Digiqole ad

1/2 PeaceCup: Imikino ibanza yanze gusobanuka, amakipe yose yaguye miswi

 1/2 PeaceCup: Imikino ibanza yanze gusobanuka, amakipe yose yaguye miswi

Ubwugarizi bwa AS Kigali bwahagaze neza bituma Rayon idatsinda

Kuri uyu mugoroba, imikino ibanza ya 1/2 cy’igikombe cy’amahoro irangiye amakipe yose anganyije. Rayon sports inganyije 1-1 na AS Kigali, APR FC nayo inganya na Espoir FC 0-0. Abafana benshi ba ruhago mu Rwanda biteze cyane ko Rayon na APR FC zakomeza zigahurira kuri Final, ariko ntibiraba.

Ubwugarizi bwa AS Kigali bwahagaze neza bituma Rayon idatsinda
Ubwugarizi bwa AS Kigali bwahagaze neza bituma Rayon idatsinda

Umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yari yafunguye amazamu hakiri kare, ku gitego cyatsinzwe na Kwizera Pierrot ku munota wa 13 w’umukino, aherejwe na Imanishimwe Emmanuel. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-0.

Mu gice cya kabiri AS Kigali yagarutse mu mukino, itangira guhererekanya neza cyane, kurusha Rayon Sports yasaga nk’iyananiwe.

Byatumye ku munota wa 79 yishyura igitego yari yatsinzwe, ku mupira Kayumba Soteri yahaye Onesme Twizerimana, nawe ahindukiza umunyezamu Bakame ziba ziranganyije umukino urangira utyo.

Undi mukino wabereye i Rusizi, Espoir FC yanganyije na APR FC 0-0.

Imikino yo kwishyura iteganyijwe ku wa gatanu.

APR FC izakira Espoir kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, naho Rayon sports yakire AS Kigali i Muhanga nayo kuwa gatanu.

Umukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro utegerejwe ku ya 04 Nyakanga, umunsi wo kwibohora.

Ismaila Diarra arwanira umupira na Bishira Latifu
Ismaila Diarra arwanira umupira na Bishira Latifu
Savio Nshuti utigaragaje muri uyu mukino cyane yagowe na Kayumba Soteri
Savio Nshuti utigaragaje muri uyu mukino cyane yagowe na Kayumba Soteri
Masudi Djuma ngo yababajwe cyane no kwishyurwa mu minota ya nyuma, ariko agiye gutegura umukino wo kwishyura
Masudi Djuma ngo yababajwe cyane no kwishyurwa mu minota ya nyuma, ariko agiye gutegura umukino wo kwishyura
Eric Nshimiyimana nyuma y'umukino yavuze ko kuzibira ku buryo ba rutahizamu ba Rayon sports aribyo bimufashije kunganya, ngo azashaka intsinzi mu mukino wo kwishyura
Eric Nshimiyimana nyuma y’umukino yavuze ko kuzibira ku buryo ba rutahizamu ba Rayon sports aribyo bimufashije kunganya, ngo azashaka intsinzi mu mukino wo kwishyura
Nyuma y'umukino Masudi aganira n'abatoza ba AS Kigali
Nyuma y’umukino Masudi aganira n’abatoza ba AS Kigali

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Rayon sport ukobyagendakoseizatsinda tubizinezape

Comments are closed.

en_USEnglish