Digiqole ad

Amafoto: Tujyane mu bukerarugendo mu busitani bwa Red Rocks

 Amafoto: Tujyane mu bukerarugendo mu busitani bwa Red Rocks

Aha hantu haba umutuzo uhagije

Red Rock Center ni ikigo gicuruza imitako y’ubugeni bugaragaza umuco wa Kinyarwanda by’umwihariko uw’abantu batuye i Musanze, ariko by’umwihariko hakaba hari ubusitani butuje. Iki kigo kiri muri km nyeya uvuye mu mujyi wa Musanze gituranye n’Ishuri rya Nyakinama.

Aha hantu haba umutuzo uhagije
Aha hantu haba umutuzo uhagije

Red Rocks, ntabwo ari urutare rutukura nk’uko wabyumva. Ni ahantu hatunganyijwe neza hari inyubako gakondo zijyanye n’ubukerarugendo bw’umuco.

Hari agashyamba gatoya, kuje ubwuzu, umuntu yigeye ishuri rya Nyakinama. Ushobora kugendera ku igare gakondo (ikimahuro, igitogotogo bitewe n’uko wakuze ucyita), wakina umupira w’intoki (volleyball).

Igihebuje, ni ukunywa umutobe w’intakamirwa, ureba amashusho akoranye ubuhanga bw’abanyabugeni bo mu Rwanda. Ikindi kiruta byose ni urwagwa rw’intakamirwa rw’ibitoki, bakwereka uko rwengwa ukahava ruhiye ugasogongera.

Red Rocks baraharuhukira bitewe n'ibyiza nyaburanga bihari
Red Rocks baraharuhukira bitewe n’ibyiza nyaburanga bihari
Ibara risize kuri iyo nzu riraranga nez aizina ry'aha hantu
Ibara risize kuri iyo nzu riraranga nez aizina ry’aha hantu
Ushobora kwirebera ubuhanga bw'abanyabugeni bo mu Rwanda
Ushobora kwirebera ubuhanga bw’abanyabugeni bo mu Rwanda
Uyu musore ni umwe mu bakora iyi mitako
Uyu musore ni umwe mu bakora iyi mitako
Hano ushobora kuzana ihema ukaharara mu rwego rw'ubukerarugendo bitewe n'umutuzo uhaba
Hano ushobora kuzana ihema ukaharara mu rwego rw’ubukerarugendo bitewe n’umutuzo uhaba
Ibyo babyita gupanda
Ibyo babyita gupanda
Ibi babyita kweneza
Ibi babyita kweneza
Uyu mugabo yari yashimishijwe no kwiyibutsa igare yatwaraga atarabona imodoka
Uyu mugabo yari yashimishijwe no kwiyibutsa igare yatwaraga atarabona imodoka
Babyita gusunika
Babyita gusunika
Bijya bishimisha gusubira mu mikino wigeze gukina mu butoya iyo ugize amahirwe yo kubikora
Bijya bishimisha gusubira mu mikino wigeze gukina mu butoya iyo ugize amahirwe yo kubikora
Umuntu wakuriye mu cyaro azi akamaro k'iki kintu uyu mugabo atwaye
Umuntu wakuriye mu cyaro azi akamaro k’iki kintu uyu mugabo atwaye
Mushobora kuruhuka mukina ku mupira w'intoki
Mushobora kuruhuka mukina ku mupira w’intoki
Red Rocks hari ubusitani buberanye no kuruhuka ubwitegereza
Red Rocks hari ubusitani buberanye no kuruhuka ubwitegereza
Aha hantu habereye kuhareba gusa bitewe n'ubusitani buhari
Aha hantu habereye kuhareba gusa bitewe n’ubusitani buhari
Muri aka gashyamba harimo utuntu dusekeje
Muri aka gashyamba harimo utuntu dusekeje
Amafoto nk'aya abakenewe mu buzima
Amafoto nk’aya abakenewe mu buzima
Hariho amateka y'uwo mugabo
Hariho amateka y’uwo mugabo
Ushobora kwifatira amafoto nk'aya yo kwishimisha
Ushobora kwifatira amafoto nk’aya yo kwishimisha
Amateka y'uwo mugabo arasekeje
Amateka y’uwo mugabo arasekeje
Uyu mutako ushushanyije kuri imwe mu nzu abakerarugendo bararamo
Uyu mutako ushushanyije kuri imwe mu nzu abakerarugendo bararamo

Amafoto/HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

4 Comments

  • ko ntakinyarwanda cyanditse kwibyo byapa

  • None umuntu yahajyera Gute? Pls mutubwire muzabamukoze

    • @Sasa, ugeze Musanze ugafata inzira ijya Nyakinama kuri university ihari.Niheza byahatari.

  • genda Rwanda uri nziza!

Comments are closed.

en_USEnglish