Digiqole ad

INYAMIBWA zerekanye ko umuco mu mbyino ugihari

Remera – INYAMIBWA, Itorero ry’umuco nyarwanda rigizwe n’abana bari hagati y’imyaka 19 na 25 biga muri Kaminuza y’u Rwanda ryongeye gutaramira abo mu mujyi wa Kigali kuri uyu mugoroba wo kuwa 02 Kanama kuri stade Amahoro. Abantu bari bitabiriye iki gitaramo banyuzwe cyane n’imbyino z’aba bana ndetse Ministre w’Umuco arabagororera.

Urubyiruko rugize Inyamibwa rwerekana ko rwakomeye ku muco gakondo

Urubyiruko rugize Inyamibwa rwerekana ko rwakomeye ku muco gakondo

Ni igitaramo cyatangiye saa moya z’umugoroba zibura iminota, iri torero rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda i Ruhande ryatangiye zibyinira abari aho imbyino zoroheje ariko zinogeye ijisho.

Nyuma y’igice cya mbere cy’imbyino Nduwayo Jean Paul uyobora iri torero yibukije ko Inyamibwa ari itorero ry’urubyiruko rugamije gukomera ku muco w’igihugu cyabo.

Ministre Mitali Protais ufite umuco mu nshingano ze, nawe wahawe umwanya yashimiye cyane iri torero guhozaho kwaryo, uburyo rigenda ryivugurura bamwe barangiza amashuri hakaza abandi bagakomereza kubyo bakuru babo basize.

Nyuma y’uko Ministre Mitali yari amaze kunyurwa n’igice cya mbere cy’iki gitaramo, yemereye iri torero ko Ministeri ayoboye igiy kujya ikorana nabo mu bishoboka ndetse ko nibikunda bahera mu kwezi gutaha kwa Nzeri.

Ministre Mitali yashimye cyane uru rubyiruko ku kuzirikana umuco wabo

Ministre Mitali yashimye cyane uru rubyiruko ku kuzirikana umuco wabo

Iki gitaramo cyabereye mu ihema kibaye nyuma y’iminsi 496 bakuru b’aba bana bari mu INYAMIBWA umwaka ushize nabo bataramiye muri iri hema ry’umuco bakanyura abari bakitabiriye.

Igitaramo cya none kitabiriwe n’abandi banyacyubahiro nka Ministre w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana, Umunyamabanga mukuru w’Inama nkuru y’Urubyiruko Nkuranga Alphonse, Senateri Laurent Nkusi, umusaza Kalisa Rugano n’abandi.

Igice cya kabiri cy’iki gitaramo cyaranzwe n’imbyino zashimishije abantu cyane zirimo ikinimba, ikinyemera, n’imihamirizo y’abasore ibyivugo n’ibindi byashimishije cyane abitabiriye iki gitaramo.

_MG_1066

Abakobwa mu mbyino za Kinyarwanda

_MG_1146

Imbyino z’ababyeyi za cyera

_MG_1157

Abasore barabyina hafi yabo

Bamwe mu banyamahanga baba mu Rwanda bari bitabiriye iki gitaramo

Bamwe mu banyamahanga baba mu Rwanda bari bitabiriye iki gitaramo

_MG_1134

Abasore b’Inyamibwa barabyina Ikinyemera

_MG_1112

Kalisa Rugano arakomera amshyi abo basore

_MG_1174

Baratega amaboko babyina imishayayo

_MG_1113

Ba Ministre Nsengimana w’Urubyiruko na Mitali w’Umuco bishimiye cyane iki gitaramo

_MG_1160

Abanyamahanga nabo cyabanyuze

_MG_1165

Senateri Laurent Nkusi arihera ijisho uburyo aba bana bagifite umuco w’imbyino z’iwabo

 

_MG_1221

Aha ngo bari baje gusoroma urunyogwe

_MG_1229

Bashiki babo ku murongo barabyinana uduseke ku mutwe

_MG_1240

Muri utu duseke banditse ijambo “AGACIRO”

_MG_1203

Ku murongo abitabiriye igitaramo baritegereza

_MG_1247

INYAMIBWA ngo zirangwa no KWIGIRA no kwihesha AGACIRO nibwo butumwa batangaga hano

_MG_1252

Nyuma bakomeje gutarama bya kinyarwanda

_MG_1278

Abakobwa baratega nk’Inyambo

_MG_1281

Abahungu baravuza ikondera rinogeye amatwi

 

_MG_1294

Abandi baravuna sambwe y’intore

Abaje baritegereza

Abaje baritegereza

_MG_1326

Abakobwa n’ibiseke

_MG_1344

Baje guhagurutsa Ministre nawe atega amaboko kinyarwanda barabyina barishima

_MG_1347

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama y’igihugu y’Urubyiruko Alphonse Nkuranga we byahuriranye n’isabukuru ye maze abaramuririmbira bamwifuriza umunsi mwiza w’Amavuko bamutunguye

Photos/R M Rutindukanamurego

Roger Mark Rutindukanamurego
UM– USEKE.RW

en_USEnglish