Digiqole ad

Gutungurwa gukomeye mu 10 bazahatanira PGGSS4

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Werurwe,  Gikondo nibwo hatangajwe abahanzi 10 bazahatana mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 4. Nyuma yo kuririmba kwa buri umwe muri 15, 10 baje gutangazwa basize impaka no kugibwaho impaka kuri benshi.

Ubwo Jay Polly yahamagarwaga ari uwa 10, abantu bose bakiyamirira, abahanzi bamwe na bamwe bifasha ku munwa babonye ukuntu akunzwe.
Ubwo Jay Polly yahamagarwaga ari uwa 10, abantu bose bakiyamirira, abahanzi bamwe na bamwe bifasha ku munwa babonye ukuntu akunzwe.

Igitaramo cyitabiriwe n’imbaga y’abantu benshi ku buryo ugereranyije abinjiye n’abasubiyeyo bajya kungana.

Nyuma yo gutarama imbere y’imbaga n’akanama k’abakemurampaka hatangajwe ko abakomeje mu irushanwa ari abahanzi; Young Grace, Active (itsinda), Senderi International Hit, Jules Sentore, Dream Boys, Teta Diane, Bruce Melody, Christopher n’abaraperi Amag the Black na Jay Polly.

Naho abahanzi; Urban boys, Kamishi, Paccy, Edouce na Uncle Austin bakaba bahise basezererwa mu irushanwa.

Witegereje neza amazina azwi cyane hirya no hino mu gihugu yasigaye, hakomeza ashobora kuba atazwi cyane ariko yakoze ibyo yasabwaga.

Uko byari byifashe mu gitaramo:

Itsinda ry’abakemurampaka batatu riyobowe na Aimable Twahirwa riratanga amanota hakurikijwe ibintu bine:

-Popularity and interaction (Gukunda n’uko ushimisha abakunzi ba muzika bitabiriye iki gitaramo) bifite amanota 30%

-Performance and vocal ability (Uko witwaye ku rubyiniro n’ubuhanga mu miririmbire) bifite 30%

-Stage appearance (Uko umuhanzi yagaragaye ku rukiniro) bifite nabyo 30%

-Discipline (ikinyabupfura ku rukiniro) bifite 10%

Itsinda ry'abakemurampaka riyobowe na Twahirwa (urimo hagati) niryo rifite ijambo rikuru ku bahanzi baribukomeze.
Itsinda ry’abakemurampaka riyobowe na Twahirwa (urimo hagati) niryo rifite ijambo rikuru ku bahanzi baribukomeze.
Umunyarwenya Arthur niwe washyushyaga ibi birori n'inzenya nyinshi.
Umunyarwenya Arthur niwe washyushyaga ibi birori n’inzenya nyinshi.
Umunyarwenya Gaturu, Karokaro n'andi menshi akunda kwiyita niwe uyoboye ibi birori
Umunyarwenya Arthur, Karokaro, Rutura n’andi menshi akunda kwiyita niwe uyoboye ibi birori

20h10: Jules Sentore niwe utangiye asusurutsa abakunzi ba muzika bitabiriye iki gitaramo. (Udatsikira)

Jules Sentore niwe wabanjirije abanzi bahatana ku rukiniro.
Jules Sentore niwe wabanjirije abanzi bahatana ku rukiniro.

20h17: Bruce Melody (Ndumiwe)

 

Bruce Melody
Bruce Melody

20h21: Uncle Austin (Nzakwizirikaho)

Uncle Austin
Uncle Austin

20h27: Edouce (Akandi ku mutima)

Edouce
Edouce

20h34: Amag the Black (Uruhinja)

Amag the Black yazanye igipupe ubwo yaririmbaga indirimbo ye Uruhinja yamenyekanyeho cyane
Amag the Black yazanye igipupe ubwo yaririmbaga indirimbo ye Uruhinja yamenyekanyeho cyane

20h39: Active (Uzansaza)

Itsinda rya Active.
Itsinda rya Active.

2oh40: Young Grace (Ikimenyane)

Young Grace
Young Grace

20H47: Paccy (Miss President)

Paccy aririmba Miss President
Paccy aririmba Miss President
Paccy nawe ntako atari yagize ngo ashimishe abafanabe.
Paccy nawe ntako atari yagize ngo ashimishe abafanabe.

 

Paccy nawe ntako atari yagize ngo ashimishe abafanabe.
Paccy nawe ntako atari yagize ngo ashimishe abafanabe.

20h53: Teta (Fata Fata remix)

Teta Diane aririmbira abakunzi ba muzika.
Teta Diane aririmbira abakunzi ba muzika.

20h58: Senderi International Hit (Jalousie), uyu muhanzi yikururiye abafana dore ko yavuye ku rubyiniro abantu benshi batangiye kumufana.

Senderi International Hit nawe yashimishije abantu cyane.
Senderi International Hit nawe yashimishije abantu cyane.

21h03: Kamichi (Ubuntu butiza urugi)

Kamichi aririmba ntabwo yahagurukije abantu cyane.
Kamichi aririmba ntabwo yahagurukije abantu cyane.
Ubwo Kamichi yaririmbaga bamwe mu bakunzi ba muzika bari bifashe mapfubyi.
Ubwo Kamichi yaririmbaga bamwe mu bakunzi ba muzika bari bifashe mapfubyi.

21h09: Jay Polly (Deux fois deux) bigaragara ko ari we muhanzi winjiye ategerejwe n’abantu benshi cyane.

Jay Polly yakiriwe n'abafana benshi cyane, bamufasha kuririmba.
Jay Polly yakiriwe n’abafana benshi cyane, bamufasha kuririmba.

21h14: Urban Boys (Ancilla)

Urban Boys n'ubwo ntako batagize kuri rubyiniro amahirwe ntiyabahiriye.
Urban Boys n’ubwo ntako batagize kuri rubyiniro amahirwe ntiyabahiriye.

21h22: Dream Boys (Urare aharyana)

Dream Boys bakiriwe n'abakunzi babo batari bacye, babafasha kuririmba.
Dream Boys bakiriwe n’abakunzi babo batari bacye, babafasha kuririmba.

 

Platini wo muri Dream Boys yerekanye ko no kubyina abishoboye.
Platini wo muri Dream Boys yerekanye ko no kubyina abishoboye.

21h28: Christopher (Ndabyemeye)

Christopher nawe yasusurukije abantu karahava.
Christopher nawe yasusurukije abantu karahava.

21h33: Abahanzi bose bahatana bamaze kuririmba, itsinda ry’abakemurampaka rigiye kwiherera bateranye amanota.

Hagati aho abasore b’abanyarwenya bazwi nka “Comedy Night” basusurukije abari bitabiriye ibi birori n’inkuru nyinshi zisekeje.

Umunyarwenya Arthur na mugenzi we bo muri Comedy Night basetsa abantu.
Umunyarwenya Arthur na mugenzi we bo muri Comedy Night basetsa abantu.

22h12: Abahanzi bahamagawe ku rukiniro kugira ngo bamenyeshwe abahanzi 10 bagiye gukomeza.

Aha umukobwa wo muri Protocol ya Bralirwa yakiraga impapuro abakemurampaka bari batangiyeho amanota.
Aha umukobwa wo muri Protocol ya Bralirwa yakiraga impapuro abakemurampaka bari batangiyeho amanota.

Uko abahanzi 10 bakomeje bahamawe bakurikirana:

Mbere yo guhamagara umuhanzi wa mbere, abahanzi n’abakunzi ba muzika bose bari batuje bategereje kumva abahanzi bakomeza, by’umwihariko abahanzi bo bari bafitemo n’ubwoba.

Aha bari bakiri bose mbere yo kujonjoramo icumi bakomeza.
Aha bari bakiri bose mbere yo kujonjoramo icumi bakomeza.

Umuhanzi wa mbere: Young Grace

Young Grace akimara guhamagarwa yashyize intoki hejuru agaragaz ibyishimo.
Young Grace akimara guhamagarwa yashyize intoki hejuru agaragaz ibyishimo.

Umuhanzi wa kabiri: Active

Umuhanzi wa gatatu: Senderi International Hit

Umuhanzi wa kane: Jules Sentore

Umuhanzi wa gatanu:  Dream Boys

Umuhanzi wa gatandatu: Teta Diane

Umuhanzi wa karindwi: Bruce Melody

Umuhanzi wa munani: Christopher

Umuhanzi wa cyenda: Amag the Black

Umuhanzi wa cumi: Jay Polly

Active, Sentore, Bruce Melody, Teta na Amag TheBlack ni ubwa mbere binjiye muri iri rushanwa bakaba bahise babona amahirwe yo gukomeza mu 10 ba nyuma bazahatana bazenguruka mu gihugu biyereka abafana babo.

Ibitaramo byo mu Ntara bikorwa hifashishijwe amaCD aribyo bita “Playback” bizatangira mu mpera z’icyumweru gitaha, bihere i Cyangugu.

Ibyo abafana batangazaga nyuma yo gutora abahanzi 10:

Ku bagiyemo: Cyane abafana bagarukaga ku itsinda Active na Teta Diana.  Active izwi nk’itsinda rishya rizi kuririmba no kubyina ariko ridafite indirimbo nyinshi zikunzwe cyangwa zamenyekanye. Teta ni umuririmbyi w’umuhanga ariko nawe utaragera ku rwego rwo kuba ‘SuperStar’ kuko ngo nta ndirimbo ze zizwi zikunzwe afite.

Ku bavuyemo: Itsinda Urban Boys ryari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, abafana bavuga ko aba bahanzi ari aba ‘star’ bijyanye n’iri rushanwa, bafite indirimbo zakunzwe kandi nabo barakunzwe cyane mu gihugu hose. Kuvamo kwabo byatunguye benshi. Kuvamo kwa Paccy nabyo bisa n’ibyatunguye bamwe bavuga ko yagombaga guhabwa amahirwe imbere ya Teta Diana kuko Paccy amurusha indirimbo ndetse anamurusha kumenyekana.

Ibi byose ariko ni iby’abafana bavugaga, ntabwo bigendeye kubyo ‘abakemurampaka’ batangaje bagenderaho.

Riderman wegukanye PGGSS3 nawe yari yaje kwirebera abahatanira kugera ikirenge mucye.
Riderman wegukanye PGGSS3 nawe yari yaje kwirebera abahatanira kugera ikirenge mucye.
Active n'ubwo yatunguye benshi, yabashije kugaragaza ko hari icyo ishoboye.
Arthur atangaza ko itsinda rya Active naryo rikomeje.
Kuri Teta umaze igihe gito yigaragaje mu ruhando rwa muzika nyarwanda byari ibyishimobyari byinshi.
Kuri Teta umaze igihe gito yigaragaje mu ruhando rwa muzika nyarwanda byari ibyishimobyari byinshi.

Kamanzi V. na Joel Rutaganda
Photos: P. Muzogeye
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • KERA NARI NZI KO VIRUS YO KUBONA IBINTU KU BURYO BUCURAMYE, CG BUTANYUZE MU MUCYO, TWABIHARIYE FERWAFA, NONE BIGEZE NO MURI MUSIC KWELI? TETA, YOUNG GRACE, BAZARIRIMBA IKI BURIYA? AHAA NZABA MBARIRWA!

  • “Abakemurampaka”????? ahubwo ni abaterampaka

  • Muvane amatiku aho niba ari live ni live teta ninde umurusha live mbere yo gutikura

  • Najye tyo ababakobwa babiri rwose sinzi bigomba kuba byabaye ikimenyane gusa kuko paccy arabarusha bose muri bariya bakobwa .

  • urban boys mwayiriye bigaragara

  • no comment bikorwa n’abantu erega kandi mujye mumenya ko turi abanyafurika.

  • Mbenga pggss itandukanye ntizindi zabaye,ese koko yaba ari pgss hakuburamo urban boyz,bayihundurire izina kbsa!iyitwe kkss(kata kata super stars)

  • Ariiko murasetsa koko bababwiye ibyo bagendeyeho cyangwa ntimwabyumvise?ntawigeze ababwirako utsinda Ari usabzwe azwi never, mujye mukurikira mureke itiku

  • URBAN BOYS BAVAMO GUTE?guma guma irananiwe,nibareke taska ikore.

  • Critère yo kuba ufite indirimbo nyinshi cyangwa uzwi cyane ntabwo yari irimo kandi byari byasobanuwe neza mbere y’uko irushanwa ritangira,niyo mpamvu rwose njyewe nemeranya 100% n’abakemurampaka. Négligeance ku bahanzi nka Urban Boys;Kamishi ndetse na Uncle Austin nibyo byatumye bakubitirwa ahareba i Nzega. ntacyo batweretse kabisa,badutuburiye. Ibi bizatuma Guma Guma iryoha kuko abasigayemo nemeza ko bazaza noneho batwika. SENDERI na ACTIVE ndetse na DREAM BOYS nibo bigaragaje,baryoheje kurusha abandi. tureke amarangamutima yandi.

  • Umva njyew ndumva izina PRIMUS GUMUMA GUMA SUPER STAR ryahinduka kuko SUPER STAR muvuga sinzi abo aribo

Comments are closed.

en_USEnglish