Digiqole ad

Uwizeyimana wegukanye T. du Cameroun yanatwaye agace ko kwibuka ka Rda Cycling Cup

 Uwizeyimana wegukanye T. du Cameroun yanatwaye agace ko kwibuka ka Rda Cycling Cup

Uwizeyimana Bonaventure uherutse kwegukana irushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Cameroun, uyu munsi yanatwaye agace ka Gatatu ka Rwanda Cycling Cup kiswe ‘Race to Remember’ kahariwe Kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uwizeyimana wegukanye T. du Cameroun yanatwaye agace ko kwibuka ka Rda Cycling Cup
Uwizeyimana wegukanye T. du Cameroun yanatwaye agace ko kwibuka ka Rda Cycling Cup

Aka gace ka Gatatu ka Rwanda Cycling Cup kavaga i Kigali kerekeza i Nyanza, kagizwe n’ibilometero 130,3Km kitabiriwe n’abagabo 36.  Bamaze gusiganwa ibirimotero bitanu gusa Munyaneza Didier wa Benediction Clun yacomotse mu gikundi ngo agerageze imbaraga za bagenzi be ariko  Ruberwa Jean Damascene ntiyamworohera ahita aramukurikira bituma igikundi cyongera kubafata.
Abakinnyi bahagurukiye ku Giti cy’inyoni bajya i Nyanza, bazamutse umusozi wa kabiri w’iri siganwa wa Kamonyi bose bari kumwe. Gusa bageze i Musambira umwe mu bakinnyi bahabwaga amahirwe Ukiniwabo René Jean Paul uherutse muri Tour du Cameroon ava mu isiganwa na Ruberwa Jean bava mu isiganwa kubera uburwayi.
Basatira umujyi wa Muhanga abakinnyi barenze aho bita mu cya kabiri Bonaventure Uwizeyimana yakoze ‘attack’ idasanzwe n’imbara nyinshi asiga igikundi ariko Hakuzimana Camera wa Huye Cycling Club for all aramukurikira.
Bajyanye barenga Muhanga bafata Ruhango ariko Imanizabayi Eric, Didier Munyaneza na Gasore Hategeka bakoresha imbara nyinshi barabasatira bituma binjira mu marembo y’umujyi wa Nyanza bari kumwe ariko basabwaga kubanza kuwuzenguruka inshuro eshanu.
Batangiye kuzenguruka imihanda itandukanye ya Nyanza bashyizemo intera y’umunota n’amasegonda 25″. Bamaze kuzenguruka inshuro eshatu Bona na Gasore basiga abandi bituma, naho bazenguruka bwa nyuma Uwizeyimana Bonaventure ahagera ari imbere y’abandi.
Munyaneza Didier na we ukomeje kwitwara neza muri iyi minsi, yabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 23 mu gihe Nzayisenga Valentine yabaye uwa mbere mu kiciro cy’abakobwa.
Uko bakurikiranye mu bagabo

  1. Bonaventure Uwizeyimana (Benediction Club) 3h 36′ 49”
  2. Gasore Hategeka (Nyabihu Cycling Club) 3h 38′ 19”
  3. Didier Munyaneza (Benediction Club) 3h 3h 42′ 39”
  4. Hakizimana Seth (Les Amis Sportifs) 3h 43′ 45”
  5. Byukusenge Patrick (Benediction Club) 3h 43′ 47”

Biteguye guhaguruka
Biteguye guhaguruka

Umukino w’amagare umaze kwigarurira abakunzi benshi

Babanje guhabwa amabwiriza
Babanje guhabwa amabwiriza

Munyaneza Didier niwe mukinnyi wagerageje gucomoka mu gikundi inshuro nyinshi ariko bakagera aho bakamufata
Munyaneza Didier niwe mukinnyi wagerageje gucomoka mu gikundi inshuro nyinshi ariko bakagera aho bakamufata

Umutekano uba ucunzwe neza umuhanda wose
Umutekano uba ucunzwe neza umuhanda wose

Uyu watangajwe n'umuvuduko wa Bonaventure arabwira abo yasize mu rugo ko bidasanzwe
Uyu watangajwe n’umuvuduko wa Bonaventure arabwira abo yasize mu rugo ko bidasanzwe

Hari abo bisaba kurira ibiti ngo bihere ijisho
Hari abo bisaba kurira ibiti ngo bihere ijisho

Bonaventure Uwizeyimana yasesekaye mu mujyi wa Nyanza yasize abandi
Bonaventure Uwizeyimana yasesekaye mu mujyi wa Nyanza yasize abandi

Igare riraryana, Yageze ku murongo umunaniro ari wose
Igare riraryana, Yageze ku murongo umunaniro ari wose

Bona uri mu bihe byiza
Bona uri mu bihe byiza

Benediction Club ya Didier Mbappe na Bona ishobora gusoza uyu mwwaka ari iya mbere mu Rwanda nkuko byagenze mu myaka ibiri ishize
Benediction Club ya Didier Mbappe na Bona ishobora gusoza uyu mwwaka ari iya mbere mu Rwanda nkuko byagenze mu myaka ibiri ishize

Isiganwa ryanitabiriwe na Perezida wa FERWACY Bayingana Aimable
Isiganwa ryanitabiriwe na Perezida wa FERWACY Bayingana Aimable

Umuyobozi w'isiganwa Ntiyamira Jean Sauveur abara ibihe abakinnyi bakoresha
Umuyobozi w’isiganwa Ntiyamira Jean Sauveur abara ibihe abakinnyi bakoresha

Abitabiriye iri siganwa bafashe umunota wo kwibuka abazize Jenoside
Abitabiriye iri siganwa bafashe umunota wo kwibuka abazize Jenoside

Yemeza ko abona hageze ngo nawe ajye ku rutonde rw'anahatanira kwegukana Tour du Rwanda
Yemeza ko abona hageze ngo nawe ajye ku rutonde rw’anahatanira kwegukana Tour du Rwanda

Munyaneza Didier yahize abandi batarengeje imyaka 23
Munyaneza Didier yahize abandi batarengeje imyaka 23

Mu ngimbi hatsinze Nsabimana Jean Baptiste wa Benediction Club
Mu ngimbi hatsinze Nsabimana Jean Baptiste wa Benediction Club

Ikirezi Mpore Marie Wivine wahataniye kuba Miss Rwanda 2018 ari mu bashinzwe imigendekere myiza y'ibirori nyuma ya etape za Rwanda Cycling Cup
Ikirezi Mpore Marie Wivine wahataniye kuba Miss Rwanda 2018 ari mu bashinzwe imigendekere myiza y’ibirori nyuma ya etape za Rwanda Cycling Cup

Byari ibyishimo byinshi kuri uyu mugabo w'imyaka 27 uvuka i Nyabihu
Byari ibyishimo byinshi kuri uyu mugabo w’imyaka 27 uvuka i Nyabihu

Ni isiganwa rya gatatu uyu mwaka Bona yegukanye
Ni isiganwa rya gatatu uyu mwaka Bona yegukanye

Photo:R.Ngabo/Umuseke
Roben NGABO
UM– USEKE

en_USEnglish