Digiqole ad

Bugesera: Imiryango 62 yimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege yahawe inzu n’inka

 Bugesera: Imiryango 62 yimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege yahawe inzu n’inka

Ni inzu ifite ibyangombwa byose

Bugesera – Inzu ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 6 437 218 kuri buri muryango n’inka imwe (ifite amaraso avanze) yo korora, byaherekejwe n’ibiryo byo kubafasha mu gihe cy’ukwezi. Igikorwa cyo kubashyikiriza izi nzu cyayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza, Alvera Mukabaramba.

Ni inzu ifite ibyangombwa byose
Ni inzu ifite ibyangombwa byose

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16 Nzeri 2015, abaturage benshi baturutse mu murenge wa Mwogo bari bazindukiye mu mudugudu wa Kingaju, mu kagari ka Musovu mu murenge wa Juru, baje gutaha inzu 31 zubakiwe abatishoboye bimuwe ku musozi wa Karera ahazubakwa ikibuga cy’indege.

Inzu bahawe zubatswe ku buryo imwe igabanyijemo inzu ebyiri zitandukanyijwe n’urukuta. Buri nzu ifite ibyumba bitatu n’uruganiriro, igikoni, ubwiherero, ubwogero n’ikigega cyo gufata amazi. Ni inzu zubatswe n’urwego rw’Inkeragutabara rwa Minisiteri y’ingabo.

Abatujwe muri izo nzu ni bamwe mu baturage Leta yasanze amafaranga bahabwa ku bikorwa bari bafite ahazubakwa ikibuga cy’indege ntacyo yabamarira, bahitamo kuyareka Leta ikazabafasha kubatuza bushya.

Umukecuru Stelia Mukangango (ushidikanya ku myaka afite ariko akemaza ko ari 75), yatangarije Umuseke ko bimuwe ariko bakabashakira amajyambere, none ngo arashima ko yabonye inzu atigeze agira mu buzima bwe.

Yagize ati “Paul Kagame aduhaye inzu ni umubyeyi turamushimira cyane. Aho twabaga nta bikoresho bihagije twari dufite, twari tubayeho bya Kinyarwanda na we urabizi, kari agasuka ko guhinga n’icyo kwambara, yatugiriye neza rwose.”

Uyu mukecuru ngo yabaga mu kazu gasakaje amabati atandatu yabonye ari uko agurishije ihene ye. Ubi yiteguye kubana neza n’abaturanyi be by’umwihariko uwo bazaba basa nk’aho babana mu nzu imwe.

Eric Karikumutima na we wahawe inka n’inzu avuga ko yabyakiriye neza ndetse ngo yabishimira Umukuru w’igihugu.

Avuga ko muri iyi minsi y’ibyumweru bibiri bari bamaze muri uyu mudugudu wiswe ‘Umurwa w’Amahoro wa Musovu’ ibyo kurya bimukanye, byari bimaze gushira.

Ati “Ibiryo batuzaniye byari bikenewe cyane, wasangaga umuntu yarimukanye 5Kg z’ibishyimbo, byari bimaze gushira, akazi muri iki gihe biragoye kubona aho wapagasa, kuba ibiryo bije ni ibintu byiza cyane.”

Kimwe na Mukangango ngo kubana neza mu mahoro ntibizabagora ngo kuko hari n’abo usanga baturanye n’abo bigeze guturana. Yavuze ko biteguye gukora bagatera imbere mu gihe kizaza bakazaba bari ku rwego rumwe n’abo basanze.

Umuryango wabonye inzu, uretse no guhabwa inka, bazahabwa 1/4 cya Hegitari yo guhingaho ubwatsi ndetse bahabwe n’imirima mu gishanga cya Rurambi bazahingamo umuceri ariko mu makoperative, ndetse babahaye ibizabatunga na matelas yo kuryamaho.

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Rwagaju Louis yavuze ko abaturage babonye inzu ari abari bafite umutungo ubwarirwa kuri miliyoni 1,9 mu mafaranga y’u Rwanda kugera ku bihumbi 200. Yavuze ko abakennye cyane mu abo bazashyirwa mu cyiciro cy’abahabwa inkunga ya ‘VUP’ y’ingoboka.

Alvera Mukabaramba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yasabye aba baturage gukora, bakagira isuku ku nzu bahawe, kandi bagatanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivua.

Ati “Ibyo gutura heza ntibikiri inzozi, ubu mwarazikabije, mugomba kwicara mugakora mukiteza imbere. Ibi mureba ni imiyoborere myiza, ahatari imiyoborere myiza, amafaranga ajya mu mifuka y’abayobozi.”

Mu gikorwa cyo gufungura inzu zatanzwe
Dr Alvera Mukabaramba na Odette Mujawamariya nibo bafunguye izi nyubako
Guverineri ashyikiriza inka umuturage
Guverineri ashyikiriza inka umuturage nawe wayakiranye ibyishimo cyane
Lt Gen Fred Ibingira ashyikiriza uyu mukecuru w'imyaka 103 ijerekani y'amavuta MINADEF yanamwemereye amafaranga 300 000 y'umushumba w'inka
Lt Gen Fred Ibingira ashyikiriza uyu mukecuru w’imyaka 103 ijerekani y’amavuta, Minisiteri y’ingabo yanamwemereye amafaranga 300 000 y’umushumba w’inka
Iyi nzu yahawe imiryango ibiri ikaba igomba gutandukanywa n'ako gakuta
Iyi nzu yahawe imiryango ibiri ikaba igomba gutandukanywa n’ako gakuta
Ibiribwa byaje bikene we kuko abaturage bari bamaze gushirirwa n'ibyo bimukanye
Ibiribwa bahawe ngo byaje bikene we kuko abaturage bari bamaze gushirirwa n’ibyo bimukanye
Ibiribwa bahawe byaje bikenewe
Ibiribwa bahawe bavuze ko byaje bikenewe cyane kuko kuva bimuka bari batarabona uko bahinga
Mukecuru Mukangango imbere y'inzu ye nshya yahawe na Leta
Mukecuru Mukangango imbere y’inzu ye nshya yahawe na Leta
Mu nzu ya Mukangango abayobozi bakuru bamusuye
Mu nzu ya Mukangango abayobozi bakuru bicaye mu ruganiriro rwe baganiraho abiri…
Iki kiraro kizabamo inka 31 gifite agaciro k'amafaranga y'u Rwanda 10 811 000
Iki kiraro kizabamo inka 31 gifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 10 811 000
Izi nka zifite amaraso avanze zarowe na MINADEF
Izi nka zifite amaraso avanze zarowe na Minisiteri y’ingabo nizo zahawe abaturage
Abayobozi bitegeye igishanga cya Rurambi kizatangwamo imirima ku baturage yo guhingamo umuceri
Abayobozi bitegeye igishanga cya Rurambi kizatangwamo imirima ku baturage yo guhingamo umuceri
Ahubwatse ikiraro si kure y'umudugudu
Ahubwatse ikiraro cy’izi nka ni hafi y’umudugudu batujwemo
Abaturage bahawe matelas kugira ngo baryame aheza
Abaturage bahawe imifariso kugira ngo baryame aheza
Havugimana Bosco uhagarariye abahawe inzu yavuze ko bari bazi ko zirimo zubakirwa abasirikare none ubu bazihawe
Havugimana Bosco uhagarariye abahawe inzu yavuze ko bari bazi ko zirimo zubakirwa abasirikare none ubu bazihawe
Rwagaju Louis umuyobozi w'akarere ka Bugesera yavuze ko bagabanyije umubare w'abane cyane ho  20% abakene bagabanukaho 14%
Rwagaju Louis umuyobozi w’akarere ka Bugesera yavuze ko bagabanyije umubare w’abane cyane ho 20% abakene bagabanukaho 14%
Guverineri w'Intara y'Uburasirazuba yasabye abahawe inzu kutazahera muri VUP ahubwo bagakora na bo bakazafasha abandi
Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba yasabye abahawe inzu kutazahera muri VUP ahubwo bagakora na bo bakazafasha abandi
Alvera Mukabaramba Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC ushinzwe imibereho myiza
Dr Alvera Mukabaramba Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC ushinzwe imibereho myiza
Abayobozi bakuru barimo Lt Gen Fred Ibingira Umugaba Mukuru w'Inkeragutabara zanubatse izi nzu mu gihe cy'amezi atandatu gusa
Abayobozi bakuru barimo Lt Gen Fred Ibingira Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara zanubatse izi nzu mu gihe cy’amezi atandatu gusa
Abaturage ba Bugesera bari bakereye gutaha izi nzu
Abaturage ba Bugesera bari bakereye gutaha izi nzu ari benshi

Photos/A E Hatangimana/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

22 Comments

  • Mu byukuri utemera umurongo wa politique ya HE KAGAME PAUL aziyahure peee

    Ibi ni bizima.

    • Ushobora kuziyahura mbere yabo.

  • amareshyamugeni. Bazaheruka amazu ubundi ubukene bubatsindemo

    • izina niryo muntu koko, uriseta pe, ubukene, ishyari kutanyurwa byakugeze mumutwe rwose, ukwiyamasengesho

    • ariko muvandi wabaye ute

  • Dore ahubwo rero igikorwa rwose cya kigabo, kigaragarira buri umwe wese. Ibi nibyo bita gukorera hamwe. ndakeka no mutundi duce leta igiye ifasha abaturage kwegerana bagatura mu midugudu ifite inyubako zimwe, kandi ibibraro biri hamwe, byakorohera n’ubundi leta kubagezaho ibindi bikorwa, nk’umuriro, amazi, yewe no kuba waboherereza umuvuzi

  • Niyo mpamvu tuzamwongera manda ya 3! Kagame oyee oyeeee!!!

  • Hejuru barakora ariko hasi(mu nzego z’ibanze) baratubeshya bokamwe no gutekinika, uko gahunda ziba zatekerejwe siko zishyirwa mu bikorwa hasi amavugurura arakenewe cyane mu mikorere y’inzego z’ibanze

  • Iki gikorwa cyo kubaha amazu ni cyiza rwose. Ariko Leta igomba no kureba neza uburyo ababa muri ayo mazu bazabaho kuko imirima yabo batakiyifite kandi bari batunzwe n’ubuhinzi. Ubwo Leta igiye kureba ko yabatiza imirima mu gishanga bakajya bayihinga igashobora kubatunga ni byiza.

    Hari hakwiye kubaho Policy isobanutse neza, mu gihe Leta yimuye abaturage mu mirima yabo yari isanzwe ibatunze, yakagombye kureba ko aho ibimuriye naho haboneka indi mirima igahabwa abo baturage bakajya bayihinga bakabona icyo kurya, bitabaye ibyo abo baturage bashobora gusonzera muri izo nzu nziza ugasanga ntacyo zibamariye, kuko inzu nziza ntawe uyirya.

    • bimenye igitekerezo cyawe ni kiza kirumvikana njye nakongeraho ko abanyarwanda twakumva na gahunda ya leta yo kutumva ko abantu bose bashobora gutungwa no guhinga gusa bashobora no gukora iyi ndi mirimo kandi ikabatunga , umurimo w’ ubuhinzi siwo murimo wonyine watunga abantu .

  • 1. UMUKURU AZIRA GUTUKWA NTAZIRA GUTUMWA.
    2. UTUMMYE ABAKURU NTABA ASUZUGUYE.
    FOLLOW UP.

  • igikorwa cyiza..Imana ihe umugisha abanyarwanda n’URWANDA

  • birashimshije kwita kubaturage bawe, harubwo bijya bintangaza iyo mu baturanyi bacu ba DRC, baganira ku maradio yacu , bavuga ukuntu batitaweho na leta yabo, wabyumva ukababara cyane urugero hari ahantu umusozi uherutse gutwara abaturage imvura nyinshi yaguye hanyuma umuterankunga akusanya amabati yo kuzubakira abarokotse, bayahaye ubuyibozi bwa leta burayanyuruza, baravuga ngo yaburiwe irengero…

  • UMVA UYU NAWE WIYISE ISETA NGO NI AMARESHYA MUGENI NONE IYO BATAZIBAHA BARI KUZIHABWA NASO CYANGWA NYOKO?ABANTU NKAMWE MUBABAZWA NIBYO LETA Y,UBUMWE IKORORA TURABAMENYEREYE NAMWE MUZAZANE IBYANYU MUZAREBE IBYO ABATURAGE BAZABAKORERA BURYA SIBUNO.

  • Ariko nkawe wiyise iseta , nkamwe ubwo koko muzemera ryari ?? sha mwakwemera mutakwemera ibikorwa bya H.E KAGAME biragaragara buri wese igishimishije nuko bigaragarira abagenerwabikorwa kurusha imbura mukoro nkiyi yitwa Iseta uyu musaza turamukunda wallah.

  • God bless our government for the good work it does.

    • ariko mwagiye mwemera inkeragutabara zirakora kweri bugdet yose yo guteza imbere uturere nigihugu muri rusange bajye bayiha inkera

      • ureke izibanze baha kubaka ibikorwa byamajyambere agaherera muri bamwe bibinda binini erega nubundi abarurwaniriye nibo bazi nicyo kurukorera ureke abaje kurya byahiye batazi iyo byavuye

        • Kagame oyee uri uwambere ibyo byose nibitekerezo byo gukunda abanyarwanda nahagire se umuhiga dore ko mumenyereye gupinga.nyagasani akudukomereze ukunda abaciye bugufi kandi uwo mugenzo uturuka ku mana.Imana iguhe umugisha
          TUZAGUTORA UDASHAKA CYANGWA NGO YISHIME AZIYAHURE

  • gufasha abanyarwanda cyane ab’intege nke cg se abandi bafite ibibazo runaka niyo ntego ya Leta y’u Rwanda

  • Harya twebwe twitwazaga inkoni y’ubushumba kubera iki? Aba bayobozi se bashakaga kwishushanya gusa cyangwa hari ikindi bisobanuye?

  • nibyizacyane mubugesera ndahemera?

Comments are closed.

en_USEnglish