

Big Farious yaririmbye indirimbo nyinshi zitandukanye harimo Munyana,Ndakumisinze,Baju n’izindi aho yabajije abari bari aho abo indirimbo ze zigaruriye maze ab’igitsina gore hafi ya bose bari aho bakamanika amaboko.

Maze atangiye kuririmba bamwe barapfukama abandi bararamya karahava.

 

Muyoboke yahakanye gushwana n’abo n’abo yafashije

Alex Muyoboke ni umugabo ukora business yo gufasha abahanzi kuzamuka, yafashije cyane amatsinda ya Urban Boys, Dream Boys na Tom Close, mu muziki mu Rwanda benshi bazi neza ko aho aba bahanzi bageze ubu harimo uruhare runini rw’uyu mugabo. Gusa bose bagiye batandukana nawe mu bihe runaka ariko hari aho amaze kubageza.

Muyoboke yabwiye Umuseke ko bimwe mu byamushimishije ari uko abo yakoranye nabo bamufasha ndetse bakabigira ibyabo kikaba ari ikimenyetso simusiga ko batigeze barebana nabi.

Nubwo ntawe utaziko Muyoboke nabo yafashije byarangiraga baterana amagambo  akomeye ndetse ntibagire isoni zo  kubisesengura mu majwi  n’amashusho  yabo,  Muyoboke avuga ko ari itangazamakuru ryakabyaga ariko ubundi byarangiraga neza.

Ati“Mwebwe mwakubitagamo umuriro ikibatsi kikaza ariko kuvuga ko hari ibibazo twabaga twagiranye ntibyabaga ari ukuri, uyu munsi nagirango mbereke ko umuziki ukemura ibibazo ndetse uhosha intambara.”

Iki gitaramo cyagaragayemo abahanzi nka Eric Senderi,Uncle Austin,Knowless na Christopher ndetse n’abandi nka Lauren Makuza na Twahirwa Aimable baje kureba nk’abandi bantu benshi cyane bakitabiriye.

 Amwe mu mafoto y’iki gitaramo:

"Super Brothers" abasore b'ababyaara bari kuzamuka muri iyi minsi
“Super Brothers” abasore b’ababyaara bari kuzamuka muri iyi minsi
Ubwo igitaramo cyari kimaze umwanya muto gitangiye tayari hari abahita batangira kwishimana n'abahanzi ba mbere
Ubwo igitaramo cyari kimaze umwanya muto gitangiye tayari hari abahita batangira kwishimana n’abahanzi ba mbere
"Live back up band" inkumi n'umusore bafasha kuririmba Live abahanzi
“Live back up band” inkumi n’umusore bafasha kuririmba Live abahanzi
Umutare Gaby yaririmbye indirimbo "Nyabuna" mu ijwi ryiza cyane
Umutare Gaby yaririmbye indirimbo “Nyabuna” mu ijwi ryiza cyane
Nina nawe wahoze aririmba mu bafasha abahanzi kuririmba Live
Nina nawe wahoze aririmba mu bafasha abahanzi kuririmba Live
We na mugenzi we Charlie ubu bakoze itsinda rifashwa na Muyoboke
We na mugenzi we Charlie ubu bakoze itsinda rifashwa na Muyoboke
Charlie & Nina ni itsinda ubu riri kuzamuka
Charlie & Nina ni itsinda ubu riri kuzamuka
MC Tino asigaye asokoza icyanwa gitangaza benshi iyo bamubonye
MC Tino asigaye asokoza icyanwa gitangaza benshi iyo bamubonye
Umukinyi muri filimi nyarwanda uzwi cyane nka "Rwasa" yari ahari
Umukinyi muri filimi nyarwanda uzwi cyane nka “Rwasa” yari ahari
Senderi International Hit 3D !!! yari ahabaye cyane nubwo atari mu baririmba
Senderi International Hit 3D !!! yari ahabaye cyane nubwo atari mu baririmba
Umuhungu wa Alex Muyoboke yagiraga atya akazamuka kuri 'stage' akerekana ko adatinya na gato abantu
Aston, umuhungu wa Alex Muyoboke yagiraga atya akazamuka kuri ‘stage’ akerekana ko adatinya na gato abantu
Wabonaga kandi afite n'ubushaka bwo gufata Microphone nawe akagira ibyo avuga cyangwa aririmba nk'abandi
Wabonaga kandi afite n’ubushaka bwo gufata Microphone nawe akagira ibyo avuga cyangwa aririmba nk’abandi
MC Kate Gustave na Phil Peter nibo bari bayoboye iki gitaramo
MC Kate Gustave na Phil Peter nibo bari bayoboye iki gitaramo
Dream Boys kuri stage mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane n'ubuhanga mu kuririmba banyuze buri wese
Dream Boys kuri stage mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane n’ubuhanga mu kuririmba banyuze buri wese
Platitni Nemeye uzwiho kubasha guceka umuziki cyane
Platitni Nemeye uzwiho kubasha guceka umuziki cyane
Mugenzi we Mujyanama Claude, TMC, uzwiho ubuhanga mu kuririmba. Ubufatanye bwabo bugize itsinda riza muya mbere akomeye igihugu gifite muri muzika
Mugenzi we Mujyanama Claude, TMC, uzwiho ubuhanga mu kuririmba. Ubufatanye bwabo bugize itsinda riza muya mbere akomeye igihugu gifite muri muzika
Dr Tom Close yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane mu bihe bishize
Dr Tom Close yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane mu bihe bishize
Uyu ni umuhanzi wagaragaje kuba 'consistent' kurusha benshi baririmba bonyine muri iyi myaka ya vuba mu Rwanda
Uyu ni umuhanzi wagaragaje kuba ‘consistent’ kurusha benshi baririmba bonyine muri iyi myaka ya vuba mu Rwanda
DSC_1759
Ornella Deyss Muhimpundu, umugore wa Myoboke ubwo yari atangiye kumuririmbira
Mama araririmba umwana na Papa we nabo bakina iruhande rwe kuri 'Scene'
Mama araririmba umwana na Papa we nabo bakina iruhande rwe kuri ‘Scene’
Umuhungu aritegereza nyina uko aririmbira se
Umuhungu aritegereza nyina uko aririmbira se
Byari ibyishimo kuri bombi no ku bandi benshi, nubwo hari n'abandi bari bajujura bati "Ese Muyoboke yadutumiye mu isabukuru y'umugore we turishyura turanigurira?!!"
Byari ibyishimo kuri bombi no ku bandi benshi
Bamwe bagaragaje ko bishimiye aka gashya kaciyemo
Bamwe bagaragaje ko bishimiye aka gashya kaciyemo
Lauren Makuza ushinzwe umuco muri MINISPOC
Lauren Makuza ushinzwe umuco muri MINISPOC
Urban Boys bageze kuri scene abantu benshi baberetse ko babishimiye
Urban Boys bageze kuri scene abantu benshi baberetse ko babishimiye
Umufana mu byishimo imbere ya Urban Boys
Umufana mu byishimo imbere ya Urban Boys
Safi ati "Iyo dushwanyeeee barahururaaa, dukundana bari he?"
Safi ati “Iyo dushwanyeeee barahururaaa, dukundana bari he?”
Christopher na Knowless (ureba uri kumufotora) ubwo Safi (Urban Boys) baririmbaga "Barahurura" baje guhaguruka barinyonyombere baragenda
Hashize akanya aba bahanzi bahise bisohokera iyo ndirimbo itarangiye
Kaboss
Kaboss
Humble, niwe 'mukuru' muri bo, niwe udakunze gukemangwa muri Showbiz kandi uvugira kenshi bagenzi be, niwe ukora 'flow ya rap' muri Urban Boys
Humble, niwe ‘mukuru’ muri bo, niwe udakunze gukemangwa muri Showbiz kandi uvugira kenshi bagenzi be, niwe ukora ‘flow ya rap’ muri Urban Boys
Abafana mu byishimo na Urban Boys
Abafana mu byishimo na Urban Boys
Buri wese wambaye uko ashaka arishima uko ashoboye
Buri wese wambaye uko ashaka arishima uko ashoboye
Jacky Chandiru arahageze na 'confidence' zose
Jacky Chandiru arahageze na ‘confidence’ zose
Ati "I am not a Goldigger'
Ati “I am not a Gold digger’
Aba baritegereza uyu mugandekazi uzamukanye kuri stage imbaraga
Aba baritegereza uyu mugandekazi uzamukanye kuri stage imbaraga
Jacky chandiru na Urban Boys muri "Take it off" umuhungu wa Muyoboyoboke, Ashton nawe ku ruhande ari "gutekinga off" ibye ku ruhande
Jacky chandiru na Urban Boys muri “Take it off” umuhungu wa Muyoboyoboke, Ashton nawe ku ruhande ari “gutekinga off” ibye ku ruhande
Yazanye telephone ye nziza bityo arafata ibyo azajya areba nyuma byamushimishije
Yazanye telephone ye nziza bityo arafata ibyo azajya areba nyuma byamushimishije
Farious, umurundi ufite indirimbo zikundwa mu Rwanda yaje yubashye cyane iyi gahunda
Farious, umurundi ufite indirimbo zikundwa mu Rwanda yaje yubashye cyane iyi gahunda
Mu ndirimbo ze nka "Ndakumisinze" zikundwa cyane
Mu ndirimbo ze nka “Ndakumisinze” zikundwa cyane
Ibyari concert byahindutsemo 'Isabukuru y'umugore wa Muyoboke, maze uwahoze aririmba nawe baramutungura bamuzanira umutsima. Bamwe ariko bakajujura bati "Ese Muyoboke yadutumiye mu isabukuru y'umugore we turishyura turanigurira?!!"
Ibyari concert byahindutsemo ‘Isabukuru y’umugore wa Muyoboke, maze uwahoze aririmba nawe baramutungura bamuzanira umutsima. Bamwe ariko bakajujura bati “Ese Muyoboke yadutumiye mu isabukuru y’umugore we turishyura turanigurira?!!”
Farious maze arakomeza kugeza ku musozo
Farious maze arakomeza kugeza ku musozo

Amafoto menshi ari gushyirwaho…

 

Photos/Plaisir MUZOGEYE/UM– USEKE

BIRORI Eric
UM– USEKE.RW

15 Comments

  • Hagize umpa contact za Nina?

  • Ndasaba ko nina yampa contact ze hari icyonshaka kumubwira ankundiye yabinkorera

  • ndasaba abashinzwe ihohoterwa ko batakwirengagiza imywambarire isigaye iri hanze. kuko niba hari uguhana hakwiye no kuba GUKINGIRA. Kwambara ubusa si uburenganzira bwa buri munyarwandakazi(iyo hari abo bibangamiye).naho uburere bwagiye he?ubundi abantu bambaye nkuwo mwana yambaye akameze nk´ijipo inda nibindi birihanze, ntiyari akwiye kwinjira ahari abantu barimwo ababyeyi bafite abana bangana nababo: Bihora bivugwa mu nama, ariko iyo bigeze gukorwa!!!!

    • niba biriya aribyo wita ubusa iyi isi siyawe ingire mu ijuru.

  • Nina, ufite taille nziza cyane pe n’amatako meza ariko ubutaha ntibazagushuke ngo wambare ibigufi bigeze aho! utwo dukabutura tugeze aho tuberana n’abafite amatako akeye (y’inzobe) reba nka mugenzi wawe rwose araberewe cyane! ubutaha ujye ushyiramo bas cyangwa se collant. ndi umukobwa mugenzi wawe! nabonye abandi batinye kubivuga ariko uko ni ukuri, abategereje kubona numero yawe ngo babikubwire bashobora kuzayibona wenda umaze kwambara gutyo inshuro zindi zirenga…
    waberewe ariko ubutaha uzashyiremo collant cg bas. merci.

    • sha ni byiza ahubwo kurusha ibyuriya winzobe ufite inkovu. uriya wigikara niwe mwiza pe

  • ntacyo mvuze ntiteranya bagabo

  • Huum rero niba uri umunyarwanda(kazi) nta kigenda cyawe!
    Ese wibwira ko kuba mwiza ari kuba inzobe? Yoo uzabaze ababyeyi bawe
    bazakubwira ko imfura ziraburaga.

  • Jyewe maze iminsi nitegereza chrisopher na KNOWLESS AHAAA NTACYO MVUZE ARIKO MUZABA MUMBWIRA!

  • ca va se ariko abantu bagire umunwa wabarenze bagiye bihangana bakawufunga koko kuki mukeka ibinu bitabareba knowles mwazamurutse mukamushira hasi umva mbabwire basha baca umugani ngo aho kuzajya muvuga ubusa muge muvugiriza bigiri inzira

  • ca va se ariko abantu bagire umunwa wabarenze bagiye bihangana bakawufunga koko kuki mukeka ibinu bitabareba knowles mwazamurutse mukamushira hasi umva mbabwire basha baca umugani ngo aho kuzajya muvuga ubusa muge muvugiriza bigiri inzira KINA Music irabizi sha

  • Arikose wamugani mwabaye mute knowlles mumushakaho iki? Kuko arifimba neza cg se kuko ari mwiza mwabona mwese atabakwira mukumva mugomba guhora mumushyira mu majwi? Imivumo ya ba mwe niyo migisha y’abandi nyamara!

  • URAZISHAKA SHA ? REKA NZIGUHE KABISA NI 0777777777

  • sha ndabona byaribyiza nuko hajemo isabukuru ubutaha azavugeko harimo isabukuru naho safi we ni dang kabisa

  • Ubanza biriya twita kwambara ubusa ari byo bigezwe ndetse Bijyanye numuco! None cushinzwe umuco iyo abona ari bibi ntiyari kubyamagana ko yari ahari? Hahahahahaaaaaaaaaaaa

Comments are closed.

en_USEnglish