Digiqole ad

Amaze imyaka 20 ashakisha abana be 3 yabuze irengero ryabo

Mukamulindwa  Béatrice  utuye mu gihugu cy’Ububiligi  avuga ko  yasigiye  musaza we wari mu cyahoze ari Komini Ntyazo  ubu ni mu Karere ka Nyanza abana be batatu  mbere ya jenoside yakorewe abatutsi 1994,  agarutse mu Rwanda bakamubwira ko  bashobora kuba barahungiye  mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda kuva ubwo nta gakuru k’abo yasize n’ubu aracyashakisha.

Mukamulindwa ntazi niba abana be batatu bakiriho cyangwa barapfuye kuko mu gihe cya Jenoside bari bato cyane
Mukamulindwa ntazi niba abana be batatu bakiriho cyangwa barapfuye kuko mu gihe cya Jenoside bari bato cyane

Mu kiganiro  Mukamulindwa  Béatrice  yagiranye  n’abanyamakuru  kuri uyu wa 16/07/2014  cyabereye  mu mujyi wa Kigali  yasobanuye  urugendo rurerure  yakoze  nyuma ya jenoside,    n’uko yazengurutse  hirya no hino ashakisha abana be  babuze  muri icyo gihe cya jenoside yakorewe abatutsi 1994.

Mukamulindwa  avuga ko  amaze  kumva  ko mu Rwanda hari kuba  Jenoside  yashakishije uko agaruka mu Rwanda kugirango  arebe niba  hari bamwe mu muryango we barokotse cyane ko yari yasize abana be batatu ajya  mu Bubiligi.

Ageze mu Rwanda  yifatanije n’abandi banyarwanda bose  mu bikorwa bo kwibuka no gushyingura imibiri  yari  yandagaye,  atangira kubaza amakuru y’abana be batatu,  bisengeneza be  ndetse na musaza we yasigiye abana.

Gacaca ngo itangiye nibwo yashoboye kumenya ko  muramukazi we bamwishe, abandi  bamubwira ko  bahungiye mu gihugu cya Zaire y’icyo gihe, ajyayo  gushakisha  agera i Goma na Bukavu  ariko ntiyababona,  uko yegendaga ashakisha uyu muryano we  ni nako yahuraga n’abandi bafite ikibazo nk’icye  atangira  kubyakira nubwo bitari byoroshe.

Mukamulindwa, yavuze ko  yigiriye inama yo gutangiza  umushinga yise “ijwi ry’umubyeyi utihebye” ( Cri du Coeur d’une mère qui Espère)  kugirango  afashe n’abandi  gukira ibikomere  basigiwe  na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda  ndetse  anafatanye n’abandi gukusanye  amakuru arebana  n’abana baburanye n’imiryango yabo  muri jenoside.

Uyu mubyeyi avuga ko  ikimushishikaje ari ugutanga umusanzu  wo gushakisha  amakuru  y’aba bana  bari hirya no hino baburanye n’imiryango yabo  wenda bakiriho, nubwo baba bari mu miryango ibafashe neza ibi byose avuga ko  yifuza kubigeraho ku bufatanye n’inzego zitandukanye.

Ibumoso; Kamanyana Berta wabuze abana be  3 hamwe na Mukamulindwa  bahuje ibibazo
Ibumoso; Kabanyana Berta wabuze abana batatu na Mukamulindwa bahuje ibibazo ariko bagifite ikizere

Jenoside mu buryo butandukanye yagize ingaruka nyinshi zikomeye ku mitima y’abanyarwanda. Ababyeyi babuze abana babo bakaba batanazi neza niba barapfuye cyangwa bakiriho usanga n’ubu bagifite agatima ko hari ubwo abana babo baba bagihumeka.

Umushinga “ijwi ry’umubyeyi utihebye”  ufite icyicaro  mu karere ka Rubavu, ukaba warabonye ubuzima  gatozi  mu mwaka wa 2011,  ukorera kandi  mu mujyi wa Kigali urateganya gutangiza imirimo yawo  mu turere twa Musanze na Rubavu, kuva watangira  umaze guhuza  abana batandukanye n’ imiryango  yabo  barenga batanu bari baraburanye kuva mu myaka 20 ishize.

MUHIZI Elisee
ububiko.umusekehost.com

12 Comments

  • Yoo Beatrice komera nshuti Imana yo izi byose izatume umenya amakuru yabana bawe gusa icyo nakubwira nuko muri Ntyazo ari hafi yiwacu harokotse umurame pe kereka niba bari begereye uruzi bakaba barahungiye iburundi nonese wowe urumva inzira ya congo bari kuyicamo gute ko ntawarengaga umutaru hariya barishe bikabije sinziko abo bana bakiriho barakubeshya pe

    • Mwa ba Maman mwe rwose mwihangane niba hari abakiriho Imana izabahuza nabo.

  • Mubyeyi ihangane, nakugira inama yo gushakishiriza mu bigo binyuranye byita ku bana b’imfubyi, kuko hagiye harimo abana bafatwa nk’abatazi inkomoko. Niba wibuka amazina yabo  n’igihe bavukiye  wakwiyambaza Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abana  (NCC) ikagufasha gushakisha kuko izi ibigo birimo abana/abantu bakuru batakiri abana kandi batazi aho bavuka ndtese n’ababyaye kuko batandukanye bakiri bato.Nkwifurije kwihangana.

  • Mureke duce iteka mu Rwanda ko ntawe ugipfuye ,duce iteka mu Rwanda ko ntawe ukimwishe……

  • hanyuma se amazina y’abo bana ntayibuka ko nabyo byafasha wenda uwaba aheruka amakuru yabo akaba yamubwira!

  • Béatrice ihangane pe!Abakuzi twese turagusengera.Wabuze abana, usendwa n’umugabo mwarimwarababyaranye, mbese  ahuye n’uruva gusenya!

    • mumpe telefon zuwo mumama muvugishe murakoze

      • ushobora  ku mwandikira kuri [email protected]

        • mama ihangane pe!bigoye nukuri ariko ntakundi akaje karakirwa nubwo katamenyerwa,najye nabuze imiryango ,,najye narashakishije ndaheba ariko pfite ibyiringiro byuko nzayibona gusandifuza gufatanya nawe ndetse nundi wese wumva bimukoraho.

    • ibyo byo gusendwa se byo ubizanye ute nshuti, ndumva bitatureba ahubwo tumufashe abone abana be niba bakiriho, naho ibyo ni ukuvanga ibintu.

  • mama ihangane pe!bigoye nukuri ariko ntakundi akaje karakirwa nubwo katamenyerwa,najye nabuze imiryango ,,najye narashakishije ndaheba ariko pfite ibyiringiro byuko nzayibona gusandifuza gufatanya nawe ndetse nundi wese wumva bimukoraho.

  • Birababaje cyane. Icyo ntashidikanyaho ni uko hari Birakomeye.Gusa,KWEGERA imana bishoboza ibikomeye. Babaye bakiriho Nyagasani agufashe ubabone. Batakiriho, nibura uzabone amakuru y’urupfu rwabo. Mfite muramukazi wanjye muhuje ikibazo, umwana we yatawe na nyirakuru na nyirasenge, bamusiga ku gasozi ahantu atazi ari muzima barigendera. Na nubu nta gakuru kabo . muhuye, numva hari icyo byamufasha, kuko kugeza ubu azi ko ari umusaraba ahetse wenyine ku isi. Nyagasani agukomeze.

Comments are closed.

en_USEnglish