Digiqole ad

Isaro Foundation yamuritse ibitabo bigenewe amashuri mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu ku Nzu y’ibitabo y’u Rwanda (Rwanda Library Services), Isaro Foundation ifatanyije n’inzego zitandukanye bamuritse ibitabo birenga ibihumbi 50 bigenewe abana b’u Rwanda biga mu bigo bitandukanye byo mu mashuri y’incuke, ayisumbuye ndetse na za Kaminuza.

Niyigena Olivier avuga ijambo rye yageneye abashyitsi
Jean Leon Iragena avuga ijambo yageneye abashyitsi

Mu kiganiro n’abanyamakuru umuyobozi wa Isaro Foundation Jean Leon Iragena  yatangaje ko bahuguye abantu batandukanye mu Rwanda bikubiye mu matsinda agera ku 100 agamije gufasha Abanyarwanda kwiga gusoma no kwandika.

Isaro kandi ifitanye ubufatanye n’ibihugu bitandukanye byo muri Amerika ndetse no mu Burayi mu rwego rwo gutanya kugira ngo ubumenyi bukwire hose mu Rwanda ndetse no mu byaro.

Umushyitsi mukuru Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yashimiye uwagize igitekerezo cyo gutangiza uyu muryango. Yagarutse ku kamaro ko gusoma, avuga ko bituma ubuhanga bw’abantu bukura mu bitekerezo  kandi bukagera ku bantu benshi.

Hon Gatabazi  J.M.V
Hon Gatabazi J.M.V

Hon Gatabazi J.M.V ashingiye ku bwinshi bw’urubyiruko rw’u Rwanda, yavuze ko gusoma ari uburyo bwiza bwo gusangira ubumenyi ku bantu benshi ndetse no hagati yarwo mu rwego rwo kubona uburyo bwo kwihangira akazi.

Ati “Kuko mwatangiye ntimuzahagarare. Muzakomeze mukore bizatuma urubyiruko rubagana kandi rubigireho mu rwego rwo kugwiza ubumenyi no kugira impenduka mu mibereho yarwo.”

Hon Gatabazi kandi yasezeranya abayobozi ba Isaro Foundation ndetse n’abanyamuryango bayo  ko Leta izababa hafi  mu rwego rwo kubafasha kugwiza imbaraga  bityo bakazavamo abayobozi b’ejo  bafitiye igihugu akamaro.

Isaro yamugeneye igitabo cyerekana imiterere y’Amerika ya ruguru bita Atlas.

Uyu mwaka barateganya gutanga amahugurwa yo gusoma, kwandika ndetse no gushushanya inyandiko mu rwego rwo guteza imbere ubumenyi n’umuco. Mu myaka ushize batanze ibitabo basomera kuri za Mudasobwa ntoya bifasha abana kwiga umuco wo gukunda gusoma no kwandika.

Bahaye kandi amashuri atandukanye yo mu cyaro ibitabo hagamijwe gukwirakwiza ibitabo mu bana mo mushuri yisumbuye aherereye mu cyaro.

Ubuyobozi bwa Isaro Foundation butangaza ko bafite imishinga yo kwagura ibikorwa bwabo uyu mwaka bikakwira hose.

Isaro Foundation ni umuryango ugizwe n’urubyiruko rurenga 150 rukorera mu Rwanda no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Uyu  muryango kandi ufitanye ubufatanye n’imiryango ikorera mu bihugu by’uburayi.

Isaro yamugeneye impano
Isaro yamugeneye impano
Impano bamugeneye ni igitabo cyerekana imiterere ya Amerika cyiotwa Atlas
Impano bamugeneye ni igitabo cyerekana imiterere ya Amerika cyitwa Atlas
Niyigena Olivier na Hon Gtabazi baganira n'abanyamakuru
Jean Leon Iragena na Hon Gatabazi baganira n’abanyamakuru
Abanyamakuru mu kiganiro
Abanyamakuru mu kiganiro
Bagabo Adolphe niwe wari MC
Bagabo Adolphe niwe wari MC  akaba ari n’umwe mu banyamuryango ba Isaro Foundation
Nguru urubyiriko rwo  muri Isaro Foundation mu kwishimira ibyagezweho
Urubyiruko rwo muri Isaro Foundation mu kwishimira ibyagezweho
Abanyamuryango ba Isaro bari bitabiriye ikiganiro
Abanyamuryango ba Isaro bari bitabiriye ikiganiro
Inzi ibitwemo ibitabo i Ndera  muri Seminari ntoya
Inzu ibitsemo ibitabo i Ndera muri Seminari ntoya
Amakarito abitsemo ibitabo
Amakarito abitsemo ibitabo bifite agaciro k’amadolari y’Amerika ibihumbi 240
Hon Gatabazi na Niyigena Oliver bamaze kwereka abanyamakuru aho ibitabo bibitse
Hon Gatabazi na Jean Leon Iragena bamaze kwereka abanyamakuru aho ibitabo bibitse

NIZEYIMANA Jean Pierre
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • burya koko urubyiruko ni imbaraga zigihugu koko gusa reka nshimire abo basore bo mu isaro kuko bakoze igikorwa kiza cyane.

  • ni gikorwa cyiza cyane kandi kizafasha abana benshi

  • Iragena, thank you for your kind support towards Rwandan youth. Thumbs up! I was willing and had promised to participate but had alot of work and failed to turn up as promised. Sorry for that but I’m happy to see some of Intore franked you as always. Keep up the good spirit, the good heart and love for your county Rwanda. Love Bty

  • nukuri umuco wo gusoma bawutoza abana bakiri bato, kuko ntakiza nko gusoma ntawapfa kukubeshya uko yiboneye ngo agushobore mubyo yishakiye kuko uba warasomye byinshi. gusoma biguha experience de la vie. naho abakuru bo ngo nukwisomera icupa da! igiti kigororwa kikiri gito

  • Gusoma ni byiza cyane nanjye nshimiye uyu muryango kuba utoza abana b’u Rwanda gusoma no kwandika. Nanjye nsanzwe ndi umusomyi nkaba n’umwanditsi ariko aho nabitangiriye nasanze rwose umuntu usoma yunguka ubumenyi buri hejuru ya 50 bw’ibyo mwarimu yigishije umuntu mu ishuri. Ikibabaje rero kandi kigomba gukosorwa ni ukuntu ahantu henshi mu gihugu usanga abantu basoma ari abantu bakuze aho kuba urubyiruko kuko usanga ruhugiye cyane mu marushanwa y’imikino. Ni ukuri rubyiruko nshuti zanjye mureke twumve kandi dukurikize inama ISARO Foundation iduhaye.

Comments are closed.

en_USEnglish