Digiqole ad

Uko abahanzi bari muri PGGSS IV bitwaye i Huye

Ku nshuro ya kane Primus Guma Guma Super Star ibaye, igitaramo cya gatatu cyabereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo kuri stade ya Kaminuza y’u Rwanda, abafana benshi, abahanzi 10 bose, umuziki ni wose buri kimwe cyari tayari ngo ibyishimo bitangire…

Abakunzi b'abahanzi ni benshi ku kibuga cy'umupira muri 'NUR'
Abakunzi b’abahanzi ni benshi ku kibuga cy’umupira muri Kaminuza

Abahanzi bose uko ari 10 bafite ikizere cyo kuba bakwegukana iri rushanwa nkuko babitangaza mu biganiro bitandukanye bagenda bagirana n’abakunzi babo.

Bwa mbere iri rushanwa ryegukanywe na Tom Close, ubukurikiye ritwarwa na King James bwa gatatu Riderman, ku nshuro ya kane haribazwa uzaritwara muri bahanzi 10 bari guhatana.

I Huye uku niko abahanzi batomboye gukurikirana kuri stage.

1.Senderi International Hit

2.Young Grace

3.Jules Sentore

4.Bruce Melodie

5.Christopher

6.Teta Diana

7.Dream Boys

8.Active

9.Jay Polly

10.Amag The Black

Mu mafoto kurikira uko byari byifashe guhera ku isaa (15h) ubwo bari batangiye;

Uko stage imeze mbere yo kujyaho abahanzi
Uko urubyiniro ruteguwe
Bamwe mu bakunzi b'abahanzi baje bitwaje ibyapa bariho
Abakunzi b’abahanzi baje bitwaje ibyapa bariho
Ntibyoroshye hagati y'abafana kuko buri bose bafite amafoto y'abahanzi bashyigikiye
Abafana n’ibyapa by’abahanzi bafana
Aba ni abakunzi ba Senderi International Hit
Aba ni abakunzi ba Senderi International Hit
Mc Tino na Pendo n'abakunzi b'abahanzi
Umufana umwe yagize atya acakirana na Anita Pendo wariho abashyushya barabyinana bitangaje
Senderi International Hit yaje kuri stage yambaye atya
Senderi International Hit yaje kuri stage yambaye nk’urangije Kaminuza n’icupa rya Primus mu ntoki
Senderi International Hit yambaye nk'uwarangije Kaminuza
Senderi International Hit yambaye nk’uwarangije Kaminuza
Young Grace niwe uje kuri stage mu ndirimbo 'Bingo'
Young Grace niwe uje kuri stage mu ndirimbo ‘Bingo’
Young Grace ni umwe mu bahanzikazi bari muri PGGSS IV
Young Grace umuraperi w’umukobwa uri guhatana muri PGGSS IV
Jules Sentore mu ndirimbo ye 'Dutaramane'
Jules Sentore mu ndirimbo ye ‘Dutaramane’
Jules Sentore hano yaririmbaga indirimbo ye nshya yise 'Ngera'
Jules Sentore aririmba indirimbo ye nshya yise ‘Ngera’
Aba ni bamwe mu muryango wa Jules Sentore baje kumushyigikira
Aba ni bamwe mu muryango wa Jules Sentore baje kumushyigikira
Bruce Melodie mu ndirimbo ye 'Indorerwamo'
Bruce Melodie mu ndirimbo ye ‘Indorerwamo’
Bruce Melodie kubera umunezero yeretswe n'abakunzi be watumye ajya mu kirere
Bruce Melodie mu kirere yishimana n’abafana be
DJ Mupenzi niwe urimo gususurutsa abantu baje kureba aba bahanzi mu gihe nta muhanzi uraza kuri stage
DJ Mupenzi niwe wasunikaga muzika ikagera ku bari aho
Christopher mu ndirimbo ye yise 'Iri joro'
Christopher mu ndirimbo ye yise ‘Iri joro’
Hano Christopher yerekanaga umubare '4' azatorerwaho.
Christopher ati “umubare  ni’4′ mumpa amahirwe”
Teta Diana mu ndirimbo yise 'Kata'
Teta Diana mu ndirimbo yise ‘Kata’
Teta Diana rimwe na rimwe acishamo akanabyina
Teta Diana wagaragaye kuri stage yambaye ikanzu, ibintu bitamenyerewe cyane kuri stage
Bamwe mu banyamakuru barimo gukurikirana uko iki gitaramo kirimo kugenda
Bakurikiye uko igitaramo kiri kugenda
Dream Boys baje kuri stage mu ndirimbo bise 'Nshatse inshuti'
Dream Boys baje kuri stage mu ndirimbo bise ‘Nshatse inshuti’
Dream Boys rimwe mu matsinda akomeye mu Rwanda hano ni mu ndirimbo 'Urare aharyana'
Dream Boys itsinda rikomeye mu Rwanda, baririmba indirimbo yabo ‘Urare aharyana’
Active ni uku imibyinire yabo yari imeze kuri stage aho abantu bose bakomeye induru icya rimwe
Active baje baguruka cyane
Itsinda rya 'Active' ni rimwe mu matsinda yamenyekanye cyane mu gihe cy'amezi 3 gusa
 ‘Active’ bamaze kwamamara cyane, umwihariko wabo bararirimba bakanabyina neza cyane
Jay Polly mu ndirimbo 'ikosora'
Jay Polly mu ndirimbo ‘Ikosora’, umuraperi ukunzwe bigaragara
Mu ndirimbo ye nshya yise 'Oh My God' Jay Polly yashimishije abantu
Jay Polly yashimishije abakunze be cyane
Amag The Black niwe muhanzi uririmbye nyuma y'abandi nkuko twabitangaje haruguru
Amag The Black niwe muhanzi waririmbye nyuma y’abandi nkuko twabitangaje haruguru
Amag The Black mu ndirimbo 'Agakayi' ni umwe mu bahanzi bashimishije abantu bari baje muri icyo gitaramo
Amag The Black mu ndirimbo ‘Agakayi’ nawe yashimishije abantu bari baje muri icyo gitaramo
Abashinzwe umutekano mu kazi katoroshye baba bafite
Abana bato baje kureba abahanzi i Huye

Nguko uko byari byifashe i Ruhande muri Roadshow ya gatatu ya PGGSS ya kane, Biteganyijwe ko ku itariki ya 10 Gicurasi 2014, ahatahiwe ni Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

Photos/MUZOGEYE Plaisir

Joel Rutaganda
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • birakaze pee sinzi uzagitwara noneho!

  • nemera jay polly igikombe azagitwara kandi turi kumutora.

  • nibitagenda nabi ndabona JAYPOLLY azakijyana pe!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

en_USEnglish
en_USEnglish