Digiqole ad

Kayonza: Abahanzi bahatanira Guma Guma basuye abakecuru b’incike

 Kayonza: Abahanzi bahatanira Guma Guma basuye abakecuru b’incike

Allioni yafashe ifoto y’urwibutso n’uyu mukecuru yari amaze guha igitenge

Abahanzi 10 bitegura guhatanira Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) VI basuye imiryango y’abakecuru b’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi barindwi (7) babana mu nzu imwe bubakiwe n’uruganda rukora ibinyobwa Bralirwa mu mudugudu wa Kiyovu, Akagari ka Musumba, Umurenge wa Nyamirama, Akarere ka Kayonza.

Aba ni abakecuru barindwi '7' bahawe ubwo bufasha
Aba ni abakecuru barindwi ‘7’ bahawe ubwo bufasha

Aba bakecuru bose bari mu kigero cy’imyaka 80, ngo binjiye muri iyi nzu ari umunani (8) umwe aza kwitaba Imana, ubu bayisigayemo ari barindwi.

Kuri uyu wa gatanu, abahanzi bahatanira PGGSS VI, n’ubuyobozi bwa EAP itegura iri rushanwa babasuye bitwaje ibiribwa, isukari, amavuta yo guteka, imifuka 10 y’umuceri,amasabune yo kumesa, ibitenge 14 byo kwambara, na Radio zo kumva.

Aba bahanzi kandi banatanze Sheki y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 azakomeza gufasha aba bakecuru mu minsi iri imbere.

Mukunzi Athanase, umuyobozi w’Umurenge wa Nyamirama yashimiye cyane aba bahanzi ku gikorwa kiza bakoze ndetse anabasaba gukomeza kugira umutima w’impuhwe muri bo.

Uyu muyobozi yavuze ko ari inzira nziza bereka abana n’abandi babakunda n’abakunda ibihangano byabo.

Gahongayire Jeannette, Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Abapfakazi ba Jenoside AVEGA mu Ntara y’Iburasirazuba we yavuze ko abo bakecuru nta kibazo kihariye bakunze guhura nacyo kuko bitabwaho mu buryo bushoboka bwose.

Mukabagwiza Oda wari uhagarariye Unity Club yavuze ko gukora igikorwa nk’iki ari urugero rwiza kandi ari n’ikizere cy’uko ejo n’ejo bundi hazaza ari heza ku rubyiruko rw’u Rwanda. Asaba ko urubyiruko gukomeza gushyira imbaraga zarwo mu bikorwa byose igihugu kirukeneyeho amaboko.

Mukabayire Valerie, Umuyobozi wa AVEGA ku rwego rw’igihugu yavuze ko yishimira cyane igikorwa aba bahanzi bakoze kuko ngo ari ubwa mbere aba bakecuru basuwe bari hamwe, ngo mbere basurwaga mu ngo zitadukanye aho babaga bacumbikiwe.

Abayobozi ba Bralirwa ku rugo rw'abo bakecuru
Abayobozi ba Bralirwa ku rugo rw’abo bakecuru
Mu modoka bajya i Kayonza
Mu modoka bajya i Kayonza
Nizzo,Bruce Melodei, Tino na Safi berekeza mu rugo rw'abo bakecuru
Nizzo,Bruce Melodei, Tino na Safi berekeza mu rugo rw’abo bakecuru
Umutare Gaby na Bob wo muri TBB
Umutare Gaby na Bob wo muri TBB
Young Grace na Allioni bari bafite ibitenge bazaniye abo bakecuru
Young Grace na Allioni bari bafite ibitenge bazaniye abo bakecuru
Mushyoma Joseph umuyobozi wa EAP nawe yakoze akazi ko guterura kimwe n'abandi bahanzi
Mushyoma Joseph umuyobozi wa EAP nawe yakoze akazi ko guterura kimwe n’abandi bahanzi
Christopher na Jules Sentore bari bafatanyije gutwara umuceri
Christopher na Jules Sentore bari bafatanyije gutwara umuceri
Danny Vumbi yari yikoreye umufuko w'umuceri
Danny Vumbi yari yikoreye umufuko w’umuceri
Uyu ni umwe mu bakecuru batabarutse
Uyu ni umwe mu bakecuru batabarutse
Ibi n'ibikoresho byatanzwe
Ibi n’ibikoresho byatanzwe
Bano basore bareba bamwe mu bahanzi bakunda imbona nkubone
Bano basore bareba bamwe mu bahanzi bakunda imbona nkubone
Iyi n'inzu abo bakecuru babamo
Iyi n’inzu abo bakecuru babamo
Mu gikari cy'iyo nzu babamo
Mu gikari cy’iyo nzu babamo
Aka ni akarima k'igikoni
Aka ni akarima k’igikoni
Aha Christopher yashimirwaga n'uyu mukecuru ku gikorwa amukoreye
Aha Christopher yashimirwaga n’uyu mukecuru ku gikorwa amukoreye
Danny Vumbi yatebyaga n'uyu mukecur
Danny Vumbi yatebyaga n’uyu mukecur
Allioni yafashe ifoto y'urwibutso n'uyu mukecuru yari amaze guha igitenge
Allioni yafashe ifoto y’urwibutso n’uyu mukecuru yari amaze guha igitenge
Ishusho yerekana inyubako yubatswe na Bralirwa
Ishusho yerekana inyubako yubatswe na Bralirwa
Itsinda rya TBB ryatanze zimwe mu mpano bari bitwaje
Itsinda rya TBB ryatanze zimwe mu mpano bari bitwaje
Humble, Nizzo na Safi bashyikiriza abo bakecuru ibitenge
Humble, Nizzo na Safi bashyikiriza abo bakecuru ibitenge
Danny Nanone yarimo atebya n'uyu mukecuru
Danny Nanone yarimo atebya n’uyu mukecuru
Mukabagwiza Oda wari uhagarariye Unity Club na bamwe mu bakecuru basuwe
Mukabagwiza Oda wari uhagarariye Unity Club na bamwe mu bakecuru basuwe
Humble yamwigishaga uko azajya ashyiraho iyo Radio
Humble yamwigishaga uko azajya ashyiraho iyo Radio
Ifoto y'urwibutso na cheque y'amafaranga ibihumbi 500.000 frw
Ifoto y’urwibutso na cheque y’amafaranga ibihumbi 500.000 frw

Photos/Mugunga Evode/UM– USEKE

Rutaganda Joel
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Iki gikorwa nicyiza cyane kuko gisubiza imbaraga aba bakecuru bacu babuze ababo hakiri kare cyane kandi kumaherere.
    ndashi,ira aba bahanzi ariko cyane nizere ko babikoze bibavuye ku mutima atari uko bari mw’irushanwa cyangwa ngo bifotoze gusa.

Comments are closed.

en_USEnglish