Digiqole ad

Kuki bahumiriza iyo baririmba?

Abahanzi babajijwe n’Umuseke bamwe ntibabasha kubisobanura neza. Umwe akubwira ko ashiduka byabaye gusa, akumva ari ibintu ataba afiteho ubwigenge bwo kutabikora. Imbamutima n’umunezero byaba aribyo bibitera.

Abenshi bavuga ko batazi uko bigenda
Abenshi bavuga ko batazi uko bigenda

Kuririmba ni umwuga utunze benshi, ariko ntuzabona umunyapolitiki avuga ijambo ngo ahumirize, ahubwo arakanura cyane, nta mwubatsi uhumiriza ku gikwa kuko arebye nabi yahanuka, nta musirikare uhumiriza kukazi, nta mwalimu wigisha ngo ahumirize kuriya abwira abanyeshuri, umukinnyi nawe ntiyakwibeshya, umushoferi we abikoze yaba akwiye no kubihanirwa. Ariko umuririmbyi uri imbere y’abantu abaririmbira ni bacye barangiza badahumirije iyo byagenze neza.

Kuririmba ni umwuga usibye kwinjiza amafaranga unaha umunezero uwukora iyo abonye ko abo awukorera banezerewe.

Kimwe mu biranga imbamutima (emotions) z’abantu habamo guseka, kurira, gusimbukana ibyishimo, ku baririmbyi usanga hazamo no guhumiriza mu gihe baririmba cyangwa no kubikora byose.

Guhumiriza baririmba ubundi bizwi cyane mu baririmbira Imana kuko ibijyanye n’ukwemera bishingiye cyane ku marangamutima biganisha cyane ku bikorwa Imana yabakoreye babanza kubonesha imitima. Ibi bikajanjagura imitima bikuzura umubiri maze uririmba n’uririmbirwa bakaba bakwisanga bahumirije bakira ubwo butumwa mu mibiri na roho zabo.

Si muri ‘Gospel’ gusa ariko, na Jay Polly cyangwa Riderman nubwo baba bakubita Hip Hop hasi no hejuru, hari ubwo imbamutima zibarenga nabo bagahumiriza. Si mu muziki ukora kuri roho gusa ahubwo uzasanga n’abaririmba imiziki ishimisha umubiri ikanavuga ku burima busanzwe nabo bacishamo bagahumiriza.

Guhumiriza ariko kandi ku baririmbyi b’abanyemajwi akomeye (vocalists) bibafasha cyane kugorora, bamwe bemeza ko basinzira kugira ngo bashyire imbaraga (concentration) mu ijwi ryabo risohoke nta karaza.

Ku rundi ruhande ariko ngo hari n’abahanzi babikorana urwiganwa, rumwe rwamaze abana b’imbeba ku rusenge.

Abakunzi ba muzika bavuga ko bene aba biigaana, ugira utya ukabona arahumirije nk’uwo babitegetse yahumura amaso nabwo ukagirango ni umuntu umukanze, aka rwa rukwavu rwari rwikinze izuba munsi y’igiti cy’amapapayi hagahubuka imwe. Bene aba bahanzi nabo rero abahanga mu bakurikira muzika barababona.

Guhimiriza mu bakora muzika uko bigaragara ni uruhurirane rwo guhuza ubuhanga, umunezero, imbamutima n’ibyiyumvo by’umubiri w’uririmba biturutse kandi ku bo aririmbira.

Aime Uwimana arahogoza ahumirije
Aime Uwimana arahogoza ahumirije
Cecile Kayirebwa nawe acishamo agahumiriza agahogoza
Cecile Kayirebwa nawe acishamo agahumiriza agahogoza
Aline Gahongayire nawe ahumiriza kesnhi ari kuririmba
Aline Gahongayire nawe ahumiriza kesnhi ari kuririmba
Bruce Melodie nawe atwarwa n'umuziki we maze agahumiriza
Bruce Melodie nawe atwarwa n’umuziki we maze agahumiriza
Dream Boyz nabo banyuzamo bagahumiriza
Dream Boyz nabo banyuzamo bagahumiriza
Gaby Kamanzi aranezerewe araririmba ahumirije
Gaby Kamanzi aranezerewe araririmba ahumirije
Jule Sentore nawe ahumiriza cyane iyo ari guhogoza
Jule Sentore nawe ahumiriza cyane iyo ari guhogoza
King James yatwawe na muzika ye
King James yatwawe na muzika ye
Kitoko nawe bimubaho
Kitoko nawe bimubaho
Knowless nawe aratwarwa agahumiriza
Knowless nawe aratwarwa agahumiriza
Liza, umuhanga mu ijwi ageraho agahumiriza nawe
Liza, umuhanga mu ijwi ageraho agahumiriza nawe
Jali mu kajwi ke keza nawe arahumiriza
Jali mu kajwi ke keza nawe arahumiriza
Uyu mubyeyi uzwi mu "Intsinzi"
Uyu mubyeyi uzwi mu “Intsinzi”
Intore Massamba
Intore Massamba
Mavenge Soudi mu ndirimbo ye Gakoni k'Abakobwa
Mavenge Soudi mu ndirimbo ye Gakoni k’Abakobwa
Miss Channel aririmba
Miss Channel aririmba
Patrick Nyamitari nawe
Patrick Nyamitari nawe
Rass Kayaga nawe muzika iramutwara agahumiriza
Rass Kayaga nawe muzika iramutwara agahumiriza
Bakubita Rap kandi nabo bagahumiriza
Bakubita Rap kandi nabo bagahumiriza
Ashimisha abantu nawe akishima, uyu ni Safi uhumirije
Ashimisha abantu nawe akishima, uyu ni Safi uhumirije
Senderi aricugusaaaaa akaza kugeraho agatuza nawe agahumiriza
Senderi aricugusaaaaa akaza kugeraho agatuza nawe agahumiriza
Tete mu ijwi rye
Tete mu ijwi rye
Papa Ellah ushobora kwibaza ko yagiye mu mwuka
Papa Ellah ushobora kwibaza ko yagiye mu mwuka
Iyo abahanzi badashimishije abafana bo barasinzira, uyu ni Nero wiruhukiye
Iyo abahanzi badashimishije abafana, aba nabo barasinzira, uyu ni Nero wiruhukiye

 

Photos/Plaisir MUZOGEYE/UM– USEKE

Plaisir MUZOGEYE
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • umuseke ndabakunda birenze igipimo kuko muzi ibyo mubamo rwose ntangazwa nkukuntu muba mwatekereje gukusanya story nkiyi nukuri bikandenda

    • yeeeehhh!!!papa ellah nari nyobewe uwo ari we naho ni TOM close!!! SHA MURANSEKEJE KABISA.

  • Wanditse neza cyaneeee, Plaisir, komereza aho!

  • Murandangije n’ iyo foto ya Nero!!!

  • hhhhhhhhhhhhhhhhhhhhh !!!!!! Nero se nawe yari yatwawe n’umuziki cg ni umunaniro w’agasembuye ?????????????? kkkkkkkkkkkkkkkkk

  • Dore senderi ndakashahurwa!ahubwo arasura.

  • muranejeje muriki gitondo peeeeeeeee

  • the best photo is the one of Nero, muri abambere ndabemeye kweli!

  • Plaisir ndakwemera pe uzi kuryoshya inkuru, ariko iyi yo iherukwa na Nero irandenze.

  • Niba ari emotion ko ntawe urannya kuri stage?

    • wewese iyo ugize emotion ukora ibyo?please!!
      kwiyubaha nabyo n’indangagaciro naho ubundi gusinzira n’ibyikora cg se birizana.

Comments are closed.

en_USEnglish