Pariki y’Akagera: Amafoto y’inyamaswa ‘ziyituyemo zituje’
Iyi pariki yashinzwe muri 1934 ikaba ifite ubuso bwa 1,122 km². Ni imwe muri pariki Ikora ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania. Kubera ibibazo by’ubwiyongere bw’abaturage ndetse no gutahuka kw’impunzi, ubuso runaka bw’iyi pariki bwigeze kwangizwa n’ibikorwa bya muntu. Muri iki gihe yasubijwe ubuzima, inyamaswa ziyituyemo zirakenye. Ikora ku turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare.
Muri 2010 ikigo kitwa African Parks hamwe na Leta y’u Rwanda cyatangiye gukora ibishoboka kugira ngo iyi pariki yongere isubire uko yari imeze mu myaka yashize.
Iyi Pariki yiswe Akagera kubera uruzi rw’Akagera ruyambukiranya mu gice cyayo cy’Uburasirazuba rukanaha amazi ikiyaga cya Ihema.
Muri iyi pariki harimo ibiyaga bitandukanye, ibibaya, ibisiza, imisozi, n’ibindi bituma iba imwe muri pariki zihariye muri Africa.
Abahanga mu binyabuzima no kurengera ibidukikije bavuga ko Pariki y’Akagera ifite urusobe rw’ibinyabuzima rukize cyane kandi ikaba ifite ibiyaga byinshi birimo ibinyabuzima byinshi.
Iri mu za mbere zitaweho na Leta muri Africa.
Inyamaswa ziba muri pariki y’Akagera zirimo amoko menshi:
Hari imbogo, intare, ingwe, impyisi, inzovu, impala n’imparage, inyemera, amoko y’inzoka, inyoni zo mu moko menshi n’izindi nyamaswa.
Amafoto yerekana zimwe mu nyamaswa ziba muri Pariki y’Akagera:
Reba video ubwo inkura zavuye i Burayi zinjizwaga muri iyi pariki:
Photos@RDB(with partners)& UMUSEKE.RW
UMUSEKE.RW
0 Comment
Ibi bitwibutsa ukuntu Ubusitani bwa Eden bwari bumeze.Niyo mpamvu bibles nyinshi zandika Eden Garden cyangwa Eden Paradise.Ethmologically,paradise bisobanura garden cyangwa park.Ntabwo Paradise bivuga Ijuru.Muli 2 Peter 3 murongo wa 13,havuga ko dutegereje isi nshya n’ijuru rishya.Nukuvuga ko isi izaba paradizo,ituwe n’abantu bumvira Imana gusa,kubera ko abakora ibyo itubuza izabakura mu isi nkuko Imigani igice cya 2 umurongo wa 21 na 22 havuga.
Bible ivuga ko abantu bazajya mu ijuru,bazakora akazi ko “kuyobora isi” izaba paradizo.Yesu nawe ntabwo yigishaga ijuru gusa.Urugero,muli Matayo 5:5 yavuze ko abantu beza bazaragwa isi (Ils heriteront la Terre).Nukuvuga izaba paradizo.Ntabwo Bible yigisha ko twaremewe kuzajya mu ijuru.Bible yerekana ko abanga kumvira Imana,iyo bapfuye biba birangiye.Ntabwo bazazuka ku munsi wa nyuma.
WARAHAGEZE C. CY WARABUBONYE?????????????????? HAHHH MWIGIZE BABA MENYA!
Comments are closed.