Digiqole ad

Bwa mbere mu Rwanda hizihijwe umunsi w’abagororwa witiriwe Mandela

 Bwa mbere mu Rwanda hizihijwe umunsi w’abagororwa witiriwe Mandela

Umuyobozi w’Urwego rw’imfungwa n’abagororwa yashimiye abagororwa bitwara neza muri gereza ya Karubanda

Huye – Ku nshuro ya mbere mu Rwanda kuri gereza ya Karubanda niho hizihirijwe umunsi wahariwe imfungwa n’abagororwa witiriwe Nelson Mandela, Ministiri w’ubutabera Johnston Busingye avuga ko nubwo ababa bafunze hari uburenganzira baba barambuwe ariko ubundi burenganzira bemerewe buba bukwiye kubahirizwa.

Umuyobozi w'Urwego rw'imfungwa n'abagororwa yashimiye abagororwa bitwara neza muri gereza ya Karubanda
Umuyobozi w’Urwego rw’imfungwa n’abagororwa yashimiye abagororwa bitwara neza muri gereza ya Karubanda

Minisitiri Busingye yavuze ko uburenganzira bemerewe mu Rwanda bwubahirizwa cyane cyane uburenganzira bwo kubaho.

Ati “Kuva havaho igihano cy’urupfu ubu uburenganzira busigaye bwose ni ngombwa ko bwubahirizwa ku mfungwa.”

Abagororwa bagaragaje ko hari ubwo uburenganzira bwabo bubangamirwa nk’iyo umuntu afunzwe igihe kirenze kucyo yakatiwe kuko habuze ibyangombwa bituma asohoka bitewe n’uko yagiye yimurirwa muri za gereza zinyuranye.

Minisitiri Busingye yabasezeranyije ko iki kibazo bagiye kugifatanya n’izindi nzego ntikizongere

Minisitiri ati “aho umuntu afungiwe arandikwa nta mpamvu yo kuvuga ko icyangombwa cye cyabuze kandi aho yafungiwe hose baramwandikaga, ubu rero ni ikibazo tugiye gufatanya na buri rwego rwose rubishinzwe.”

Minisitiri ariko nawe yabwiye abafunze ko abagerageza gutoroka bibavuramo ibibazo bikomeye bikubye inshuro nyinshi ibyo bari barimo.

General Inspecter of Prisons George Rwigamba agaruka ku burenganzira bw’imfungwa n’abagororwa yabibukije ko hari uburenganzira bafite ariko hari n’ubwo badafite, aho avuga ko umugororwa atemerewe kwishyira no kwizana.

Ati “kuba utari iwawe byonyine birahagije ko utemerewe byose, ntiwavuga ko ndarya icyo nshaka cyangwa ndakora icyo nshaka kuko utari iwawe. Gusa hari ibyo mwemerewe kandi mugomba kubaho neza kuko abafite ibibazo bitandukanye bitabwaho by’umwihariko.”

Abagororwa bavuze ko bifuza ikoranabuhanga ribafasha kumenya amakuru ku manza zabo n’aho dosiye zabo zigeze. GIP Rwigamba ababwira ko za mudasobwa zatangiye kugera mu magereza kugirango zibibafashemo.

Komiseri mukuru w'amagereza mu Rwanda yijeje abagororwa n'imfungwa ko ibibazo byabo n'uburenganzira bwabo bizarushaho kwitabwaho
Komiseri mukuru w’amagereza mu Rwanda yijeje abagororwa n’imfungwa ko ibibazo byabo n’uburenganzira bwabo bizarushaho kwitabwaho
Abagororwa bo ku Karubanda bagaragaje bimwe mubyo bashoboye mu myidagaduro
Abagororwa bo ku Karubanda bagaragaje bimwe mubyo bashoboye mu myidagaduro

Christine NDACYAYISENGA
UM– USEKE.RW/Huye

2 Comments

  • Ariko bantumwe kuki mushinyagura icyo gikombe ashobora kukigurisha akagurira abana kawunga cg nicyuwo umuhagaze iruhande

  • Nk’ibi ni ibiki?

Comments are closed.

en_USEnglish