Digiqole ad

Zone 5: U Rwanda rwatsinzwe na Kenya, byombi bibona itike y’icya Africa

 Zone 5: U Rwanda rwatsinzwe na Kenya, byombi bibona itike y’icya Africa

Irushanwa ry’Akarere ka gatanu muri Volleyball ryaberaga muri Petit Stade i Remera mu mpera z’icyumweru gishize ryasojwe kuri uyu wa Mbere ryegukanwa na Kenya yatsinze u Rwanda amaseti 3-1. Gusa ibihugu byombi byakatishije itike yo gukina igikombe cya Afurika.

Abasore ba Kenya bayobowe na Michael Chemos batsinze u Rwanda begukana Zone 5
Abasore ba Kenya bayobowe na Michael Chemos batsinze u Rwanda begukana Zone 5

Kenya yongeye kwigaranzura u Rwanda rwayitsinze mu marushanwa abiri y’akarere ka gatanu aheruka 2013 na 2015. Kuba Petit Stade i Remera yari yuzuye abakunzi b’imikino bashyigikiye cyane ikipe y’u Rwanda ntacyo byahinduye.

Kenya niyo yegukanye seti ya mbere ku manota 25-23 nubwo abasore n’u Rwanda bagerageje kugendana na Kenya ku gera ku inota rya nyuma ryayo.

Mu iseti ya kabiri Kenya yagaragaje ko yari itandukanye cyane n’iyakinnye imikino ibiri yabanje kuko yo abakinnyi bayo barebare barimo Michael Chemos bakoze amanota menshi boroherejwe akazi n’u Rwanda rwari hasi muri ‘block’ na ‘reception’. Byatumye seti ya kabiri nayo irangira ku ntsinzi ya Kenya y’amanota 25-22 y’u Rwanda.

Abasore b’u Rwanda barimo kapiteni Gasarasi Mukunzi Christopher, Mutabazi Yves na Sibomana Placide ‘Madson’ na Yakan Guma Laurence bakangutse bagerageza kwihagararaho bakora amanota yari yananiranye kandi bakosora amakosa bakoraga mu kugarira.

Seti ya gatatu amakipe yombi yatangiye kugenda ariko umurindi w’abafana benshi bashyigikiye u Rwanda ukora ikinyuranyo, yegukanwa n’abasore ba Paul Bitok umunya-Kenya utoza u Rwanda, ku manota 25-23.

Abanyarwanda benshi bigiriye ikizere bakeka ko batsinda iya gatatu amakipe yombi akanganya hakitabazwa kamarampaka (Séoul set). Gusa siko byagenze kuko abakinnyi ba Kenya bagarukanye imbaraga bakayitsinda ku manota 25-21, bashimangira ko begukanye Zone 5 bari bamaze imyaka ine badatwara.

Yves Mutabazi ikiro agihamya
Yves Mutabazi akora service

Kenya n’u Rwanda rwabaye urwa kabiri muri iri rushanwa ryahuje ibihugu bine byabonye itike y’igikombe cya Afurika kizabera mu Misiri mu mpera z’uyu mwaka.

Uko amakipe yakurikiranye

  1. Kenya
  2. Rwanda
  3. Uganda
  4. S. Sudan

 

Abakinnyi bitwaye neza babihembewe:

Best attacker : Dawudi from Uganda

Best libero: Mutabazi Bosco (Rwanda)

Best Server: Malinga Kathbart from Uganda

Best blocker: Sibomana Placide (Madson)

Best setter: Brian Kipkurui Melly from Kenya

MVP: Sibomana Placide (Madson)

Block y'u Rwanda ntiyari ku rwego rwiza
Block y’u Rwanda ntiyari ku rwego rwiza mu gihe attack ya Kenya yari ityaye cyane
Kapiteni Mukunzi Christopher na bagenzi be bashyigikiwe na benshi ariko ntitwara igikombe
Kapiteni Mukunzi Christopher na bagenzi be bashyigikiwe na benshi ariko ntitwara igikombe
Block ya Kenya yari ihagaze neza
Block ya Kenya yari ihagaze neza, aha Yakana Laurence yari abasatiriye
Olivier Ntagengwa ari mu bakinnyi batorohewe n'iri rushanwa
Olivier Ntagengwa ari mu bakinnyi batorohewe n’iri rushanwa
Muri seti ya gatatu abasore b'u Rwanda bitanze cyane
Muri seti ya gatatu abasore b’u Rwanda bitanze cyane
Umunyamabanga wa Leta muri MINISPOC Lt. Col. Patrice Rugambwa ashyikiriza ikipe y'igihugu ya Kenya igikombe
Umunyamabanga wa Leta muri MINISPOC Lt. Col. Patrice Rugambwa ashyikiriza ikipe y’igihugu ya Kenya igikombe
Umudari w'umwanya wa kabiri u Rwanda rwabonye waruhesheje itike y'igikombe cya Afurika
Umudari w’umwanya wa kabiri u Rwanda rwabonye waruhesheje itike y’igikombe cya Afurika
Sibomana Placide 'Madson' niwe watowe nk'umukinnyi w'irushanwa
Sibomana Placide ‘Madson’ niwe watowe nk’umukinnyi w’irushanwa

Photo© Ishimwe Innocent/Umuseke

Roben NGABO
UM– USEKE.RW 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

en_USEnglish
en_USEnglish