Digiqole ad

Iyi Eid al-Fitr ni iy’ubwiyunge ku basilamu mu Rwanda – Shiekh Ibrahim

Mufti w’u Rwanda w’agateganyo Sheikh Ibrahim Kayitare mu masengesho yo gusoza igisibo gitagatifu cya Islam kuri uyu wa kane yabwiye abaislam mu Rwanda ko igisibo barangije ndetse n’uyu munsi mukuru wa Eid al-Fitr bikwiye kugarura ubumwe mu baislam mu Rwanda.

Abaislam mu isengesho ryo gusoza igisibo cya Ramadhan kuri uyu wa kane mu gitondo kuri stade ya Kigali i Nyamirambo

Abaislam mu isengesho ryo gusoza igisibo cya Ramadhan kuri uyu wa kane mu gitondo kuri stade ya Kigali i Nyamirambo

Mufti Ibrahim yasabye ko uyu munsi uba uwo gukora ibyiza no gusangira n’abakene n’abaturanyi kandi ibyo bikorwa byiza bigakomeza n’indi minsi yose.

Uyu munsi mukuru ndetse n’igisibo abaislam barangije bibaye nyuma y’amakimbirane yavuzwe mu buyobozi bw’umuryango w’abaislam mu Rwanda (AMUR) ariko bavuga ko bateye intambwe mu gukemura nyuma yo gukuraho Sheikh Gahutu agasimburwa by’agateganyo na Sheikh Ibrahim Kayitare.

Mu isengesho rya none Mufti Kayitare ijambo rye ryibanze ku bumwe bw’abaislam mu Rwanda n’impinduka ngo zikwiye kubaho nyuma y’imyaka igera kuri ibiri havugwa amakimbirane mu buyobozi bw’abaislam mu Rwanda.

Mufti Kayitare yagize ati“Iyo abaislam batavuga rumwe bihungabanya ubuzima ndetse n’imibanire yabo kuko iyo urugingo rugize ikibazo hababara umubiri wose, iyo umuislam umwe aranzwe no kubogama abaislam twese bitugiraho ingaruka”

Mufti w'agateganyo Sheikh Ibrahim Kayitare

Mufti w’agateganyo Sheikh Ibrahim Kayitare

Kayitare yemeza ko ubwumvikane ari ikintu cy’ibanze mu buzima bwa buri munsi, ndetse ubumwe bukaba bugaragazwa n’ibikorwa by’indangagaciro ariko bikagerwaho iyo hari mo gutinya imana.

Mufti Kayitare yasabye abaislam gukunda igihugu cyabo, kurangwa n’uburere mboneragihugu ndetse yanabasabye kuzagira uruhare mu matora y’abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha.

Mu isengesho Mufti w’agateganyo akaba yasabye imbabazi umuryango mugari w’abanyarwanda ku bibazo bimaze iminsi bivugwa mu buyobozi bw’idini ya Islam mu Rwanda.

Yagize ati “muri iyi myaka ibiri,A.M.U.R yateshutse ku nshingano niyo mpamvu umuti w’ubumwe n’ubwiyunge ari ugusaba imbabazi hagati yacu no ku banyarwanda bose.

Mufti Kayitare niwe wari uyoboye amasengesho

Mufti Kayitare niwe wari uyoboye amasengesho

13

Amasengesho ya none yari yitabiriwe n’abasilamu benshi cyane

7

Mu masengesho

6

Abasilamukazi i Nyamirambo nabo mu gice cyabo bari benshi cyane

14

barashimira Allah wabanye nabo muri mwezi Ramadhan

 

16

Barashima cyane Allah

15

Yaje gusoza igisibo bamazemo iminsi ikabakaba 30

17

Nyuma y’amasengesho barashimira Mufti w’u Rwanda

18

Baratashye kwishimira irayidi

 

19

Aba bahungu nabo bishimiye umunsi wa Eid al Fitr

25

Bari baje gusenga ari benshi cyane i Nyamirambo

21

Basabwe gusangira n’abakene n’abaturanyi ibyiza bya Eid

20

Mu byishimo byo gusoza igifungo bagiye mu rugo nyuma y’amasengesho

Photos/C Ndegeya

BIRORI Eric
UM– USEKE.RW

en_USEnglish