Digiqole ad

APR yasezerewe muri CAF Orange Champions League

Ikipe ya APR y’umupira wamaguru yasezerewe mu marushanwa Nyafurika  y’amakipe yabaye ayambere iwayo nyuma yogutsindwa n’ikipe ya Club Africain yo muri Tuniziya ibitego  4 ku busa kuri uyu wa gatanu.

Ibitego by’ikipe ya Club Africain byatsinzwe na Iffa(19’), Ben Yahya (48’), Ezechiel (72’) na Mouihbi ( 74’). Uyu mukino  wo  kwishyura ku ikipe ya APR  nyuma yokunganyiriza na Club Africain mu rugo kuri stade Amahoro i Remera mu mukino ubanziriza ibitego 2-2. Umukino  watangiye mu ma saa kumi za hano mu Rwanda ku kibuga cyitwa  Stade du 7-Novembre i Radhes  mu murwa mukuru wa Tuniziya  ukaba witabiriwe n’abantu bakabakaba  mu 3000 kandi bizwi ko iki kibuga cyakira mu busanzwe  abantu bagera kuri 60,000.

Zimwe mu mpamvu zatumye abantu batitabira uyu mukino ari benshi  nimvura nyinshi yaguye mu mujyi wa tunisi kuva  kwa kane ,hakabaho nikibazo cya politiki zuko benshi mu bayobozi b’i kipe ya club africain bari bashyigikiye ingoma ya Ben Ali iherutse  guhirikwa . Umwe mu bayozi b’ikipe ya APR uri muri Tuniziya we akaba atangaza yuko ikipe ye yazize imisifurire mibi yaranze umusifuzi w’umukino. APR ikaba ivuye muri iri rushanwa  nyuma yo gusezerera ikipe ya Recreativo de Libolo yo ri mu gihugu cy’Angola mu mukino wo kwishyura 1-0 cya APR  mu mpera z’umwaka ushize  mu gihe banganyirije  i Kigali ibitego 2-2.

Nubwo ikipe ya APR ikomeje kuza kui songa ry’amakipe afite ibikombe byinshi hano mu  Rwanda, kuko ifite ibikombe 12 mu myaka 16 imaze mu kiciro cya mbere,ntirabasha kwandika izina kuruhando mpuza  amahanga kubyerekeranye n’ibikombe, kuko kure iheruka kurenga  muri iri rushanwa ari mu amatsinda  muri 2004. APR, biteganyijwe ko izagaruka i Kigali ejo bundi kuwa mbere.

Abakinyi 18 ba APR:

Tchimaga Mutamba Sadi, Serry-Didier Logba, Ismael Nshutinamagara, Jean Baptiste Mugiraneza, Kabange Twite, Elvis Kafoteka, Victor Nyirenda, Haruna Niyonzima, Heriman Ngoma, Donatien Tuyizere, Abbas Rassou, Jean Luc Ndayishimiye, Jean Claude Ndoli, Jean Claude Iranzi, Joseph Bwalya, Johnson Bagoole, Bebeto Lwamba ndetse na  Mbuyu Twite.

SABITI R. Eddy
Umuseke.com

 

 

en_USEnglish