Digiqole ad

Perezida Andry Rajoerina yarusimbutse

Perezida Andry Rajoelina  wa Madagascal  yasimbutse Igisasu cyo mu bwoko bwa bombe nicyo yari yatezwe muri iri joro  ryo kuwa kane rishyira ku wa Gatanu, iki gisasu cyikaba cyari cyatezwe imodoka ye y’ivatiri nkuko bitagazwa na bamwe mu bayobozi b’iki gihugu.

Ibiro ntaramakuru Reuters dukesha iyi nkuru bivugako ko ibi bitangazwa na  Lt. Col. Fidimalala Rafaliarison umwe mu barinda umutekano wa Rajoelina mu biganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yavuze ko, iri turika ry’iki gisasu ryanyuze mu nzira perezida  Andry Rajoelina yakundaga kunyuramo maze nticyagira uwo gihitana mu modoka yarimo .

Imodoka ndetse na amaburende zari ziherekeje umukuru w’igihugu Rajolina  ntizahagaze kandi zikaba zangiritse nkuko  iri ibitangazwa n’umwe mu ba ofisiye b’ingabo zishinzwe kumurinda. Nyuma y’ibi bitero byibasiye uyu mukuru w’igihugu ibindi bisasu bibiri harimo igifite umugozi wa metero 15 nabyo we byavumbuwe aho byari bitezwe mbere y’uko bigira uwo bihitana .

Minisitiri w’intebe Camille Vitala, yagize ati: ‘birashoboka ko ibi bisasu byari bigamije guhitana umukuru w’igihugu cyangwa se bikaba ari iby’iterabwoba, gusa uko byagenda kose iperereza rizashyira ahagaragara ukuri kwabyo.

Mu kwezi kwa cyenda 2009, Ibisasu nk’ibi  bikaba  byaratezwe perezida Andry Rajoelina, uri ku butegetsi guhere mu kwezi kwa Werurwe 2009.  Rajoelina yabaye perezida wa Madagascal  nyuma yo guhirika ku butegetsi uwari perezida Marc Ravalomanana,abishijwemo  na bamwe mu ngabo z’ iki gihugu zigometse ku butegetsi bwe.

Jonas MUHAWENIMANA
Umuseke.com

en_USEnglish